Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Chad, Succès Masra, yatangaje ko yatanze ubujurire mu kanama gashinzwe kurinda Itegeko Nshinga, kugira ngo hateshwe agaciro ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu yegukanywe na General Mahamat Deby Itno.

Ibyavuye mu matora yabaye tariki 06 Gicurasi 2024, byerekanye ko Mahamat Deby Itno wari usanzwe ari na Perezida w’inzibacyuho yari iyobowe n’akanama ka Gisirikare muri Chad, yatsinze ku majwi 61%, naho Masra wamukurikiye agira 18,5%.

Mbere gato y’uko aya majwi atangazwa ku mugaragaro, Masra, wari usanzwe ari Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma y’inzibacyuho ya Chad, yari yatangaje ko ari we watsinze Amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse atangaza ko ngo aya matora yabayemo uburiganya nubwo ntabimenyetso yatanze.

Akanama gashinzwe kurinda Itegeko Nshinga karamutse gasanze ikirego cye gifite ishingiro, ibyavuye mu matora bishora guteshwa agaciro, akongera agasubirwamo, nk’uko impuguke impuguke mu by’amategeko y’uburenganzira bwa muntu muri Chad, Rakimdon Jacques Houitouto yabitangaje.

Amatora aheruka kuba muri Chad, ni yo ya mbere yari abaye nyuma y’imyaka itatu, ubutegetsi buri mu maboko y’igisirikare kiyobowe na Mahamat Idriss Deby, wafashe ubutegetsi nyuma y’uko se wari umaze imyaka irenga 30 ku butegetsi, yiciwe mu bitero byo kurwanya inyeshyamba muri 2021.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − one =

Previous Post

Ubuhamya bw’agahinda k’abakize uburwayi bwo mu mutwe baterwa n’ibibabaho nyuma

Next Post

Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

Related Posts

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

IZIHERUKA

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza
IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

18/11/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

17/11/2025
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.