Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imitwe yitwaje intwaro irimo uw’iterabwoba wa FDLR, ikomeje gukora ibikorwa bihonyora uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, birimo icyo bakoze cyo kubatwikira urusengero.

Iyi mitwe iri no gufatanya n’igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) mu mirwano igihanganishije na M23, ni kenshi yakomeje guhungabanya uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Iyi mitwe yagiye yica benshi muri aba Banyekongo, abandi ikabasahura ibyabo, ikanabamenesha bakava mu byabo, kuko yabaga yabatwikiye inzu.

Nk’uko bitangazwa n’Umuryango wa Maisha RDC wamagana ibikorwa by’urwangano n’irondabwoko mu karere k’Ibiyaga Bigari, kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ugushyingo 2023, iyi mitwe yongeye gukora ibikorwa nk’ibi mu gace ka Shangi muri Teritwari ya Masisi.

Mu butumwa bwatanzwe n’uyu muryango, wagize uti “Urusengero rukunze gusengerwamo n’abiganjemo Abanyekongo b’Abatutsi muri Shangi ya Masisi, rwasenywe, runatwikwa n’abarimo FDLR, Nyatura, Mai-Mai n’indi mitwe, bafatanyije na FARDC n’abacancuro.”

Uyu muryango utangaza kandi ko n’inzu z’abaturage b’Abatutsi bo mu gace kegereye uru rusengero, zatwitswe n’iyi mitwe.

Mu butumwa bw’uyu muryango, ukomeza ugira uti “Ibi bikorwa kandi binaherekezwa n’ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi, amatungo yabo kandi bakanava mu byabo.”

Ibi bikorwa bikomeje gukorwa ku bufatanye bwa FDRL na FARDC, mu gihe mu minsi micye ishize, iki gisirikare cya Leta giherutse gutangaza ko giciye ukubiri n’uyu mutwe w’iterabwoba urwanya u Rwanda, kikanavuga ko umusirikare uzafatwa akorana na wo azabihanirwa by’intangarugero.

Nubwo guhungabanya umutekano wa bamwe mu Banyekongo bikomeje, ubutegetsi bwa DRC buherutse gutangaza ko ingabo za EAC ziri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, zigomba gutaha mu ntangiro z’ukwezi gutaha. Ibintu bitanyuze uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Murashi isaie says:
    2 years ago

    FDRL kuba ikora ibyo ntibitangaje ahubwo itabikoze niho byatangaza kuko kugira nabi niwo murongo yonse mu mashereka y’abayibyaye aribo MRND, CDR, MDR-Parmehutu,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya bikorwa na RDF muri Centrafrique na Mozambique n’ibimaze kugerwaho

Next Post

S.Africa: Urujijo ku cyateye akaga k’impanuka idasanzwe yabereye muri metero 200 z’ubujyakuzimu

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Urujijo ku cyateye akaga k’impanuka idasanzwe yabereye muri metero 200 z’ubujyakuzimu

S.Africa: Urujijo ku cyateye akaga k’impanuka idasanzwe yabereye muri metero 200 z'ubujyakuzimu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.