Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Congo: Abarimo FDLR bakoze igikorwa cyubahuka Imana kinagaragaza ko Abatutsi bugarijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Imitwe yitwaje intwaro irimo uw’iterabwoba wa FDLR, ikomeje gukora ibikorwa bihonyora uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, birimo icyo bakoze cyo kubatwikira urusengero.

Iyi mitwe iri no gufatanya n’igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) mu mirwano igihanganishije na M23, ni kenshi yakomeje guhungabanya uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Iyi mitwe yagiye yica benshi muri aba Banyekongo, abandi ikabasahura ibyabo, ikanabamenesha bakava mu byabo, kuko yabaga yabatwikiye inzu.

Nk’uko bitangazwa n’Umuryango wa Maisha RDC wamagana ibikorwa by’urwangano n’irondabwoko mu karere k’Ibiyaga Bigari, kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ugushyingo 2023, iyi mitwe yongeye gukora ibikorwa nk’ibi mu gace ka Shangi muri Teritwari ya Masisi.

Mu butumwa bwatanzwe n’uyu muryango, wagize uti “Urusengero rukunze gusengerwamo n’abiganjemo Abanyekongo b’Abatutsi muri Shangi ya Masisi, rwasenywe, runatwikwa n’abarimo FDLR, Nyatura, Mai-Mai n’indi mitwe, bafatanyije na FARDC n’abacancuro.”

Uyu muryango utangaza kandi ko n’inzu z’abaturage b’Abatutsi bo mu gace kegereye uru rusengero, zatwitswe n’iyi mitwe.

Mu butumwa bw’uyu muryango, ukomeza ugira uti “Ibi bikorwa kandi binaherekezwa n’ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi, amatungo yabo kandi bakanava mu byabo.”

Ibi bikorwa bikomeje gukorwa ku bufatanye bwa FDRL na FARDC, mu gihe mu minsi micye ishize, iki gisirikare cya Leta giherutse gutangaza ko giciye ukubiri n’uyu mutwe w’iterabwoba urwanya u Rwanda, kikanavuga ko umusirikare uzafatwa akorana na wo azabihanirwa by’intangarugero.

Nubwo guhungabanya umutekano wa bamwe mu Banyekongo bikomeje, ubutegetsi bwa DRC buherutse gutangaza ko ingabo za EAC ziri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, zigomba gutaha mu ntangiro z’ukwezi gutaha. Ibintu bitanyuze uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Murashi isaie says:
    2 years ago

    FDRL kuba ikora ibyo ntibitangaje ahubwo itabikoze niho byatangaza kuko kugira nabi niwo murongo yonse mu mashereka y’abayibyaye aribo MRND, CDR, MDR-Parmehutu,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya bikorwa na RDF muri Centrafrique na Mozambique n’ibimaze kugerwaho

Next Post

S.Africa: Urujijo ku cyateye akaga k’impanuka idasanzwe yabereye muri metero 200 z’ubujyakuzimu

Related Posts

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, anatangaza ko cyinjiye...

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

by radiotv10
15/10/2025
0

Umujyi wa Dubai urateganya gutangira gukoresha imodoka zo mu kirere zitwara abagenzi mu mwaka utaha, umushinga umwe n’uherutse kumurikwa mu...

Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha guhangana na AFC/M23

by radiotv10
15/10/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, bakozanyijeho mu mirwano yabereye muri Teritwari ya...

IZIHERUKA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo
AMAHANGA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

16/10/2025
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

16/10/2025
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Urujijo ku cyateye akaga k’impanuka idasanzwe yabereye muri metero 200 z’ubujyakuzimu

S.Africa: Urujijo ku cyateye akaga k’impanuka idasanzwe yabereye muri metero 200 z'ubujyakuzimu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.