Saturday, September 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

radiotv10by radiotv10
05/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza ibitangazamakuru byo muri iki Gihugu gutara no gutangaza amakuru avuga kuri Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu ndetse n’ishyaka rye.

Ni nyuma yuko iki cyemezo gitangajwe n’Inama Nkuru ishinzwe itangazamakuru ry’amajwi n’amashusho n’itumanaho CSAC (Conseil Supérieur de l’Audiovisuel et de la Communication).

Ishyirahamwe Nyafurika riharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ASADHO (Association Africaine de Défense de Droits de l’Homme) n’Umuryango urengera Abanyamakuru bari mu kaga (JED/ Journaliste En Danger), kimwe n’abandi banyapolitiki, bamaganye iki cyemezo kibuza ibitangazamakuru kuvuga kuri Kabila no ku ishyaka rye rya PPRD.

Iyi miryango ivuga ko iki cyemezo cya CSAC kibangamira ihame rya Demokarasi, ndetse cyumvikanamo gukoresha nabi ububasha.

Jean-Claude Katende, Perezida wa ASADHO avuga ko iki cyemezo kidakwiye, ko nibuga cyagakwiye kumvikana mu gihe ishyaka PPRD ryari kuba ryarasheswe. Ati “None iki cyemezo gishingiye kuki?”

Uyu uharanira uburenganzira bwa muntu yavuze ko ruriya rwego CSAC rutari rukwiye kwijandika mu mukino wa politiki ngo rukoreshwe n’ubutegetsi buriho.

Ibi kandi abihuriyeho na Georges Kapiamba wo muri ACAJ na we wamaganye iki cyemezo, aho yavuze ko igihe cyose ishyaka rya Joseph Kabila ritegeze ryamburwa ubuzima gatozi, bidakwiye ko Itangazamakuru ribuzwa kurivugaho no gutangaza amakuru aryerecyeyeho.

Naho Jonas Tshiombela, Umuhuzabikorwa w’Umuryango Nouvelle société civile congolaise yagize ati “Urubuga rw’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo rugeze aharindimuka muri iki Gihugu.”

Tshivis Tshivuadi, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango urengera abanyamakuru bari mu kaga, we yatangaje ko iki cyemezo ari “Igitero cyagabwe kuri demokarasi” akibutsa CSAC yagifashe ko ari Urwego rushinzwe kugenzura Itangazamakuru, aho kuba igikoresho cyo kuriniga.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya, agira icyo avuga kuri ibi bitekerezo byamagana kiriya cyemezo, yavuze ko iki Gihugu kiri mu bibazo bikomeye, bityo ko hakwiye ibyemezo nk’ibi byo guhangana na byo.

Yagize ati “Turi mu bibazo, kandi mu bibazo byose, hari uburyo bwo guhangana na cyo. Turi mu ntambara y’amakuru.”

Patrick Muyaya yavuze ko iriya nama CSAC ikwiye kuzaganira n’abanyamakuru kuri iyi ngingo yazamuye impaka kugira ngo bumve neza ishingiro rya kiriya cyemezo ngo cyafashwe mu nyungu z’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − twelve =

Previous Post

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Next Post

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Related Posts

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

Muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abagifasha, yakomeye,...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

by radiotv10
19/09/2025
0

Ingingo yo guhererekanya imfungwa hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni imwe mu zabaye ingorabahizi, ndetse...

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

by radiotv10
19/09/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratabaza amahanga ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC ifatanyije n’abarimo FDLR n’Ingabo z’u Burundi, rwabyutse rurasa ibisasu bakoresheje...

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

IZIHERUKA

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits
IMIBEREHO MYIZA

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
20/09/2025
0

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

19/09/2025
Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

19/09/2025
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.