Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

radiotv10by radiotv10
05/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza ibitangazamakuru byo muri iki Gihugu gutara no gutangaza amakuru avuga kuri Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu ndetse n’ishyaka rye.

Ni nyuma yuko iki cyemezo gitangajwe n’Inama Nkuru ishinzwe itangazamakuru ry’amajwi n’amashusho n’itumanaho CSAC (Conseil Supérieur de l’Audiovisuel et de la Communication).

Ishyirahamwe Nyafurika riharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ASADHO (Association Africaine de Défense de Droits de l’Homme) n’Umuryango urengera Abanyamakuru bari mu kaga (JED/ Journaliste En Danger), kimwe n’abandi banyapolitiki, bamaganye iki cyemezo kibuza ibitangazamakuru kuvuga kuri Kabila no ku ishyaka rye rya PPRD.

Iyi miryango ivuga ko iki cyemezo cya CSAC kibangamira ihame rya Demokarasi, ndetse cyumvikanamo gukoresha nabi ububasha.

Jean-Claude Katende, Perezida wa ASADHO avuga ko iki cyemezo kidakwiye, ko nibuga cyagakwiye kumvikana mu gihe ishyaka PPRD ryari kuba ryarasheswe. Ati “None iki cyemezo gishingiye kuki?”

Uyu uharanira uburenganzira bwa muntu yavuze ko ruriya rwego CSAC rutari rukwiye kwijandika mu mukino wa politiki ngo rukoreshwe n’ubutegetsi buriho.

Ibi kandi abihuriyeho na Georges Kapiamba wo muri ACAJ na we wamaganye iki cyemezo, aho yavuze ko igihe cyose ishyaka rya Joseph Kabila ritegeze ryamburwa ubuzima gatozi, bidakwiye ko Itangazamakuru ribuzwa kurivugaho no gutangaza amakuru aryerecyeyeho.

Naho Jonas Tshiombela, Umuhuzabikorwa w’Umuryango Nouvelle société civile congolaise yagize ati “Urubuga rw’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo rugeze aharindimuka muri iki Gihugu.”

Tshivis Tshivuadi, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango urengera abanyamakuru bari mu kaga, we yatangaje ko iki cyemezo ari “Igitero cyagabwe kuri demokarasi” akibutsa CSAC yagifashe ko ari Urwego rushinzwe kugenzura Itangazamakuru, aho kuba igikoresho cyo kuriniga.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya, agira icyo avuga kuri ibi bitekerezo byamagana kiriya cyemezo, yavuze ko iki Gihugu kiri mu bibazo bikomeye, bityo ko hakwiye ibyemezo nk’ibi byo guhangana na byo.

Yagize ati “Turi mu bibazo, kandi mu bibazo byose, hari uburyo bwo guhangana na cyo. Turi mu ntambara y’amakuru.”

Patrick Muyaya yavuze ko iriya nama CSAC ikwiye kuzaganira n’abanyamakuru kuri iyi ngingo yazamuye impaka kugira ngo bumve neza ishingiro rya kiriya cyemezo ngo cyafashwe mu nyungu z’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 10 =

Previous Post

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Next Post

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Related Posts

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

IZIHERUKA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva
MU RWANDA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

25/07/2025
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

25/07/2025
Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.