Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in Uncategorized
0
Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRCongo, Patrick Muyaya yemeje ko Perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we Paul Kagame bazahurira muri Angola kuri uyu wa Gatatu bakaganira ku mwuka utari mwiza umaze iminsi uri hagati y’Ibihugu byombi.

Inkuru yo guhura kw’aba bakuru b’Ibihugu, yatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022 ariko nta ruhande na rumwe rwari rwabitangaje mu buryo bweruye.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga, Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yabwiye The Associated Press ko perezida Felix Tshisekedi azahura na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame muri Angola.

Uyu Muvugizi wa Guverinoma ya RDC yavuze ko Abakuru b’Ibihugu byombi bazahura kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022.

Yagize ati “Bazaganira ku bikorwa by’ubushotoranyo bikorwa n’u Rwanda muri Congo.”

Patrick Muyaya wakunze kugaragara asoma ibyemezo byabaga byafashwe n’akanama k’ikirenga k’umutekano muri DRC kabaga kafatiye ibihano u Rwanda, yongeye kwemeza ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ati “Ni ibintu bidashidikanywaho.”

U Rwanda rwo rwahakanye ibi birego rushinjwa n’ubutegetsi bwa DRC, ruvuga kontaho ruhuriye n’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022, yemeje ko ubutegetsi bwa Congo ahubwo ari bwo bufasha umutwe wa FDLR washinzwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni im23.

Muyaya muri iki kiganiro yagiranye na The Associated Press, yahakanye ibi byo kuba DRC itera inkunga FDLR, ati “Ibyo byavuzwe mu myaka 20 ishize. Ni iyihe mpamvu Congo yabafasha kujya guhungabanya u Rwanda? Ibyo birego si ukuri.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eleven =

Previous Post

Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

Next Post

Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya
MU RWANDA

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Benshi bumijwe n’imbere h’ikimodoka kigaragara nabi Museveni akunze kwinyabyamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.