Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

CRICKET: Ikipe y’igihugu y’abagore yahawe ibendera n’impanuro mbere yo kujya muri Botswana

radiotv10by radiotv10
06/09/2021
in SIPORO
0
CRICKET: Ikipe y’igihugu y’abagore yahawe ibendera n’impanuro mbere yo kujya muri Botswana
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu y’abagore y’umukino wa Cricket yahawe ibendera n’impanuro mbere yo gufata urugendo rugana muri Botswana mu irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Kuri iki cyumweru tariki ya 05 Nzeri2021 ikipe y’igihugu y’abagore muri Cricket yashyikirije idarapo ry’u Rwanda n’umuyobozi ushinzwe siporo muri Minisiteri ya Siporo mu Rwanda, Rurangayire Guy Didier, anabaha ubutumwa yari yahawe na minisitiri wa siporo, Aurore Mimosa Munyangaju.

Mu butumwa bwe, Rurangayire yabibukije ko bagiye guhangana batagiye kwitabira ndetse ababwira ko kwimana u Rwanda bigomba kuba intego.

Ikindi kandi yabaseranyije ko nibatahukana intsinzi amarira n’imvune bagize mu kwitegura iyi mikino bazabihozwa ndetse bikaba amateka kuribo.

Image

Ikipe y’igihugu yahawe ibendera ry’igihugu mbere yo kujya muri Botswana

Aganira n’abanyamakuru, Rurangayire yavuze ko irushanwa aba bakobwa bazakina ritoroshye ariko icyo basabwa ari ugushaka umusarururo uzatuma bagira amahirwe yo kuza mu bihugu bizakina igikombe cy’isi.

“Mu butumwa bw’ibanze mu izina rya Minisitiri wa siporo, nababwiye ko bagomba kwitwara neza , bamaze igihe bitoza, babonye igihe gihagije cyo kuba bari kumwe n’abatoza, bazagenda bahatane n’abandi bakobwa bo mu bindi bihugu.

Ni irushanwa ritoroshye kuko bageze mu cyiciro cya kabiri bazaba binjiye mu makipe ya nyuma ashobora kubona itike y’igikombe cy’isi. Twabasabye kwitwara neza bakitanga bagakoresha imbaraga zose kuko ubona ko umukino wa Cricket uri gutera imbere.” Rurangayire

Image

Rurangayire Guy Didier umuyobozi wa siporo muri MINISPORTS aganira n’abakinnyi i Gahanga

Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda (RCA), Musale Steven yashimiye ikipe muri rusange ababwira ko ubushake n’ubwitange bagaragaje mu kwitegura iyi mikino babizirikana bityo abizeza ubufatanye muri uru rugendo batangiye rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Marie Diane Bimenyimana, kapiteni w’iyi yavuze ko bagize igihe gihagije cyo kwitegura kandi ko irushanwa ryo kwibuka bakinnye ryabafashije kumenya urwego bariho kandi ari n’amahire ko bimwe mu bihugu bakinnye nabyo bazongera guhura bityo bikaborohera kubona intsinzi.

Biteganyijwe ko ikipe y’u Rwanda ihaguruka mu gicuku cy’uyu wa mbere igana muri Botswana, ikaba izakian umukino wa mbere tariki ya 9 Nzeri 2021 bakina na Mozambique.

Umukino wa kabiri, u Rwanda ruzahura na Tanzania tariki 12 Nzeri 2021 mbere yo guhura na Botswana tariki ya 14 Nzeri 2021.

Image

Ikipe y’u Rwanda irajya muri Botswana kuri uyu wa mbere

Abakinnyi b’u Rwanda bagomba kujya muri Botswana: Bimenyimana Diane (Captain), Ishimwe Henriette, Ishimwe Gisele, Uwamahoro Cathia, Irakoze Flora, Ingabire Sifa, Uwimbabazi Josiane, Josiane Nyirankundineza, Muhaweninama Immacule, Uwase Merveille, Alice Ikuzwe, Belise Murekatete, Olive Dusabimana, Uwimbabazi Antoinnette, Vumilia Marguaritte.

Abandi bajyana n’ikipe: Leonard Nhamburo (Umutoza mukuru), Bryson Bugingo (Umutoza wungirije), Uwimana Sonia (uyoboye abandi), Rosine Ingabire (Ushinzwe ibikorwa by’ikipe), Theoneste Iyakaremye (Umuganga).

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

AMAFOTO: Tunisia yisubije igikombe cya #AFROBASKET, Senegal yongera kuba iya gatatu

Next Post

Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Related Posts

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

IZIHERUKA

Why every young woman should learn a practical trade
IMIBEREHO MYIZA

Why every young woman should learn a practical trade

by radiotv10
12/11/2025
0

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

12/11/2025
Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

12/11/2025
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why every young woman should learn a practical trade

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.