Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

CRICKET: Ikipe y’igihugu y’abagore yahawe ibendera n’impanuro mbere yo kujya muri Botswana

radiotv10by radiotv10
06/09/2021
in SIPORO
0
CRICKET: Ikipe y’igihugu y’abagore yahawe ibendera n’impanuro mbere yo kujya muri Botswana
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu y’abagore y’umukino wa Cricket yahawe ibendera n’impanuro mbere yo gufata urugendo rugana muri Botswana mu irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Kuri iki cyumweru tariki ya 05 Nzeri2021 ikipe y’igihugu y’abagore muri Cricket yashyikirije idarapo ry’u Rwanda n’umuyobozi ushinzwe siporo muri Minisiteri ya Siporo mu Rwanda, Rurangayire Guy Didier, anabaha ubutumwa yari yahawe na minisitiri wa siporo, Aurore Mimosa Munyangaju.

Mu butumwa bwe, Rurangayire yabibukije ko bagiye guhangana batagiye kwitabira ndetse ababwira ko kwimana u Rwanda bigomba kuba intego.

Ikindi kandi yabaseranyije ko nibatahukana intsinzi amarira n’imvune bagize mu kwitegura iyi mikino bazabihozwa ndetse bikaba amateka kuribo.

Image

Ikipe y’igihugu yahawe ibendera ry’igihugu mbere yo kujya muri Botswana

Aganira n’abanyamakuru, Rurangayire yavuze ko irushanwa aba bakobwa bazakina ritoroshye ariko icyo basabwa ari ugushaka umusarururo uzatuma bagira amahirwe yo kuza mu bihugu bizakina igikombe cy’isi.

“Mu butumwa bw’ibanze mu izina rya Minisitiri wa siporo, nababwiye ko bagomba kwitwara neza , bamaze igihe bitoza, babonye igihe gihagije cyo kuba bari kumwe n’abatoza, bazagenda bahatane n’abandi bakobwa bo mu bindi bihugu.

Ni irushanwa ritoroshye kuko bageze mu cyiciro cya kabiri bazaba binjiye mu makipe ya nyuma ashobora kubona itike y’igikombe cy’isi. Twabasabye kwitwara neza bakitanga bagakoresha imbaraga zose kuko ubona ko umukino wa Cricket uri gutera imbere.” Rurangayire

Image

Rurangayire Guy Didier umuyobozi wa siporo muri MINISPORTS aganira n’abakinnyi i Gahanga

Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda (RCA), Musale Steven yashimiye ikipe muri rusange ababwira ko ubushake n’ubwitange bagaragaje mu kwitegura iyi mikino babizirikana bityo abizeza ubufatanye muri uru rugendo batangiye rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Marie Diane Bimenyimana, kapiteni w’iyi yavuze ko bagize igihe gihagije cyo kwitegura kandi ko irushanwa ryo kwibuka bakinnye ryabafashije kumenya urwego bariho kandi ari n’amahire ko bimwe mu bihugu bakinnye nabyo bazongera guhura bityo bikaborohera kubona intsinzi.

Biteganyijwe ko ikipe y’u Rwanda ihaguruka mu gicuku cy’uyu wa mbere igana muri Botswana, ikaba izakian umukino wa mbere tariki ya 9 Nzeri 2021 bakina na Mozambique.

Umukino wa kabiri, u Rwanda ruzahura na Tanzania tariki 12 Nzeri 2021 mbere yo guhura na Botswana tariki ya 14 Nzeri 2021.

Image

Ikipe y’u Rwanda irajya muri Botswana kuri uyu wa mbere

Abakinnyi b’u Rwanda bagomba kujya muri Botswana: Bimenyimana Diane (Captain), Ishimwe Henriette, Ishimwe Gisele, Uwamahoro Cathia, Irakoze Flora, Ingabire Sifa, Uwimbabazi Josiane, Josiane Nyirankundineza, Muhaweninama Immacule, Uwase Merveille, Alice Ikuzwe, Belise Murekatete, Olive Dusabimana, Uwimbabazi Antoinnette, Vumilia Marguaritte.

Abandi bajyana n’ikipe: Leonard Nhamburo (Umutoza mukuru), Bryson Bugingo (Umutoza wungirije), Uwimana Sonia (uyoboye abandi), Rosine Ingabire (Ushinzwe ibikorwa by’ikipe), Theoneste Iyakaremye (Umuganga).

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

AMAFOTO: Tunisia yisubije igikombe cya #AFROBASKET, Senegal yongera kuba iya gatatu

Next Post

Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.