Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

CRICKET: Ikipe y’igihugu y’abagore yahawe ibendera n’impanuro mbere yo kujya muri Botswana

radiotv10by radiotv10
06/09/2021
in SIPORO
0
CRICKET: Ikipe y’igihugu y’abagore yahawe ibendera n’impanuro mbere yo kujya muri Botswana
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu y’abagore y’umukino wa Cricket yahawe ibendera n’impanuro mbere yo gufata urugendo rugana muri Botswana mu irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Kuri iki cyumweru tariki ya 05 Nzeri2021 ikipe y’igihugu y’abagore muri Cricket yashyikirije idarapo ry’u Rwanda n’umuyobozi ushinzwe siporo muri Minisiteri ya Siporo mu Rwanda, Rurangayire Guy Didier, anabaha ubutumwa yari yahawe na minisitiri wa siporo, Aurore Mimosa Munyangaju.

Mu butumwa bwe, Rurangayire yabibukije ko bagiye guhangana batagiye kwitabira ndetse ababwira ko kwimana u Rwanda bigomba kuba intego.

Ikindi kandi yabaseranyije ko nibatahukana intsinzi amarira n’imvune bagize mu kwitegura iyi mikino bazabihozwa ndetse bikaba amateka kuribo.

Image

Ikipe y’igihugu yahawe ibendera ry’igihugu mbere yo kujya muri Botswana

Aganira n’abanyamakuru, Rurangayire yavuze ko irushanwa aba bakobwa bazakina ritoroshye ariko icyo basabwa ari ugushaka umusarururo uzatuma bagira amahirwe yo kuza mu bihugu bizakina igikombe cy’isi.

“Mu butumwa bw’ibanze mu izina rya Minisitiri wa siporo, nababwiye ko bagomba kwitwara neza , bamaze igihe bitoza, babonye igihe gihagije cyo kuba bari kumwe n’abatoza, bazagenda bahatane n’abandi bakobwa bo mu bindi bihugu.

Ni irushanwa ritoroshye kuko bageze mu cyiciro cya kabiri bazaba binjiye mu makipe ya nyuma ashobora kubona itike y’igikombe cy’isi. Twabasabye kwitwara neza bakitanga bagakoresha imbaraga zose kuko ubona ko umukino wa Cricket uri gutera imbere.” Rurangayire

Image

Rurangayire Guy Didier umuyobozi wa siporo muri MINISPORTS aganira n’abakinnyi i Gahanga

Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda (RCA), Musale Steven yashimiye ikipe muri rusange ababwira ko ubushake n’ubwitange bagaragaje mu kwitegura iyi mikino babizirikana bityo abizeza ubufatanye muri uru rugendo batangiye rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi.

Marie Diane Bimenyimana, kapiteni w’iyi yavuze ko bagize igihe gihagije cyo kwitegura kandi ko irushanwa ryo kwibuka bakinnye ryabafashije kumenya urwego bariho kandi ari n’amahire ko bimwe mu bihugu bakinnye nabyo bazongera guhura bityo bikaborohera kubona intsinzi.

Biteganyijwe ko ikipe y’u Rwanda ihaguruka mu gicuku cy’uyu wa mbere igana muri Botswana, ikaba izakian umukino wa mbere tariki ya 9 Nzeri 2021 bakina na Mozambique.

Umukino wa kabiri, u Rwanda ruzahura na Tanzania tariki 12 Nzeri 2021 mbere yo guhura na Botswana tariki ya 14 Nzeri 2021.

Image

Ikipe y’u Rwanda irajya muri Botswana kuri uyu wa mbere

Abakinnyi b’u Rwanda bagomba kujya muri Botswana: Bimenyimana Diane (Captain), Ishimwe Henriette, Ishimwe Gisele, Uwamahoro Cathia, Irakoze Flora, Ingabire Sifa, Uwimbabazi Josiane, Josiane Nyirankundineza, Muhaweninama Immacule, Uwase Merveille, Alice Ikuzwe, Belise Murekatete, Olive Dusabimana, Uwimbabazi Antoinnette, Vumilia Marguaritte.

Abandi bajyana n’ikipe: Leonard Nhamburo (Umutoza mukuru), Bryson Bugingo (Umutoza wungirije), Uwimana Sonia (uyoboye abandi), Rosine Ingabire (Ushinzwe ibikorwa by’ikipe), Theoneste Iyakaremye (Umuganga).

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + twenty =

Previous Post

AMAFOTO: Tunisia yisubije igikombe cya #AFROBASKET, Senegal yongera kuba iya gatatu

Next Post

Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.