Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Data wacu Kagame yambujije kugereranya Abagandekazi n’Abanyarwandakazi, ambwira ko bose ari beza-Muhoozi

radiotv10by radiotv10
14/02/2022
in MU RWANDA
0
Data wacu Kagame yambujije kugereranya Abagandekazi n’Abanyarwandakazi, ambwira ko bose ari beza-Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yashimiye Perezida Paul Kagame wamubujije kugereranya ubwiza bw’abagore/abakobwa bo mu Rwanda n’abo muri Uganda, akamubwira ko bose ari beza.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yabitangaje mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri iki Cyumweru tariki 13 Gashyantare 2022 nyuma y’amasaha macye atangaje ko intambara yifuza kubona hagati y’u Rwanda na Uganda ari iy’ubwiza bw’Akobwa b’Abanya-Uganda n’ab’u Rwanda.

Ubutumwa yanyujijeho mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 13 Gashyantare, Muhoozi yagize ati “Data wacu nyakubahwa Perezida Paul Kagame yambabariye kubera kugerageza gutangiza irushanwa hagati y’abagore b’Abanya-Uganda n’Abanyarwanda. Yavuze ko bose ari beza! Ndamushimira ku kunkebura.”

My uncle His Excellency, President Paul Kagame, has forgiven me for trying to start a competition between Ugandan and Rwandan women. He says they are all beautiful! I thank him for his guidance. pic.twitter.com/KRHnEBEvlL

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 13, 2022

Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022, Lt Gen Muhoozi yari yashyize ubutumwa kuri Twitter agira ati “Intambara rukumbi dukeneye hagati ya Uganda n’u Rwanda ni urugamba hagati y’abakobwa/abagore mu kwemeza abeza! Twari dukwiye kugira iryo rushanwa buri mwaka kandi rikabamo ibihembo.”

Icyo gihe Gen Muhoozi ukunze kwisanzura ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yahise atangiza ibyo yari yise urugamba, ahita ashyira kuri Twitter ifoto y’umugore we Charlotte Kainerugaba, ashyiraho ubutumwa bugira buti “Bagabo namwe bagore, ndifuza kubona urugamba rushyushye.”

Abakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, baba abo mu Rwanda no muri Uganda, bahise binjira muri uru rugamba, batangira guhererekanya amafoto y’abakobwa batagira uko basa, bagerageza kugaragaza ko ibihugu byabo bifite abakobwa b’uburanga n’ikimero bidasukirwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 8 =

Previous Post

Abaperezida bane barimo Museveni na Tshisekedi baganiriye ku ngingo zikomeye zirimo Umubano w’u Rwanda na Uganda

Next Post

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

Related Posts

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has announced that since the program to test vehicles for harmful emissions began, more than...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

by radiotv10
16/09/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko muri uyu mwaka wa 2025, ingo zigerwaho n’umuriro w’amashanyarazi zageze kuri 85% zivuye munsi ya...

IZIHERUKA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda
MU RWANDA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.