Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Iradukunda Grace Divine uzwi nka Dj Ira, ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi, ari mu byishimo by’igisagirane nyuma yo guhamagarwa n’Ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda kugira ngo hatangire hakorwe inzira zo guhabwa ubwenegihugu aherutse gusaba Perezida Paul Kagame.

Uyu muvangamiziki uri mu bazwi mu Rwanda, ubwo yari yitabiriye ikiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’abaturage ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025, ari mu batanze ibitekerezo, anaha icyifuzo Umukuru w’u Rwanda, aho yamusabye ubwenegihugu bw’u Rwanda, kugira ngo na we yitwe Umunyarwandazi.

Uyu mukobwa ukomoka mu Burundi, yavuze ko yishimira kuba mu Rwanda nk’Igihugu giha amahirwe angana abakibamo bose, byumwihariko avuga ko yakiboneyemo umugisha udasanzwe.

Umukuru w’u Rwanda yamusubije ko ubwenegihugu ashaka azabuhabwa, anasaba abo bireba ko bagomba gusuzuma inzira zisabwa, ubundi akazinyuramo, kugira ngo ahabwe ikaze mu muryango mugari w’Abanyarwanda.

Nyuma y’umunsi umwe gusa asabye ubwenegihugu, Dj Ira kuri uyu wa Kabiri, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko ari mu byishimo bitagira ingano kuko icyifuzo cye cyatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Mu butumwa buherekejwe n’ifoto uyu mukobwa ari ku Biro bishinzwe abinjira n’Abasohoka, yahaye umutwe ugira uti “Uwasaba yasaba Papa PK [avuga Perezida Kagame].”

Muri ubu butumwa yatambukije kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025, Dj Ira akomeza avuga ko ejo hashize [ku wa Mbere] yahagamawe n’umuntu ukora mu Biro bishinzwe abinjira n’abasohoka, akamusaba kujya kuri uru rwego kugira ngo hasuzumwe icyifuzo aherutse gutanga.

Avuga ko yanejejwe n’uburyo yakiriwe. Ati “Naragiye ngezeyo, byari ibintu bidasanzwe, nahabonye urukundo kuva ku musekirite, bose bati felicitation DJ ejo twarakubonye.”

Akomeza avuga ko agezeyo bamurangiye ahakorerwa serivisi yifuzaga. Ati “Nagezeyo banyakira neza cyane, banyereka ibisabwa, nanjye ndabibaha, murabyumva ko vuba cyane nzashyikirizwa ubwenegihugu Perezida wacu yanyemereye.”

Uyu muvangamiziki, avuga ko ikindi cyamushimishije ari urugwiro yagaragarijwe ubwo yajyaga ku Biro bishinzwe Abinjira n’abasohoka, aboneraho kongera gushimira Umukuru w’u Rwanda ku bwo kumva abaturage no kuba imvugo ye ari yo ngiro.

Dj Ira ku Cyumweru ubwo yagezaga icyifuzo cye kuri Perezida Kagame
Dj Ira yongeye gushimira Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 14 =

Previous Post

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Next Post

Umutoza wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda yafatiwe icyemezo nyuma iby’ibyo yumvisweho

Related Posts

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

IZIHERUKA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye
MU RWANDA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda yafatiwe icyemezo nyuma iby’ibyo yumvisweho

Umutoza wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda yafatiwe icyemezo nyuma iby’ibyo yumvisweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.