Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Iradukunda Grace Divine uzwi nka Dj Ira, ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi, ari mu byishimo by’igisagirane nyuma yo guhamagarwa n’Ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda kugira ngo hatangire hakorwe inzira zo guhabwa ubwenegihugu aherutse gusaba Perezida Paul Kagame.

Uyu muvangamiziki uri mu bazwi mu Rwanda, ubwo yari yitabiriye ikiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’abaturage ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025, ari mu batanze ibitekerezo, anaha icyifuzo Umukuru w’u Rwanda, aho yamusabye ubwenegihugu bw’u Rwanda, kugira ngo na we yitwe Umunyarwandazi.

Uyu mukobwa ukomoka mu Burundi, yavuze ko yishimira kuba mu Rwanda nk’Igihugu giha amahirwe angana abakibamo bose, byumwihariko avuga ko yakiboneyemo umugisha udasanzwe.

Umukuru w’u Rwanda yamusubije ko ubwenegihugu ashaka azabuhabwa, anasaba abo bireba ko bagomba gusuzuma inzira zisabwa, ubundi akazinyuramo, kugira ngo ahabwe ikaze mu muryango mugari w’Abanyarwanda.

Nyuma y’umunsi umwe gusa asabye ubwenegihugu, Dj Ira kuri uyu wa Kabiri, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko ari mu byishimo bitagira ingano kuko icyifuzo cye cyatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Mu butumwa buherekejwe n’ifoto uyu mukobwa ari ku Biro bishinzwe abinjira n’Abasohoka, yahaye umutwe ugira uti “Uwasaba yasaba Papa PK [avuga Perezida Kagame].”

Muri ubu butumwa yatambukije kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025, Dj Ira akomeza avuga ko ejo hashize [ku wa Mbere] yahagamawe n’umuntu ukora mu Biro bishinzwe abinjira n’abasohoka, akamusaba kujya kuri uru rwego kugira ngo hasuzumwe icyifuzo aherutse gutanga.

Avuga ko yanejejwe n’uburyo yakiriwe. Ati “Naragiye ngezeyo, byari ibintu bidasanzwe, nahabonye urukundo kuva ku musekirite, bose bati felicitation DJ ejo twarakubonye.”

Akomeza avuga ko agezeyo bamurangiye ahakorerwa serivisi yifuzaga. Ati “Nagezeyo banyakira neza cyane, banyereka ibisabwa, nanjye ndabibaha, murabyumva ko vuba cyane nzashyikirizwa ubwenegihugu Perezida wacu yanyemereye.”

Uyu muvangamiziki, avuga ko ikindi cyamushimishije ari urugwiro yagaragarijwe ubwo yajyaga ku Biro bishinzwe Abinjira n’abasohoka, aboneraho kongera gushimira Umukuru w’u Rwanda ku bwo kumva abaturage no kuba imvugo ye ari yo ngiro.

Dj Ira ku Cyumweru ubwo yagezaga icyifuzo cye kuri Perezida Kagame
Dj Ira yongeye gushimira Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Next Post

Umutoza wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda yafatiwe icyemezo nyuma iby’ibyo yumvisweho

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda yafatiwe icyemezo nyuma iby’ibyo yumvisweho

Umutoza wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda yafatiwe icyemezo nyuma iby’ibyo yumvisweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.