Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Iradukunda Grace Divine uzwi nka Dj Ira, ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi, ari mu byishimo by’igisagirane nyuma yo guhamagarwa n’Ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda kugira ngo hatangire hakorwe inzira zo guhabwa ubwenegihugu aherutse gusaba Perezida Paul Kagame.

Uyu muvangamiziki uri mu bazwi mu Rwanda, ubwo yari yitabiriye ikiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’abaturage ku Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025, ari mu batanze ibitekerezo, anaha icyifuzo Umukuru w’u Rwanda, aho yamusabye ubwenegihugu bw’u Rwanda, kugira ngo na we yitwe Umunyarwandazi.

Uyu mukobwa ukomoka mu Burundi, yavuze ko yishimira kuba mu Rwanda nk’Igihugu giha amahirwe angana abakibamo bose, byumwihariko avuga ko yakiboneyemo umugisha udasanzwe.

Umukuru w’u Rwanda yamusubije ko ubwenegihugu ashaka azabuhabwa, anasaba abo bireba ko bagomba gusuzuma inzira zisabwa, ubundi akazinyuramo, kugira ngo ahabwe ikaze mu muryango mugari w’Abanyarwanda.

Nyuma y’umunsi umwe gusa asabye ubwenegihugu, Dj Ira kuri uyu wa Kabiri, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko ari mu byishimo bitagira ingano kuko icyifuzo cye cyatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Mu butumwa buherekejwe n’ifoto uyu mukobwa ari ku Biro bishinzwe abinjira n’Abasohoka, yahaye umutwe ugira uti “Uwasaba yasaba Papa PK [avuga Perezida Kagame].”

Muri ubu butumwa yatambukije kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025, Dj Ira akomeza avuga ko ejo hashize [ku wa Mbere] yahagamawe n’umuntu ukora mu Biro bishinzwe abinjira n’abasohoka, akamusaba kujya kuri uru rwego kugira ngo hasuzumwe icyifuzo aherutse gutanga.

Avuga ko yanejejwe n’uburyo yakiriwe. Ati “Naragiye ngezeyo, byari ibintu bidasanzwe, nahabonye urukundo kuva ku musekirite, bose bati felicitation DJ ejo twarakubonye.”

Akomeza avuga ko agezeyo bamurangiye ahakorerwa serivisi yifuzaga. Ati “Nagezeyo banyakira neza cyane, banyereka ibisabwa, nanjye ndabibaha, murabyumva ko vuba cyane nzashyikirizwa ubwenegihugu Perezida wacu yanyemereye.”

Uyu muvangamiziki, avuga ko ikindi cyamushimishije ari urugwiro yagaragarijwe ubwo yajyaga ku Biro bishinzwe Abinjira n’abasohoka, aboneraho kongera gushimira Umukuru w’u Rwanda ku bwo kumva abaturage no kuba imvugo ye ari yo ngiro.

Dj Ira ku Cyumweru ubwo yagezaga icyifuzo cye kuri Perezida Kagame
Dj Ira yongeye gushimira Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Next Post

Umutoza wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda yafatiwe icyemezo nyuma iby’ibyo yumvisweho

Related Posts

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

by radiotv10
12/08/2025
0

Umunyamakuru Nepo Dushime bita ‘Mubicu’ uzwi mu biganiro bya siporo no kogeza imipira, yerecyeje ku kindi gitangazamakuru nyuma yo gutandukana...

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

by radiotv10
12/08/2025
0

Over the years, Rwanda’s dance culture has gone through an exciting transformation. What once started as traditional moves like Amaraba,...

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
11/08/2025
0

Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga no mu bikorwa byo gususurutsa abantu, biravugwa ko yatawe muri yombi akekwaho gutwara ikinyabiziga...

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi Confy yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya ‘Gumaha’ yakoranye na Chiboo uri mu bagenzweho, igaragaramo aba bahanzi gusa, itarimo undi...

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Diamond Platnumz yavuze ko hari abana ashobora kuba arera kandi atari abe, ariko ko we atabyitayeho,...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda yafatiwe icyemezo nyuma iby’ibyo yumvisweho

Umutoza wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda yafatiwe icyemezo nyuma iby’ibyo yumvisweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.