Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’ubwikorezi bw’Indege ya Delta Airlines, yemeye kuzaha indishyi y’impozamarira abagenzi bose bari mu ndege yayo, iherutse gukorera impanuka muri Torondo ikagwa igaramye, ntihagire n’umwe ihitana, aho buri mugenzi azahabwa ibihumbi 30$ (agera muri Miliyoni 42Frw).

Ni impanuka yabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru, ku Kibuga cy’Indege cya Toronto Pearson International Airport muri Canada, aho iyi ndege yari irimo abantu 80 barimo abagenzi 76.

Ni impanuka yari iteye ubwoba kuko iyi ndege yaguye igaramye ndetse rimwe mu baba yayo rikavaho, ariko abari bayirimo bose bakaba baravuyemo ari bazima, uretse 21 bajyanywe kwa muganga.

Umuvugizi wa Sosiyete ya Delta Airlines, Morgan Durrant; yizeje abagenzi bari bayirimo ko bazahabwa indishyi z’akababaro, aho buri mugenzi azahabwa ibihumbi 30 USD (agera muri miliyoni 42 Frw), ku bagenzi bose uko ari 76, bivuze ko indishyi yose hamwe izatangwa ari Miliyoni 2,3$ (arenga Miliyari 3,1Frw).

Iki cyemezo cyo kuzaha abagenzi bose impozamarira y’aya mafaranga, cyaje nyuma yuko Ibigo bifite mu nshingano ubwikorezi byo muri Canada no muri Leta Zunze Ubumwe za America nka Safety Board of Canada, National Transportation Safety Board, na Federal Aviation Administration, biri gukora iperereza ku cyateye iyi mpanuka.

Umuyobozi Mukuru w’iyi Sosiyete y’Abanyamerika ya Delta, Ed Bastian yahakanye iby’uko umupilote wari utwaye iyi ndege yari afite ubumenyi bucye bw’uburyo yakwitwara mu bihe iyi ndege yari irimo ubwo yururukaga.

Aganira na CBS News, Ed Bastian yagize ati “Aba bapilote bose baba baratojwe uko bakwitwara muri biriya bihe. Bashobora gutwara mu bihe byose by’igihe ibibuga by’indege byose dukoreramo biba bimeze. Rero rwose, ntakintu kidasanzwe cyaba cyaraturutse ku bunararibonye.”

Ubwo iyi mpanuka y’indege yabaga, inzego zirimo izishinzwe kuzimya inkongi zatabaranye ingoga, zihutira kuzimya iyi ndege yari itangiye gushya, ndetse abari bayirimo bavamo biruka, ku buryo nta n’umwe wahasize ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

U Rwanda rwagaragarije amahanga icyarutunguye nyuma yuko Abacancuro b’Abanyaburayi batahuwe mu ntambara ya Congo

Next Post

Uko hamenyekanye amakuru yatumye hatahurwa ukekwaho gusambanya umwana muto arusha imyaka 52

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

IZIHERUKA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka
AMAHANGA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Uko hamenyekanye amakuru yatumye hatahurwa ukekwaho gusambanya umwana muto arusha imyaka 52

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.