Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’ubwikorezi bw’Indege ya Delta Airlines, yemeye kuzaha indishyi y’impozamarira abagenzi bose bari mu ndege yayo, iherutse gukorera impanuka muri Torondo ikagwa igaramye, ntihagire n’umwe ihitana, aho buri mugenzi azahabwa ibihumbi 30$ (agera muri Miliyoni 42Frw).

Ni impanuka yabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru, ku Kibuga cy’Indege cya Toronto Pearson International Airport muri Canada, aho iyi ndege yari irimo abantu 80 barimo abagenzi 76.

Ni impanuka yari iteye ubwoba kuko iyi ndege yaguye igaramye ndetse rimwe mu baba yayo rikavaho, ariko abari bayirimo bose bakaba baravuyemo ari bazima, uretse 21 bajyanywe kwa muganga.

Umuvugizi wa Sosiyete ya Delta Airlines, Morgan Durrant; yizeje abagenzi bari bayirimo ko bazahabwa indishyi z’akababaro, aho buri mugenzi azahabwa ibihumbi 30 USD (agera muri miliyoni 42 Frw), ku bagenzi bose uko ari 76, bivuze ko indishyi yose hamwe izatangwa ari Miliyoni 2,3$ (arenga Miliyari 3,1Frw).

Iki cyemezo cyo kuzaha abagenzi bose impozamarira y’aya mafaranga, cyaje nyuma yuko Ibigo bifite mu nshingano ubwikorezi byo muri Canada no muri Leta Zunze Ubumwe za America nka Safety Board of Canada, National Transportation Safety Board, na Federal Aviation Administration, biri gukora iperereza ku cyateye iyi mpanuka.

Umuyobozi Mukuru w’iyi Sosiyete y’Abanyamerika ya Delta, Ed Bastian yahakanye iby’uko umupilote wari utwaye iyi ndege yari afite ubumenyi bucye bw’uburyo yakwitwara mu bihe iyi ndege yari irimo ubwo yururukaga.

Aganira na CBS News, Ed Bastian yagize ati “Aba bapilote bose baba baratojwe uko bakwitwara muri biriya bihe. Bashobora gutwara mu bihe byose by’igihe ibibuga by’indege byose dukoreramo biba bimeze. Rero rwose, ntakintu kidasanzwe cyaba cyaraturutse ku bunararibonye.”

Ubwo iyi mpanuka y’indege yabaga, inzego zirimo izishinzwe kuzimya inkongi zatabaranye ingoga, zihutira kuzimya iyi ndege yari itangiye gushya, ndetse abari bayirimo bavamo biruka, ku buryo nta n’umwe wahasize ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + seventeen =

Previous Post

U Rwanda rwagaragarije amahanga icyarutunguye nyuma yuko Abacancuro b’Abanyaburayi batahuwe mu ntambara ya Congo

Next Post

Uko hamenyekanye amakuru yatumye hatahurwa ukekwaho gusambanya umwana muto arusha imyaka 52

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Uko hamenyekanye amakuru yatumye hatahurwa ukekwaho gusambanya umwana muto arusha imyaka 52

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.