Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr Sabin wari wahagaritswe by’agateganyo kubera ibyo akurikiranyweho yasimbujwe

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Dr Sabin wari wahagaritswe by’agateganyo kubera ibyo akurikiranyweho yasimbujwe
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Sabin Nsanzimana wari wahagaritswe by’agateganyo na Perezida wa Repubulika kubera ibyo akurikiranyweho yagombaga kubazwa, ubu yamaze gusimbuzwa undi ari we Prof Claude Mambo Muvunyi wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC).

Prof Claude Mambo Muvunyi wasimbuye Dr Sabin Nsanzimana ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa RBC, yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022.

Prof Claude Mambo Muvunyi asanzwe ari Umwarimu muri Kaminuza mu bijyanye n’ubuvuzi bw’indwara ziterwa n’udukoko duto, akaba afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) muri ubu buvuzi.

Yigishije muri kaminuza n’amashuri makuru atandukanye arimo University of Rwanda (Kaminuza y’u Rwanda), Kigali University Teaching Hospital na College of Medicine and Health sciences.

Inama y’Abaminisitiri kandi yashyizeho abandi bayobozi muri iki kigo barimo Noella Birimana wagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije ndetse na Dr Isabelle Mukagatare wagizwe Ukuriye ishami rya Serivisi.

Dr Sabin Nsanzimana yari yabaye ahagaritswe by’agateganyo mu ntangiro z’Ukuboza umwaka ushize wa 2021 ubwo tariki 07 z’uko kwezi, Ibiro bya Minisitiri byatangazaga ko Perezida wa Repubulika yabaye amuhagaritse kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Dr Sabin Nsanzimana yavanywe kuri uyu mwanya amaze imyaka ibiri ayobora iki kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), dore ko yari yashyizweho tariki ya 29 Nyakanga 2019.

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022 kandi yashyizeho abandi bayobozi barimo Philippe Habinshuti wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza na Benjamin Sesonga wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 8 =

Previous Post

Kugera mu rugo byongeweho amasaha abiri, ibitaramo no kujya kuri stade birakomorerwa

Next Post

Umunyamategeko ukomeye muri Uganda arasaba ko Museveni yerekana Permis yo gutwara imodoka

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamategeko ukomeye muri Uganda arasaba ko Museveni yerekana Permis yo gutwara imodoka

Umunyamategeko ukomeye muri Uganda arasaba ko Museveni yerekana Permis yo gutwara imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.