Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Hafashwe icyemezo ku mirambo yari imaze imyaka ine mu Bitaro

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA
0
DRC: Hafashwe icyemezo ku mirambo yari imaze imyaka ine mu Bitaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Umujyi wa Matadi mu Ntara ya Kongo-Central muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo gushyingura imirambo 14 y’abantu babuze imiryango yabo bari bamaze imyaka ine mu buruhukira bw’ibitaro.

Iyi mirambo yashyinguwe mu cyubahiro kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024, yari imaze imyaka ine mu Bitaro byo ku Rwego rw’Intara ya Kinkanda.

Umuyobozi w’Umujyi wa Matadi, Dominique Nkodia Mbete, ni we wayoboye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro iyi mirambo y’aba bantu 14 mu irimbi rya Boko 2.

Ubuyobozi buvuga ko igikorwa cyo gushyingura aba bantu, cyakurikije amategeko kandi ko bashyinguwe mu cyubahiro kigomba ikiremwamuntu, nyuma yuko byemejwe n’inzego bireba, zirimo Ubushinjacyaha bw’Igihugu.

Muri abo bashyinguwe bari bamaze imyaka ine mu buruhukiro bw’ibitaro, barimo abari imfungwa, ndetse n’abitabye Imana bazize impanuka, aho buri wese yashyinguwe mu isanduku ye, ndetse no mu mva ye.

Iyi mirambo yari imaze imyaka ine mu buruhukiro bw’ibitaro, nta muntu n’umwe wo mu muryango wa buri wese witabye Imana uraza kubaririza.

Umuyobozi w’Umujyi wa Matadi, Dominique Mkodia Mbete watanze ubushobozi bw’amafaranga bwakoreshejwe muri iki gikorwa, yatangaje ko ibi byakozwe mu rwego rwo gufasha ibitaro iyi mibiri yari irimo kugira ngo bibashe gukora neza.

Iki gikorwa kandi cyari kirimo n’umuyobozi wa Polisi muri aka gace, ndetse n’umuyobozi w’urwego rw’Iperereza muri aka gace, kimwe na Burugumesitiri wa Komini ya Matadi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 5 =

Previous Post

Ahaturutse amakuru yafashije Polisi gufata umugore wacururizaga mukologo iwe rwihishwa

Next Post

Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.