Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Hafashwe icyemezo ku mirambo yari imaze imyaka ine mu Bitaro

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA
0
DRC: Hafashwe icyemezo ku mirambo yari imaze imyaka ine mu Bitaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Umujyi wa Matadi mu Ntara ya Kongo-Central muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo gushyingura imirambo 14 y’abantu babuze imiryango yabo bari bamaze imyaka ine mu buruhukira bw’ibitaro.

Iyi mirambo yashyinguwe mu cyubahiro kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024, yari imaze imyaka ine mu Bitaro byo ku Rwego rw’Intara ya Kinkanda.

Umuyobozi w’Umujyi wa Matadi, Dominique Nkodia Mbete, ni we wayoboye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro iyi mirambo y’aba bantu 14 mu irimbi rya Boko 2.

Ubuyobozi buvuga ko igikorwa cyo gushyingura aba bantu, cyakurikije amategeko kandi ko bashyinguwe mu cyubahiro kigomba ikiremwamuntu, nyuma yuko byemejwe n’inzego bireba, zirimo Ubushinjacyaha bw’Igihugu.

Muri abo bashyinguwe bari bamaze imyaka ine mu buruhukiro bw’ibitaro, barimo abari imfungwa, ndetse n’abitabye Imana bazize impanuka, aho buri wese yashyinguwe mu isanduku ye, ndetse no mu mva ye.

Iyi mirambo yari imaze imyaka ine mu buruhukiro bw’ibitaro, nta muntu n’umwe wo mu muryango wa buri wese witabye Imana uraza kubaririza.

Umuyobozi w’Umujyi wa Matadi, Dominique Mkodia Mbete watanze ubushobozi bw’amafaranga bwakoreshejwe muri iki gikorwa, yatangaje ko ibi byakozwe mu rwego rwo gufasha ibitaro iyi mibiri yari irimo kugira ngo bibashe gukora neza.

Iki gikorwa kandi cyari kirimo n’umuyobozi wa Polisi muri aka gace, ndetse n’umuyobozi w’urwego rw’Iperereza muri aka gace, kimwe na Burugumesitiri wa Komini ya Matadi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − seven =

Previous Post

Ahaturutse amakuru yafashije Polisi gufata umugore wacururizaga mukologo iwe rwihishwa

Next Post

Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.