Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye

radiotv10by radiotv10
19/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Moïse Katumbi yatangaje ko avuye mu ihuriro rizwi nka Union Sacrée riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeza ko aziyamamaza mu matora y’umukuru w’Igihugu ya 2023 kugira ngo ashinge Leta ihamye.

Moïse Katumbi wabaye Guverineri w’Intara ya Katanga, yatangaje ibi mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, mu butumwa yahaye Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI ndetse na France 24.

Nanone kandi mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ngendeye ku bushake bwo gukorera Abanyekongo, nafashe icyemezo cyo kuva muri Union Sacrée, nemeza ko nzatanga kandidatire yanjye mu matora y’umukuru w’Igihugu.”

Moïse Katumbi yatangaje ko iki cyemezo yagifashe agamije ineza ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abatuye iki Gihugu cyashegeshwe n’ibibazo.

Yagize ati “Ndashaka kubaka Leta ihamye, Repubulika ntangarugero aho buri wese azabaho atekanye mu mahoro n’ituze, agatungwa n’ibyavuye mu murimo we.”

Union Sacrée, ni ihuriro ry’amashyaka ashyigikiye ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi uri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na ryo rigomba kuzatanga uzabahagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023.

Abagize iri huriro, ntibishimiye iki cyemezo cyafashwe na Moïse Katumbi wabaciye ruhinganyuma agafata icyemezo ku giti cye.

Uyu munyapolitiki Moïse Katumbi yatangaje ibi nyuma yuko aherutse no kugaragara yihanangiriza abatagetsi ba DRC, bamwimye uruhusa rwo kugira ngo indege ye ize kumufata mu Gihugu imwerekeza muri Qatara.

Ibi byatumye uyu mugabo arakarira abategetsi avuga ko bitwara nk’aho Igihugu bakiguze, ariko ko niyo baba barakiguze bamubwira amafaranga bishyuye akayabasubiza ariko abantu bakabaho mu burenganzira bwabo.

Atangaje ibi nanone ibibazo by’umutekano mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje kuba agatereranzamba, aho imirwano ihanganishije FARDC na M23 yubuye mu cyumweru gishize nyuma yuko igisirikare cya Leta gifatanyije n’imitwe kisunze, bagabye ibitero ku birindiro by’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 11 =

Previous Post

Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’

Next Post

Musanze: Uwishe umuvandimwe we kubera impamvu itangaje yakatiwe

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Musanze: Uwishe umuvandimwe we kubera impamvu itangaje yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.