Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye

radiotv10by radiotv10
19/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Moïse Katumbi yatangaje ko avuye mu ihuriro rizwi nka Union Sacrée riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeza ko aziyamamaza mu matora y’umukuru w’Igihugu ya 2023 kugira ngo ashinge Leta ihamye.

Moïse Katumbi wabaye Guverineri w’Intara ya Katanga, yatangaje ibi mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, mu butumwa yahaye Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI ndetse na France 24.

Nanone kandi mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ngendeye ku bushake bwo gukorera Abanyekongo, nafashe icyemezo cyo kuva muri Union Sacrée, nemeza ko nzatanga kandidatire yanjye mu matora y’umukuru w’Igihugu.”

Moïse Katumbi yatangaje ko iki cyemezo yagifashe agamije ineza ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abatuye iki Gihugu cyashegeshwe n’ibibazo.

Yagize ati “Ndashaka kubaka Leta ihamye, Repubulika ntangarugero aho buri wese azabaho atekanye mu mahoro n’ituze, agatungwa n’ibyavuye mu murimo we.”

Union Sacrée, ni ihuriro ry’amashyaka ashyigikiye ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi uri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na ryo rigomba kuzatanga uzabahagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023.

Abagize iri huriro, ntibishimiye iki cyemezo cyafashwe na Moïse Katumbi wabaciye ruhinganyuma agafata icyemezo ku giti cye.

Uyu munyapolitiki Moïse Katumbi yatangaje ibi nyuma yuko aherutse no kugaragara yihanangiriza abatagetsi ba DRC, bamwimye uruhusa rwo kugira ngo indege ye ize kumufata mu Gihugu imwerekeza muri Qatara.

Ibi byatumye uyu mugabo arakarira abategetsi avuga ko bitwara nk’aho Igihugu bakiguze, ariko ko niyo baba barakiguze bamubwira amafaranga bishyuye akayabasubiza ariko abantu bakabaho mu burenganzira bwabo.

Atangaje ibi nanone ibibazo by’umutekano mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje kuba agatereranzamba, aho imirwano ihanganishije FARDC na M23 yubuye mu cyumweru gishize nyuma yuko igisirikare cya Leta gifatanyije n’imitwe kisunze, bagabye ibitero ku birindiro by’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’

Next Post

Musanze: Uwishe umuvandimwe we kubera impamvu itangaje yakatiwe

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Musanze: Uwishe umuvandimwe we kubera impamvu itangaje yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.