Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Kanyabayonga muri Teritwari ya Lubero, hari hamaze iminsi hari imirwano ikarishye, ndetse byavugwaga ko hamaze gufatwa n’umutwe wa M23, amakuru ahaturuka, aravuga ko habonetse agahenge.

Mu cyumweru gishize, muri ibi bice bya Kanyabayonga habereye imirwano ikomeye mu rugamba rumaze igihe ruhanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’imitwe nka FDLR, ndetse n’igisirikare cya SADC n’icy’u Burundi.

Amakuru yaturukaga mu bakurikiranira hafi iby’iyi ntambara, yavugaga ko uyu mujyi wa Kanyabayonga, na wo wiyongereye mu bice bigenzurwa n’umutwe wa M23.

Gusa ikinyamakuru Radio Okapi, kiratangaza ko muri uyu mujyi wa Kanyabayonga no mu bice biwukikije by’umwihariko mu byo mu majyepfo ya Teritwari ya Lubero ndetse no mu gace ko mu majyaruguru ya Sheferi ya Bwito muri Teritwari ya Rutshuru, kuri iki Cyumweru habonetse agahenge.

Iki kinyamakuru kivuga ko amakuru cyahawe na benshi, uyu mujyi uri gucungwa n’Igisirikare cya Congo, nyuma y’uko ku mugoroba wo ku wa Gatandatu hari humvikanye amasasu menshi.

Abatanze amakuru, bavuga ko kuri uwo munsi wo ku wa Gatandatu tariki 08 Kamena 2024, ari bwo abarwanyi ba M23 bavuye muri uyu mujyi, bakerecyeza mu bice bitandukanye byo muri Bwito ari na ho bari kugeza ubu.

Iki gitangazamakuru kivuga kandi ko abagihaye amakuru, bavuze ko nanone abasirikare b’ubufatanye bw’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bari no kugenzura ibice bya Mirangi, Lusuli na Kyahala, biherereye mu bilometero 20 uvuye mu majyepfo ya Kanyabayonga.

Kugeza kuri iki Cyumweru, M23 yo yari iri mu bice binyuranye byo muri Bwito, nko muri Bulindi, muri bilometero 10 uvuye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kanyabayonga.

Ni mu gihe hari abaturage benshi bavuye mu mujyi wa Kanyabayonga kubera imirwano, ubu bakaba batabarizwa na Sosiyete Sivile, ivuga ko bakeneye ubufasha bwihuse, ariko ikanasaba ko basubira mu byabo kuko habonetse ituze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Kayonza: Ntibagisangira amazi n’amatungo ariko n’ubundi biracyari amaburakindi

Next Post

Rutahizamu w’Umunya-Uganda utazibagirana muri Rayon yagarutse gukinira ikipe yo mu Rwanda

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi
IMIBEREHO MYIZA

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi

by radiotv10
23/01/2026
0

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Umunya-Uganda utazibagirana muri Rayon yagarutse gukinira ikipe yo mu Rwanda

Rutahizamu w’Umunya-Uganda utazibagirana muri Rayon yagarutse gukinira ikipe yo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.