Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Amakuru aturuka mu gace ka Kanyabayonga byavugwaga ko kafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Kanyabayonga muri Teritwari ya Lubero, hari hamaze iminsi hari imirwano ikarishye, ndetse byavugwaga ko hamaze gufatwa n’umutwe wa M23, amakuru ahaturuka, aravuga ko habonetse agahenge.

Mu cyumweru gishize, muri ibi bice bya Kanyabayonga habereye imirwano ikomeye mu rugamba rumaze igihe ruhanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’imitwe nka FDLR, ndetse n’igisirikare cya SADC n’icy’u Burundi.

Amakuru yaturukaga mu bakurikiranira hafi iby’iyi ntambara, yavugaga ko uyu mujyi wa Kanyabayonga, na wo wiyongereye mu bice bigenzurwa n’umutwe wa M23.

Gusa ikinyamakuru Radio Okapi, kiratangaza ko muri uyu mujyi wa Kanyabayonga no mu bice biwukikije by’umwihariko mu byo mu majyepfo ya Teritwari ya Lubero ndetse no mu gace ko mu majyaruguru ya Sheferi ya Bwito muri Teritwari ya Rutshuru, kuri iki Cyumweru habonetse agahenge.

Iki kinyamakuru kivuga ko amakuru cyahawe na benshi, uyu mujyi uri gucungwa n’Igisirikare cya Congo, nyuma y’uko ku mugoroba wo ku wa Gatandatu hari humvikanye amasasu menshi.

Abatanze amakuru, bavuga ko kuri uwo munsi wo ku wa Gatandatu tariki 08 Kamena 2024, ari bwo abarwanyi ba M23 bavuye muri uyu mujyi, bakerecyeza mu bice bitandukanye byo muri Bwito ari na ho bari kugeza ubu.

Iki gitangazamakuru kivuga kandi ko abagihaye amakuru, bavuze ko nanone abasirikare b’ubufatanye bw’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bari no kugenzura ibice bya Mirangi, Lusuli na Kyahala, biherereye mu bilometero 20 uvuye mu majyepfo ya Kanyabayonga.

Kugeza kuri iki Cyumweru, M23 yo yari iri mu bice binyuranye byo muri Bwito, nko muri Bulindi, muri bilometero 10 uvuye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kanyabayonga.

Ni mu gihe hari abaturage benshi bavuye mu mujyi wa Kanyabayonga kubera imirwano, ubu bakaba batabarizwa na Sosiyete Sivile, ivuga ko bakeneye ubufasha bwihuse, ariko ikanasaba ko basubira mu byabo kuko habonetse ituze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − nine =

Previous Post

Kayonza: Ntibagisangira amazi n’amatungo ariko n’ubundi biracyari amaburakindi

Next Post

Rutahizamu w’Umunya-Uganda utazibagirana muri Rayon yagarutse gukinira ikipe yo mu Rwanda

Related Posts

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi ya Nigeria yarashe ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abaturage bigaragambyaga mu mujyi wa Lagos, bamagana ibikorwa byo gusenya...

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

IZIHERUKA

Five things you must know before a job interview
MU RWANDA

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Umunya-Uganda utazibagirana muri Rayon yagarutse gukinira ikipe yo mu Rwanda

Rutahizamu w’Umunya-Uganda utazibagirana muri Rayon yagarutse gukinira ikipe yo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Five things you must know before a job interview

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.