Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo yongeye guhabwa gasopo ku bikorwa yijanditsemo bibangamira u Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo yongeye guhabwa gasopo ku bikorwa yijanditsemo bibangamira u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ku bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) gikorana n’imitwe inyuranye irimo n’uwa FDLR, ari na byo Leta Zunze Ubumwe za America zahereyeho zigategeka iki Gihugu guhagarika vuba na bwangu ubu bufatanye.

Iyi raporo y’izi mpuguke z’Umuryango w’Abibumbye, yagize icyo ivugwaho na Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kamena 2023, mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’iki Gihugu.

Muri iri tangazo, iki Gihugu gitangira kivuga ko “cyakiriye neza iyi raporo y’itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Tubabajwe n’ibikorwa by’ihohoterwa byahitanye benshi, bigakomeretsa abandi, ndetse abandi bakava mu byabo, n’abandi bagizweho ingaruka n’ibi bikorwa by’ihohoterwa.”

Iki Gihugu gikomeza gisaba imitwe yitwaje intwaro irimo M23, CODECO, FDLR, MAPO ndetse n’indi yose, gushyira hasi intwaro, ndetse ikomoka hanze, igasubira mu Bihugu yaturutsemo, naho iyo muri DRC yo ikitabira inzira z’ibiganiro byo gushaka amahoro ziyobowe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, biri hagati ya Guverinoma y’iki Gihugu n’imitwe yitwaje intwaro.

Leta Zunze Ubumwe za America zikomeza zigira ziti “Turatangaza ubufatanye bw’ubuyobozi bw’Igisirikare cy’Igihugu cya Congo (FARDC) n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye irimo n’iyafatiwe ibihano na UN na US nka FDLR, kandi dusaba Guverinoma ya DRC guhagarika vuba na bwangu ubwo bufatanye n’imitwe yitwaje intwaro.”

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yongeye kandi kugendera mu kinyoma cyahimbwe na DRC ko ingabo z’u Rwanda ziri muri kiriya Gihugu, isaba ko ruzikurayo ngo rukanahagarika guhagarika gufasha umutwe wa M23 ngo nk’uko na byo bikubiye muri iriya raporo.

Ni ibirego Guverinoma y’u Rwanda itahwemye kunyomoza, igaragaza ko ntaho ruhuriye n’ibibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 10 =

Previous Post

Uko byagendekeye abasore bari bagiye kugurisha televiziyo bibye ku munsi w’Imana

Next Post

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.