Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo yongeye guhabwa gasopo ku bikorwa yijanditsemo bibangamira u Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo yongeye guhabwa gasopo ku bikorwa yijanditsemo bibangamira u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ku bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) gikorana n’imitwe inyuranye irimo n’uwa FDLR, ari na byo Leta Zunze Ubumwe za America zahereyeho zigategeka iki Gihugu guhagarika vuba na bwangu ubu bufatanye.

Iyi raporo y’izi mpuguke z’Umuryango w’Abibumbye, yagize icyo ivugwaho na Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kamena 2023, mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’iki Gihugu.

Muri iri tangazo, iki Gihugu gitangira kivuga ko “cyakiriye neza iyi raporo y’itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Tubabajwe n’ibikorwa by’ihohoterwa byahitanye benshi, bigakomeretsa abandi, ndetse abandi bakava mu byabo, n’abandi bagizweho ingaruka n’ibi bikorwa by’ihohoterwa.”

Iki Gihugu gikomeza gisaba imitwe yitwaje intwaro irimo M23, CODECO, FDLR, MAPO ndetse n’indi yose, gushyira hasi intwaro, ndetse ikomoka hanze, igasubira mu Bihugu yaturutsemo, naho iyo muri DRC yo ikitabira inzira z’ibiganiro byo gushaka amahoro ziyobowe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, biri hagati ya Guverinoma y’iki Gihugu n’imitwe yitwaje intwaro.

Leta Zunze Ubumwe za America zikomeza zigira ziti “Turatangaza ubufatanye bw’ubuyobozi bw’Igisirikare cy’Igihugu cya Congo (FARDC) n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye irimo n’iyafatiwe ibihano na UN na US nka FDLR, kandi dusaba Guverinoma ya DRC guhagarika vuba na bwangu ubwo bufatanye n’imitwe yitwaje intwaro.”

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yongeye kandi kugendera mu kinyoma cyahimbwe na DRC ko ingabo z’u Rwanda ziri muri kiriya Gihugu, isaba ko ruzikurayo ngo rukanahagarika guhagarika gufasha umutwe wa M23 ngo nk’uko na byo bikubiye muri iriya raporo.

Ni ibirego Guverinoma y’u Rwanda itahwemye kunyomoza, igaragaza ko ntaho ruhuriye n’ibibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + twenty =

Previous Post

Uko byagendekeye abasore bari bagiye kugurisha televiziyo bibye ku munsi w’Imana

Next Post

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.