Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir akaba anayoboye Akanama k’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yagiye kuganira na Félix Tshisekedi, ku bibazo by’umutekano biri muri iki Gihugu.

Ni uruzinduko yagize kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024 nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutumwa bwatanzwe na Perezidansi ya Congo, buvuga ko “muri uyu mugoroba, mu rugo we muri Mont-Ngaliema, Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Salva Kiir, Perezida wa Sudani y’Epfo, akaba na Perezida wa EAC uri mu ruzinduko rw’akazi mu kugarura amahoro n’umutekano mu karere.”

Perezidansi ya DRC ivuga kandi ko Abakuru b’Ibihugu ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi, banagiranye umusangiro, bikaba biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere, Abakuru b’Ibihugu bongera guhura.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Congo, bugira buti “Kuri uyu wa Mbere, Perezida Tshisekedi na Salva Kiir baragirana ibindi biganiro ndetse n’ibikorwa by’akazi bitekanyijwe hagati y’abayobozi b’Ibihugu byabo.”

Perezida Salva Kiir uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, agiriye uruzinduko muri Congo nyuma y’amezi atatu, ingabo zari mu butumwa bw’uyu muryango muri iki Gihugu, zivuyeyo nyuma y’uko igihe cyazo cyarangiye ndetse ubutegetsi bwa Congo ntibwifuze ko cyongerwa.

Ibi biganiro kandi bibaye nyuma y’uko Perezida Félix Tshisekedi agiriye uruzinduko muri Angola, akakirwa na Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço, bakanagirana ibiganiro, byasoje yemeye ndetse akanifuza ko yazagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Umukuru w’u Rwanda, na we mu byumweru bibiri bishize, yagiriye uruzinduko i Luanda, aho na we yaganiriye na João Lourenço, na we akemera kuzaganira na Tshisekedi.

Salva Kiir kuri iki Cyumweru ubwo yageraga muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + five =

Previous Post

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Next Post

Sitting Volleyball: Hamenyekanye amakipe yegukanye shampiyona arimo iyitwaye inshuro 6 zikurikiranya

Related Posts

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

by radiotv10
16/09/2025
0

Ikubuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye kiri i Bujumbura mu Burundi, cyamaze ijoro ryose nta ndege zikigwaho cyangwa ngo zihaguruke...

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda
MU RWANDA

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

17/09/2025
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

16/09/2025
Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sitting Volleyball: Hamenyekanye amakipe yegukanye shampiyona arimo iyitwaye inshuro 6 zikurikiranya

Sitting Volleyball: Hamenyekanye amakipe yegukanye shampiyona arimo iyitwaye inshuro 6 zikurikiranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.