Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir akaba anayoboye Akanama k’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yagiye kuganira na Félix Tshisekedi, ku bibazo by’umutekano biri muri iki Gihugu.

Ni uruzinduko yagize kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024 nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutumwa bwatanzwe na Perezidansi ya Congo, buvuga ko “muri uyu mugoroba, mu rugo we muri Mont-Ngaliema, Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Salva Kiir, Perezida wa Sudani y’Epfo, akaba na Perezida wa EAC uri mu ruzinduko rw’akazi mu kugarura amahoro n’umutekano mu karere.”

Perezidansi ya DRC ivuga kandi ko Abakuru b’Ibihugu ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi, banagiranye umusangiro, bikaba biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere, Abakuru b’Ibihugu bongera guhura.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Congo, bugira buti “Kuri uyu wa Mbere, Perezida Tshisekedi na Salva Kiir baragirana ibindi biganiro ndetse n’ibikorwa by’akazi bitekanyijwe hagati y’abayobozi b’Ibihugu byabo.”

Perezida Salva Kiir uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, agiriye uruzinduko muri Congo nyuma y’amezi atatu, ingabo zari mu butumwa bw’uyu muryango muri iki Gihugu, zivuyeyo nyuma y’uko igihe cyazo cyarangiye ndetse ubutegetsi bwa Congo ntibwifuze ko cyongerwa.

Ibi biganiro kandi bibaye nyuma y’uko Perezida Félix Tshisekedi agiriye uruzinduko muri Angola, akakirwa na Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço, bakanagirana ibiganiro, byasoje yemeye ndetse akanifuza ko yazagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Umukuru w’u Rwanda, na we mu byumweru bibiri bishize, yagiriye uruzinduko i Luanda, aho na we yaganiriye na João Lourenço, na we akemera kuzaganira na Tshisekedi.

Salva Kiir kuri iki Cyumweru ubwo yageraga muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seventeen =

Previous Post

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Next Post

Sitting Volleyball: Hamenyekanye amakipe yegukanye shampiyona arimo iyitwaye inshuro 6 zikurikiranya

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sitting Volleyball: Hamenyekanye amakipe yegukanye shampiyona arimo iyitwaye inshuro 6 zikurikiranya

Sitting Volleyball: Hamenyekanye amakipe yegukanye shampiyona arimo iyitwaye inshuro 6 zikurikiranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.