• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in AMAHANGA
0
Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwuzure ukomeye wibasiye ibice byo mu majyepfo no mu burasirazuba bwa Espagne, ugahitana abarenga 50 abandi bakaburirwa irengero, hashyizweho amabwiriza arimo asaba abaturage kuguma mu ngo zabo.

Iyi myuzure yabaye kuri uyu wa Kabiri utewe n’imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, yahitanye abantu 50, mu gihe abandi barindwi baburiwe irengero, nk’uko byemejwe kuri uyu wa Gatatu.

Minisitiri w’Intebe, Pedro Sanchez abinyujije kuri X, yagize ati “Ndi gukurikiranira hafi amakuru y’abantu baburiwe irengero n’ibyangijwe n’uyu mwuzure mu masaha macye ashize.”

Iyi mvura nyinshi yibasiye amajyepfo n’iburasirazuba bwa Espagne, yateye imyuzure yarengeye imihanda yo mijyi itandukanye y’iki Gihugu, bikaba byatumye abayobozi mu bice byibasiwe cyane basaba abaturage kuguma mu rugo no kwirinda ingendo zitari ngombwa, mu gihe amashuri n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi na byo byahagaze.

Leta ya Espagne, yohereje umutwe w’igisirikare wihariye mu bikorwa by’ubutabazi, mu bice byibasiye cyane kugira ngo ifashe mu butabazi, aho hari gukoreshwa indege za kajugujugu mu gutaba abantu baheze mu mazu no mu modoka byarengewe n’umwuzure.

Biteganyijwe ko iyi imvura nyinshi izakomeza kugwa muri Espagne  kugeza ku wa Kane, nk’uko bitangazwa n’abashinzwe iteganyagihe muri iki Gihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

Next Post

Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe

Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.