Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ethiopia: Hatahuwe ahakorerwaga ubutinganyi hatakekwaga none hari icyahise gikorwa kihutirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda rishizwe kubungabunga amahoro n’umutekano i Addis Ababa muri Ethiopia, riri mu mukwabu wo kurandura ibikorwa by’ubutinganyi muri uyu mujyi, nyuma y’uko Leta itahuye ko buri gukorerwa mu mahoteri n’utubari no mu nzu z’imyidagaduro.

Izi nzego zamanutse mu mahoteli, mu tubari ndetse no muri za Resitora zikekwa ko ziri gukorerwamo ibi bikorwa by’ubutinganyi bisanzwe ari sakirirego muri iki Gihugu.

Itangazo ryagiye hanze, rivuga ko ibi bikorwa, bari kubikora bafatanyije na Polisi yo muri uyu Murwa Mukuru wa Ethiopia, bikaba byatangiye nyuma yo gutungirwa agatoki n’abaturage.

Mu itangazo rihuriweho n’izi nzego zirimo iz’umutekano, zibukije ko “ibikorwa byose by’ubutinganyi n’ibisa na bwo bitemewe muri iki Gihugu, kandi ko bihanwa n’amategeko, bityo ko hazakomeza ibikorwa bafatanyije na Polisi byo kubirandura.”

Ahagaragaye ko hari gukorerwa ibi bikorwa, harimo kandi inzu z’imyidagaduro, nk’inzu izwi nka ‘Abeba Guest House’ iherereye mu gace ka Yeka Subcity Woreda, ikaba yatahuwe nyuma y’uko abaturage bahavuze.

Iri tangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane, rivuga ko “hahise hatangira iperereza ndetse iyi nzu ubu ikaba igoswe na Polisi y’i Addis Ababa.”

Leta yo muri uyu mujyi kandi yari yasabye abaturage bose bazamenya ahaba hakorerwa ibi bikorwa by’ubutinganyi, bazajya batungira agatoki inzego, bakazihamagara ndetse bahabwa n’imirongo ya telefone itishyurwa bazajya bahamagaraho.

Ni nyuma y’uko abaturage kandi ubwabo bayisabiye inzego, bavuga ko ibi bikorwa bikomeje gufata intera nyamara biri muri za kirazira mu muco wabo, bagasaba ko hashyirwaho ingamba zikarishye zo kubirwanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 12 =

Previous Post

Abasirikare ba RDF bari muri S.Sudan bagaragarijwe ko ibikorwa by’indashyikirwa byabo bizirikanwa

Next Post

Uko habaye impanuka idasanzwe yasize agahinda mu muryango w’uwari mu mirimo

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko habaye impanuka idasanzwe yasize agahinda mu muryango w’uwari mu mirimo

Uko habaye impanuka idasanzwe yasize agahinda mu muryango w’uwari mu mirimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.