Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC na FDLR bahengereye abaturage baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC na FDLR bahengereye abaturage  baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko abarwanirira uruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo FARDC na FDLR bagabye ibitero mu bice birimo i Goma, mu rukerera, bakica abaturage bane.

Iby’ibi bitero byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, wavuze ko “kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025 saa munani n’igice zo mu rukerera, abarwanyi bishyize hamwe b’Ubutegetsi bw’inkoramaraso bwa Kinshasa bagizwe na FARDC, FDLR, Mari-Mai, Wazalendo na Nyatura bagabye ibitero shuma mu bice bituwe cyane n’abaturage bya Kibati, Munigi, Goma no mu bice bihakikije, byahitanye inzirakarengane z’abasivile bane abandi batatu barakomereka bikabije.”

Kanyuka yaboneyeho guhamagarira imiryango irengera uburenganzira bwa muntu, n’umuryango mpuzamahanga, kugaragaza ibi byaha byibasiye inyokomuntu biriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Nanone kandi yavuze ko nubwo ibiganiro by’i Doha byasinyiwemo amahame yo guhagarika imirwano, ariko ubutegetsi bwa Kinshasa bwanze kubahiriza ibiyakubiyemo, nko kurekura imfungwa zagaragajwe n’iri Huriro rya AFC/M23 bafunzwe bashinjwa kurishyigikira.

Yavuze kandi ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bwakomeje guta muri yombi no gukatira igihano cy’urupfu abiyemeje gushyigikira iri Huriro AFC/M23 “ku buryo bigeza n’aho bagambiriye kubikorera Perezida Joseph Kabila” wayoboye iki Gihugu.

Ibi bitero bikomeje kugabwa n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, bije nyuma yuko AFC/M23 itanze impuruza ko uru ruhande bahanganye rukomeje kugaragaza umugambi wo gukaza intambara, bitewe n’iyoherezwa ry’abasirikare n’intwaro mu bice binyuranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego

Related Posts

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.