Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in MU RWANDA
0
FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Imyanzuro kuri Raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye, ku bibazo by’umutekano mucye wo mu Burasirazuba bwa DRC, igaruka ku bikwiye gukorwa ku ngingo zinyuranye zirimo kuba FARDC na Maï-Maï bari mu bucuruzi bwa Zahabu, ijyanwa gucuruzwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ibanje kunyura mu Bihugu birimo u Rwanda n’u Burundi.

Inyandiko dukesha Leo Njo Leo News ku isesengura ryakozwe na Didier Amani SANGARA NTALE, ivuga ko iyi raporo y’inzobere za UN yagiye hanze tariki 03 Gicurasi 2022 igasuzumwa Tariki 13 Gicurasi n’Akanama gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi.

Iri sesengura rigaruka ku kuba iyi raporo yaremeje ko u Rwanda ruri inyuma y’ibikorwa by’umutekano mucye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo ariko ko Perezida Paul Kagame na we afite uburenganzira “bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu cye ibitero by’abasize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi (FDLR) kandi ko atategereza ko binjira mu Gihugu cye.”

Ku bijyanye n’imyanzuro kuri iyi raporo, iri sesengura rigaruka kuri buri gikorwa nko ku bijyanye no kuba umutwe wa M23 warubuye imirwano, rikavuga ko yayubuye kuko Leta ya Congo itigeze yubahiriza amasezerano y’imishyikirano yagiranye na M23 tariki 12 Ukuboza 2013

Umwanzuro kuri iyi ngingo, uvuga ko Guverinoma ya Congo ikwiye kubahiriza aya masezerano kandi ikemera ko habaho ibindi biganiro bishya hagati yayo na M23.

Igaruka kandi ku bucuruzi bunyuranyije n’amategeko bwa Zahabu muri bice binyuranye bya Kivu y’Epfo birimo Bukavu, Uvira, Baraka, Fizi na Tanganyika, aho bivugwa ko ubwo bucuruzi bukorwa n’abacuruzi b’Abarundi n’Abanya-Tanzania, aho babanza kuyinyuza mu Burundi, mu Rwanda no muri Tanzania ubundi ikabona kujyanwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ifite uruhushya rwa CIRGL.

Ngo hari n’ubucuruzi bwa Zahabu ya Muchacha bukorwa n’umutwe wa Maï-Maï n’igisirikare cya FARDC na yo igenda ifite uruhushya rwa CIRGL n’icyemezo cya Congo.

Ku bijyanye n’ubu bucuruzi, impunguke za UN zanzure ko Guverinoma ya Congo igomba gukora ubugenzuzi bw’amashyirahamwe akora ubucuruzi bwa Zahabu ahitwa Baraka ndetse n’uburyo igurishwa muri Uvira na Bukavu kugira ngo harebwe niba bikorwa mu buryo bwubahirije amategeko ndetse ko buhuje n’amabwiriza ya CIRGL.

Ngo hagomba kandi gushyirwaho uburyo bwo kumenya inzira zose Zahabu icuruzwa ku burenganzira bwa CIRGL muri Terirwari ya Mombasa ndetse na Muchacha.

Iyi raporo kandi igaruka ku mitwe ya ADF na CODECO ikomeje gutegura no gukora ibitero bihitana ubuzima bw’abatuarage, aho izi nzobere zisaba Leta ya Congo, kongerera ingufu igisirikare cyayo ariko kandi ikanibuka gukangurira abaturage kugira uruhare mu bikorwa byo kurwanya iyi mitwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 6 =

Previous Post

Musanze: Imodoka yatobotse ipine irenga umuhanda igonga abarimo umubyeyi wari ufite impinja ebyiri

Next Post

Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Minisitiri w'Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.