Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in MU RWANDA
0
FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Imyanzuro kuri Raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye, ku bibazo by’umutekano mucye wo mu Burasirazuba bwa DRC, igaruka ku bikwiye gukorwa ku ngingo zinyuranye zirimo kuba FARDC na Maï-Maï bari mu bucuruzi bwa Zahabu, ijyanwa gucuruzwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ibanje kunyura mu Bihugu birimo u Rwanda n’u Burundi.

Inyandiko dukesha Leo Njo Leo News ku isesengura ryakozwe na Didier Amani SANGARA NTALE, ivuga ko iyi raporo y’inzobere za UN yagiye hanze tariki 03 Gicurasi 2022 igasuzumwa Tariki 13 Gicurasi n’Akanama gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi.

Iri sesengura rigaruka ku kuba iyi raporo yaremeje ko u Rwanda ruri inyuma y’ibikorwa by’umutekano mucye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo ariko ko Perezida Paul Kagame na we afite uburenganzira “bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu cye ibitero by’abasize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi (FDLR) kandi ko atategereza ko binjira mu Gihugu cye.”

Ku bijyanye n’imyanzuro kuri iyi raporo, iri sesengura rigaruka kuri buri gikorwa nko ku bijyanye no kuba umutwe wa M23 warubuye imirwano, rikavuga ko yayubuye kuko Leta ya Congo itigeze yubahiriza amasezerano y’imishyikirano yagiranye na M23 tariki 12 Ukuboza 2013

Umwanzuro kuri iyi ngingo, uvuga ko Guverinoma ya Congo ikwiye kubahiriza aya masezerano kandi ikemera ko habaho ibindi biganiro bishya hagati yayo na M23.

Igaruka kandi ku bucuruzi bunyuranyije n’amategeko bwa Zahabu muri bice binyuranye bya Kivu y’Epfo birimo Bukavu, Uvira, Baraka, Fizi na Tanganyika, aho bivugwa ko ubwo bucuruzi bukorwa n’abacuruzi b’Abarundi n’Abanya-Tanzania, aho babanza kuyinyuza mu Burundi, mu Rwanda no muri Tanzania ubundi ikabona kujyanwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ifite uruhushya rwa CIRGL.

Ngo hari n’ubucuruzi bwa Zahabu ya Muchacha bukorwa n’umutwe wa Maï-Maï n’igisirikare cya FARDC na yo igenda ifite uruhushya rwa CIRGL n’icyemezo cya Congo.

Ku bijyanye n’ubu bucuruzi, impunguke za UN zanzure ko Guverinoma ya Congo igomba gukora ubugenzuzi bw’amashyirahamwe akora ubucuruzi bwa Zahabu ahitwa Baraka ndetse n’uburyo igurishwa muri Uvira na Bukavu kugira ngo harebwe niba bikorwa mu buryo bwubahirije amategeko ndetse ko buhuje n’amabwiriza ya CIRGL.

Ngo hagomba kandi gushyirwaho uburyo bwo kumenya inzira zose Zahabu icuruzwa ku burenganzira bwa CIRGL muri Terirwari ya Mombasa ndetse na Muchacha.

Iyi raporo kandi igaruka ku mitwe ya ADF na CODECO ikomeje gutegura no gukora ibitero bihitana ubuzima bw’abatuarage, aho izi nzobere zisaba Leta ya Congo, kongerera ingufu igisirikare cyayo ariko kandi ikanibuka gukangurira abaturage kugira uruhare mu bikorwa byo kurwanya iyi mitwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Musanze: Imodoka yatobotse ipine irenga umuhanda igonga abarimo umubyeyi wari ufite impinja ebyiri

Next Post

Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Minisitiri w'Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.