Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in MU RWANDA
0
FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Imyanzuro kuri Raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye, ku bibazo by’umutekano mucye wo mu Burasirazuba bwa DRC, igaruka ku bikwiye gukorwa ku ngingo zinyuranye zirimo kuba FARDC na Maï-Maï bari mu bucuruzi bwa Zahabu, ijyanwa gucuruzwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ibanje kunyura mu Bihugu birimo u Rwanda n’u Burundi.

Inyandiko dukesha Leo Njo Leo News ku isesengura ryakozwe na Didier Amani SANGARA NTALE, ivuga ko iyi raporo y’inzobere za UN yagiye hanze tariki 03 Gicurasi 2022 igasuzumwa Tariki 13 Gicurasi n’Akanama gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi.

Iri sesengura rigaruka ku kuba iyi raporo yaremeje ko u Rwanda ruri inyuma y’ibikorwa by’umutekano mucye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo ariko ko Perezida Paul Kagame na we afite uburenganzira “bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu cye ibitero by’abasize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi (FDLR) kandi ko atategereza ko binjira mu Gihugu cye.”

Ku bijyanye n’imyanzuro kuri iyi raporo, iri sesengura rigaruka kuri buri gikorwa nko ku bijyanye no kuba umutwe wa M23 warubuye imirwano, rikavuga ko yayubuye kuko Leta ya Congo itigeze yubahiriza amasezerano y’imishyikirano yagiranye na M23 tariki 12 Ukuboza 2013

Umwanzuro kuri iyi ngingo, uvuga ko Guverinoma ya Congo ikwiye kubahiriza aya masezerano kandi ikemera ko habaho ibindi biganiro bishya hagati yayo na M23.

Igaruka kandi ku bucuruzi bunyuranyije n’amategeko bwa Zahabu muri bice binyuranye bya Kivu y’Epfo birimo Bukavu, Uvira, Baraka, Fizi na Tanganyika, aho bivugwa ko ubwo bucuruzi bukorwa n’abacuruzi b’Abarundi n’Abanya-Tanzania, aho babanza kuyinyuza mu Burundi, mu Rwanda no muri Tanzania ubundi ikabona kujyanwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ifite uruhushya rwa CIRGL.

Ngo hari n’ubucuruzi bwa Zahabu ya Muchacha bukorwa n’umutwe wa Maï-Maï n’igisirikare cya FARDC na yo igenda ifite uruhushya rwa CIRGL n’icyemezo cya Congo.

Ku bijyanye n’ubu bucuruzi, impunguke za UN zanzure ko Guverinoma ya Congo igomba gukora ubugenzuzi bw’amashyirahamwe akora ubucuruzi bwa Zahabu ahitwa Baraka ndetse n’uburyo igurishwa muri Uvira na Bukavu kugira ngo harebwe niba bikorwa mu buryo bwubahirije amategeko ndetse ko buhuje n’amabwiriza ya CIRGL.

Ngo hagomba kandi gushyirwaho uburyo bwo kumenya inzira zose Zahabu icuruzwa ku burenganzira bwa CIRGL muri Terirwari ya Mombasa ndetse na Muchacha.

Iyi raporo kandi igaruka ku mitwe ya ADF na CODECO ikomeje gutegura no gukora ibitero bihitana ubuzima bw’abatuarage, aho izi nzobere zisaba Leta ya Congo, kongerera ingufu igisirikare cyayo ariko kandi ikanibuka gukangurira abaturage kugira uruhare mu bikorwa byo kurwanya iyi mitwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − ten =

Previous Post

Musanze: Imodoka yatobotse ipine irenga umuhanda igonga abarimo umubyeyi wari ufite impinja ebyiri

Next Post

Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Related Posts

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Why Some People Feel Tired After Socializing
IMIBEREHO MYIZA

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Minisitiri w'Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Feel Tired After Socializing

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.