Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba

radiotv10by radiotv10
06/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Inama Nkuru ya Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye ko hakurwaho igihano kiremeye gihabwa abasirikare ba FARDC bata urugamba n’abarangwa n’ubuhemu.

Ni icyifuzo cyatanzwe kuri uyu wa Mbere tariki 05 Gashyantare 2023 ubwo hateranaga iyi Nama Nkuru y’Ingabo muri iki Gihugu yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi, akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa FARDC.

Iyi Nama Nkuru ya Gisirikare, yiyemeje ko FARDC igomba gukora ibishoboka byose ikigarurira ibice byose yambuwe n’umutwe wa M23, bimaze igihe mu mirwano.

Minisititi w’Intebe Wungirije akaba na Minisititi w’Ingabo, Jean-Pierre Bemba Gombo agaruka ku byaganiriweho muri iyi nama, yavuze ko igisirikare kiri gukora ibishoboka byose kugira ngo cyambure M23 utwo duce, kandi ko na Perezida Tshisekedi arajwe inshinga n’iyi ngingo.

Yagize ati “Inama Nkuru y’Ingabo yanasabye Umugaba w’Ikirenga mu bushobozi bwo kuba Umukuru w’Igihugu ko yahagarika igihano cy’urupfu gihabwa abasirikare bagaragaweho ubuhemu no guta urugamba.”

Jean Pierre Bemba yatangaje ibi mu gihe aherutse kwemeza ko FARDC ifite imbaraga nke ugereranyije n’imirwanire ya M23 bahanganye.

Byakunze kuvugwa ko hari abasirikare ba FARDC basuna urugamba bakaruta, bamwe bagiye banafatwa bakagezwa imbere y’ubucamanza, ndete bamwe bakaba baragiye bahanishwa igihano cy’urupfu.

Imirwano ihanganishije M23 na FARDC, yakomeje kuri uyu wa Mbere tariki 05 Gashyantare mu bice byo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, by’umwihariko mu gace ka Mweso, aho umutwe wa M23 wavuze ko FARDC n’abo bafatanyije bakomeje gusuka ibisaru biremereye mu duce dutuwemo n’abaturage benshi.

Nanone kandi kuri uyu wa mbere, habaye imirwano ikomeye mu gace ka Shaha gaherereye mu bilometero 9 uvuye mu mujyi wa Sake, aho umutwe wa M23 uvugwaho gufunga umuhanda uhuza umujyi wa Goma na Bukavu, unyuze Minova.

Jean Pierre Bemba kandi yatangaje ko Igisirikare cya Congo kiri gukora ibishoboka byose kugira ngo umujyi wa Goma utajya mu maboko ya M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Guhingisha imashini mu Rwanda bigeze he?- Hagaragajwe impamvu bitagenze uko byatekerezwaga

Next Post

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.