Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba

radiotv10by radiotv10
06/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC yahaye Tshisekedi icyifuzo ku gihano kiremereye gihabwa abasirikare basuna urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Inama Nkuru ya Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye ko hakurwaho igihano kiremeye gihabwa abasirikare ba FARDC bata urugamba n’abarangwa n’ubuhemu.

Ni icyifuzo cyatanzwe kuri uyu wa Mbere tariki 05 Gashyantare 2023 ubwo hateranaga iyi Nama Nkuru y’Ingabo muri iki Gihugu yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi, akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa FARDC.

Iyi Nama Nkuru ya Gisirikare, yiyemeje ko FARDC igomba gukora ibishoboka byose ikigarurira ibice byose yambuwe n’umutwe wa M23, bimaze igihe mu mirwano.

Minisititi w’Intebe Wungirije akaba na Minisititi w’Ingabo, Jean-Pierre Bemba Gombo agaruka ku byaganiriweho muri iyi nama, yavuze ko igisirikare kiri gukora ibishoboka byose kugira ngo cyambure M23 utwo duce, kandi ko na Perezida Tshisekedi arajwe inshinga n’iyi ngingo.

Yagize ati “Inama Nkuru y’Ingabo yanasabye Umugaba w’Ikirenga mu bushobozi bwo kuba Umukuru w’Igihugu ko yahagarika igihano cy’urupfu gihabwa abasirikare bagaragaweho ubuhemu no guta urugamba.”

Jean Pierre Bemba yatangaje ibi mu gihe aherutse kwemeza ko FARDC ifite imbaraga nke ugereranyije n’imirwanire ya M23 bahanganye.

Byakunze kuvugwa ko hari abasirikare ba FARDC basuna urugamba bakaruta, bamwe bagiye banafatwa bakagezwa imbere y’ubucamanza, ndete bamwe bakaba baragiye bahanishwa igihano cy’urupfu.

Imirwano ihanganishije M23 na FARDC, yakomeje kuri uyu wa Mbere tariki 05 Gashyantare mu bice byo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, by’umwihariko mu gace ka Mweso, aho umutwe wa M23 wavuze ko FARDC n’abo bafatanyije bakomeje gusuka ibisaru biremereye mu duce dutuwemo n’abaturage benshi.

Nanone kandi kuri uyu wa mbere, habaye imirwano ikomeye mu gace ka Shaha gaherereye mu bilometero 9 uvuye mu mujyi wa Sake, aho umutwe wa M23 uvugwaho gufunga umuhanda uhuza umujyi wa Goma na Bukavu, unyuze Minova.

Jean Pierre Bemba kandi yatangaje ko Igisirikare cya Congo kiri gukora ibishoboka byose kugira ngo umujyi wa Goma utajya mu maboko ya M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Guhingisha imashini mu Rwanda bigeze he?- Hagaragajwe impamvu bitagenze uko byatekerezwaga

Next Post

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha

Related Posts

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

IZIHERUKA

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare
AMAHANGA

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.