Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO, UDUSHYA
0
Federasiyo yayoborwaga n’uwakoze ibyavugishije benshi ku Isi yageneye Isi ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Espagne, ryasabye imbabazi abatuye Isi yose ku myitwarire idakwiye yagaragajwe na Perezida waryo, Luis Rubiales ubwo yasomeraga mu ruhame umunwa ku wundi umukinnyi w’umukobwa.

Luis Rubiales yasomye umukinnyi w’umukobwa witwa Jenni Hermoso ubwo ikipe y’abakobwa ya Espagne yegukanaga Igikombe cy’Isi cyarangiye mu kwezi gushize.

Ni imyitwarire yatunguye benshi biganjemo abasanzwe bakurikiranira hafi ruhago y’Isi, ndetse yanazamuye impaka nyinshi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Espagne kuri uyu wa Kabiri, ryavuze ko “risaba imbabazi ku Isi y’abakunzi ba ruhago no ku muryango w’abatuye Isi.” Ku myitwarire ya Perezida waryo Luis Rubiales, wahagaritswe na FIFA nyuma yo gusoma ku munwa umukinnyi Jenni Hermoso.

Muri iri tangazo ry’ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru muri Espagne, ryagize riti “Ishyirahamwe ry’Ubwami bwa Espagne rirasaba imbabazi ribikuye ku mutima Isi ya ruhago ndetse n’abandi bose ku bw’imyitwarire itihanganirwa y’uwari urihagarariye mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi.”

Iri shyirahamwe rivuga ko ibyagaragajwe n’uyu muyobozi bitatanze urugero rwiza ku Banya-Espagne bose, ku nzego z’iki Gihugu, ku bayobozi ba siporo muri Espagne ndetse no ku bakinnyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Next Post

Hamenyekanye imyanzuro yafatiwe mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Related Posts

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye imyanzuro yafatiwe mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Hamenyekanye imyanzuro yafatiwe mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.