Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

radiotv10by radiotv10
30/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
2
FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwongeye kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) burisaba guhabwa umwanzuro ntakuka ku cyifuzo cyo kongera abanyamahanga bakava kuri batandatu (6) bakagera ku munani (8).

Nubwo Shampiyona ‘Rwanda Premier League’ imaze iminsi itangiye aho hamaze gukinwa imikino ibiri, gusa kugeza ubu haracyari urujijo ku mubare w’abanyamahanga bagomba gukina mu makipe.

Ni mu gihe habura amasaha macye ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifunge dore ko rihagarara saa sita z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier burangajwe imbere na Hadji Mudaheranwa, mu ibaruwa bwandikiye FERWAFA, bwayisabye gutangaza icyemezo bwafashe

Iyi baruwa igira iti “Dushingiye ku mushinga (draft) w’amabwiriza agenga Rwanda Premier League 2024-2025 twabagejejeho ku itariki 18 Nyakanga 2024 aho amakipe agize Rwanda Premier League yabanje kuganira kandi akemeneranya ko habaho ubusabe bwo kuzamura umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga ikipe yemerewe gukinisha muri Rwanda Premier League, mu rwego rwo kuzamura ireme ry’irushanwa ari byo dusanga byakongera kuzamura umubare w’abakunzi b’umupira w’amagauru ku bibuga byo mu Rwanda, tunejejwe no kubandikira tubibutsa kuduha igisubizo ku ngingo irebana n’umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga ikipe yemerewe gukinisha muri Rwanda Premier League.”

Ubuyobozi bwa RPL, buvuga ko mu gihe isoko ryafunga amakipe adahawe igisubizo byayateza igihombo gikomeye kubera ko amakipe yaguze abakinnyi yizeye ko ubusabe bwabo buzahabwa agaciro.

Aime Augustin
RADIOTV10

Comments 2

  1. Irakiza degueste says:
    1 year ago

    Ferwafa yarikwiye kumva ubusabe bwabanyamuryango bayo kuko umupira suwa ferwafa ahubwo nuwabantu rusange knd yarikwiye gufatira urugero kubihugu byateyimbere mumupira hakarebwa umubare wabanyamahanga muma champion yateye imbere natwe dufatiraho urugero

    Reply
  2. Irakiza degueste says:
    1 year ago

    Erega abanyamuryango ntibagakwie kubisaba ahubwo ferwafa irebera inyungu zabanyamuryango niyo ikwie kubisaba abanyamuryango bayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 6 =

Previous Post

Sudan imaze iminsi mu bibazo ubu hiyongereyeho ibindi biri gusiga benshi mu marira

Next Post

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.