Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

radiotv10by radiotv10
30/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
2
FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwongeye kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) burisaba guhabwa umwanzuro ntakuka ku cyifuzo cyo kongera abanyamahanga bakava kuri batandatu (6) bakagera ku munani (8).

Nubwo Shampiyona ‘Rwanda Premier League’ imaze iminsi itangiye aho hamaze gukinwa imikino ibiri, gusa kugeza ubu haracyari urujijo ku mubare w’abanyamahanga bagomba gukina mu makipe.

Ni mu gihe habura amasaha macye ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifunge dore ko rihagarara saa sita z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier burangajwe imbere na Hadji Mudaheranwa, mu ibaruwa bwandikiye FERWAFA, bwayisabye gutangaza icyemezo bwafashe

Iyi baruwa igira iti “Dushingiye ku mushinga (draft) w’amabwiriza agenga Rwanda Premier League 2024-2025 twabagejejeho ku itariki 18 Nyakanga 2024 aho amakipe agize Rwanda Premier League yabanje kuganira kandi akemeneranya ko habaho ubusabe bwo kuzamura umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga ikipe yemerewe gukinisha muri Rwanda Premier League, mu rwego rwo kuzamura ireme ry’irushanwa ari byo dusanga byakongera kuzamura umubare w’abakunzi b’umupira w’amagauru ku bibuga byo mu Rwanda, tunejejwe no kubandikira tubibutsa kuduha igisubizo ku ngingo irebana n’umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga ikipe yemerewe gukinisha muri Rwanda Premier League.”

Ubuyobozi bwa RPL, buvuga ko mu gihe isoko ryafunga amakipe adahawe igisubizo byayateza igihombo gikomeye kubera ko amakipe yaguze abakinnyi yizeye ko ubusabe bwabo buzahabwa agaciro.

Aime Augustin
RADIOTV10

Comments 2

  1. Irakiza degueste says:
    1 year ago

    Ferwafa yarikwiye kumva ubusabe bwabanyamuryango bayo kuko umupira suwa ferwafa ahubwo nuwabantu rusange knd yarikwiye gufatira urugero kubihugu byateyimbere mumupira hakarebwa umubare wabanyamahanga muma champion yateye imbere natwe dufatiraho urugero

    Reply
  2. Irakiza degueste says:
    1 year ago

    Erega abanyamuryango ntibagakwie kubisaba ahubwo ferwafa irebera inyungu zabanyamuryango niyo ikwie kubisaba abanyamuryango bayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Sudan imaze iminsi mu bibazo ubu hiyongereyeho ibindi biri gusiga benshi mu marira

Next Post

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Related Posts

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.