Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

radiotv10by radiotv10
30/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
2
FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwongeye kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) burisaba guhabwa umwanzuro ntakuka ku cyifuzo cyo kongera abanyamahanga bakava kuri batandatu (6) bakagera ku munani (8).

Nubwo Shampiyona ‘Rwanda Premier League’ imaze iminsi itangiye aho hamaze gukinwa imikino ibiri, gusa kugeza ubu haracyari urujijo ku mubare w’abanyamahanga bagomba gukina mu makipe.

Ni mu gihe habura amasaha macye ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifunge dore ko rihagarara saa sita z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier burangajwe imbere na Hadji Mudaheranwa, mu ibaruwa bwandikiye FERWAFA, bwayisabye gutangaza icyemezo bwafashe

Iyi baruwa igira iti “Dushingiye ku mushinga (draft) w’amabwiriza agenga Rwanda Premier League 2024-2025 twabagejejeho ku itariki 18 Nyakanga 2024 aho amakipe agize Rwanda Premier League yabanje kuganira kandi akemeneranya ko habaho ubusabe bwo kuzamura umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga ikipe yemerewe gukinisha muri Rwanda Premier League, mu rwego rwo kuzamura ireme ry’irushanwa ari byo dusanga byakongera kuzamura umubare w’abakunzi b’umupira w’amagauru ku bibuga byo mu Rwanda, tunejejwe no kubandikira tubibutsa kuduha igisubizo ku ngingo irebana n’umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga ikipe yemerewe gukinisha muri Rwanda Premier League.”

Ubuyobozi bwa RPL, buvuga ko mu gihe isoko ryafunga amakipe adahawe igisubizo byayateza igihombo gikomeye kubera ko amakipe yaguze abakinnyi yizeye ko ubusabe bwabo buzahabwa agaciro.

Aime Augustin
RADIOTV10

Comments 2

  1. Irakiza degueste says:
    1 year ago

    Ferwafa yarikwiye kumva ubusabe bwabanyamuryango bayo kuko umupira suwa ferwafa ahubwo nuwabantu rusange knd yarikwiye gufatira urugero kubihugu byateyimbere mumupira hakarebwa umubare wabanyamahanga muma champion yateye imbere natwe dufatiraho urugero

    Reply
  2. Irakiza degueste says:
    1 year ago

    Erega abanyamuryango ntibagakwie kubisaba ahubwo ferwafa irebera inyungu zabanyamuryango niyo ikwie kubisaba abanyamuryango bayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Sudan imaze iminsi mu bibazo ubu hiyongereyeho ibindi biri gusiga benshi mu marira

Next Post

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.