Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gahunda ibayeho bwa mbere mu Rwanda mu gukorera ‘Perimi’ yatangiye

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gahunda ibayeho bwa mbere mu Rwanda mu gukorera ‘Perimi’ yatangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Gahunda nshya mu gukora ibizimini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga, yo kuba abantu barenga ibihumbi 250 bagombaga gukora mu gihe cy’umwaka bagiye gukoreshwa mu mezi abiri, yatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Iyi gahunda yari iherutse gutangazwa, yatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kamena 2023, aho abari bahawe amatariki yo kugeza muri Kamena umwaka utaha wa 2024, bagiye gukoresha ibizamini mu gihe cy’amezi abiri.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko abari bahawe kuzakora hagati ya tariki 12 Kamena 2023 kugeza muri Kamena 2024, barenga ibihumbi 250 barimo abazakora ibizamini by’uruhushya rw’agateganyo n’uruhushya rwa burundu.

Yagize ati “Ni igihe kirekire, byabaye ngombwa ko hakorwa ibishoboka kugira ngo bafashwe gukora vuba, hashyirwaho indi ngengabihe izabafasha kuba bose bamaze gukora ibizamini mu gihe cy’amezi abiri ku masite yose yo mu gihugu.”

Polisi y’u Rwanda itangaza ko ubu hari site 23 ziri mu bice binyuranye mu Gihugu hose ziri gukorerwaho ibizamini by’uruhushya rwa burundu ndetse na 16 z’abari gukorera impushya z’agateganyo hifashishijwe mudasobwa, ndetse na 15 zikorerwaho iz’agateganyo ariko ku mpapuro.

Muri iyi gahunda nshya, ibizamini by’uruhushya rw’agateganyo kuri mudasobwa ndetse n’iby’uruhushya rwa burundu, bizajya bikorwa kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatandatu, naho ibizamini by’uruhushya rw’agateganyo bikorerwa ku mpapuro bikorwe ku wa Gatanu wa buri cyumweru ku masite yose uko ari 15.

CP Kabera yavuze ko abiyandikishije bazajya bamenyeshwa mbere y’itariki y’ikizamini kugira ngo batazacikanwa.

Ibi kandi byari byanatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ibizamini no gutanga impushya zo gutwara ibinyabiziga, ryasohotse mu cyumweru gishize.

Iri tangazo ryagiraga riti “Abiyandikishije bose bazakira ubutumwa bugufi bukubiyemo amakuru abamenyesha itariki na Site bazakoreraho ikizamini. Umuntu uje gukora ikizamini agomba kuba yitwaje indangamuntu y’umwimerere kuko icyangombwa gisimbura indangamuntu cyangwa pasiporo ntibyemewe. Ikizamini gitangira saa moya za mu gitondo.”

Bamwe mu biyandikishije gukora ibi bizamini barebwa n’izi mpinduka, bagaragaje ko byabatunguye kuko harimo n’abatari baratangiye kwiga, kuko bumvaga bazakora umwaka utaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 1 =

Previous Post

AMAFOTO: Undi muyobozi ukomeye i Burundi na Madamu we bagiye gusarura umuceri

Next Post

Ikirere cyarakaye i Kigali ariko inyubako n’ibidukikije biracyamwenyura (Amafoto)

Related Posts

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirere cyarakaye i Kigali ariko inyubako n’ibidukikije biracyamwenyura (Amafoto)

Ikirere cyarakaye i Kigali ariko inyubako n’ibidukikije biracyamwenyura (Amafoto)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.