Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Makenga wa M23 yavuze ikintu gikomeye ashimira ingabo zoherejwe bivugwa ko zigiye kubarwanya

radiotv10by radiotv10
05/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen.Makenga wa M23 yavuze ikintu gikomeye ashimira ingabo zoherejwe bivugwa ko zigiye kubarwanya
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’umutwe wa M23, General Sultan Makenga yashimiye ingabo zo mu karere zoherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bivugwa ko zigiye kurwanya uyu mutwe, avuga ko ziri gutanga ubufasha bwo gutuma abanyekongo bagira amahoro bamaze igihe barabuze.

General Sultan Makenga yabivuze mu kiganiro yagiranye na televiziyo yitwa Tele Renaissance, yagarutseho ku itsinda ry’Ingabo zo mu karere zoherejwe mu butumwa muri Congo.

Yagize ati “Navuga ko nshima cyane igisirikare cy’akarere kiri gutanga ubufasha kikarara amajoro kugira ngo twebwe Abanyekongo tubone amahoro.”

Yavuze ko ibiri gukorwa n’izi ngabo z’akarere zigize itsinda ry’abasirikare bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, byari bikenewe kugira ngo Abanyekongo babone amahoro bamaze igihe barabuze.

Ati “Kandi ayo mahoro akwiye kugera kuri bose, ubundi akarere kose kakagira amahoro ubundi kagatere imbere.”

Gen Sultan Makenga yaboneyeho gusaba buri wese guhaguruka kugira ngo aya mahoro yifuzwa aboneke kandi agere kuri bose, bityo n’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gototezwa, baruhuke babone amahoro.

Ati “Ndifuza ko abantu bose bahagurikira icya rimwe kugira ngo amahoro agaruke kandi agere kuri bose, ndetse ubwicanyi bukorerwa abantu bamwe bazira ubwoko bwabo n’uko basa, buhagarare, abantu babane mu mahoro, n’ubukungu bwacu butere imbere.”

General Sultan Makenga utarakunze kugaragara imbere ya camera kuva umutwe wa M23 wakubura imirwano, aherutse gutanga ikiganiro n’abanyamakuru, anagaruka ku bwicanyi bwabereye Kishishe bwegetswe kuri uyu mutwe wa M23, ahakana iby’ariya makuru.

Uyu mugaba w’abarwanyi ba M23, yavuze ko uyu mutwe wikoreye iperereza, ugasanga muri aka gace ka Kishishe haraguye abasivile umunani na bo baguye mu mirwano yahuje uyu mutwe na FARDC yifatanyije n’imitwe irimo FDLR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 16 =

Previous Post

Ukuri kuri video ikojeje isoni ya Moses Turahirwa yakwishyiriye hanze

Next Post

Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Related Posts

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.