Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Makenga wa M23 yavuze ikintu gikomeye ashimira ingabo zoherejwe bivugwa ko zigiye kubarwanya

radiotv10by radiotv10
05/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen.Makenga wa M23 yavuze ikintu gikomeye ashimira ingabo zoherejwe bivugwa ko zigiye kubarwanya
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’umutwe wa M23, General Sultan Makenga yashimiye ingabo zo mu karere zoherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bivugwa ko zigiye kurwanya uyu mutwe, avuga ko ziri gutanga ubufasha bwo gutuma abanyekongo bagira amahoro bamaze igihe barabuze.

General Sultan Makenga yabivuze mu kiganiro yagiranye na televiziyo yitwa Tele Renaissance, yagarutseho ku itsinda ry’Ingabo zo mu karere zoherejwe mu butumwa muri Congo.

Yagize ati “Navuga ko nshima cyane igisirikare cy’akarere kiri gutanga ubufasha kikarara amajoro kugira ngo twebwe Abanyekongo tubone amahoro.”

Yavuze ko ibiri gukorwa n’izi ngabo z’akarere zigize itsinda ry’abasirikare bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, byari bikenewe kugira ngo Abanyekongo babone amahoro bamaze igihe barabuze.

Ati “Kandi ayo mahoro akwiye kugera kuri bose, ubundi akarere kose kakagira amahoro ubundi kagatere imbere.”

Gen Sultan Makenga yaboneyeho gusaba buri wese guhaguruka kugira ngo aya mahoro yifuzwa aboneke kandi agere kuri bose, bityo n’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gototezwa, baruhuke babone amahoro.

Ati “Ndifuza ko abantu bose bahagurikira icya rimwe kugira ngo amahoro agaruke kandi agere kuri bose, ndetse ubwicanyi bukorerwa abantu bamwe bazira ubwoko bwabo n’uko basa, buhagarare, abantu babane mu mahoro, n’ubukungu bwacu butere imbere.”

General Sultan Makenga utarakunze kugaragara imbere ya camera kuva umutwe wa M23 wakubura imirwano, aherutse gutanga ikiganiro n’abanyamakuru, anagaruka ku bwicanyi bwabereye Kishishe bwegetswe kuri uyu mutwe wa M23, ahakana iby’ariya makuru.

Uyu mugaba w’abarwanyi ba M23, yavuze ko uyu mutwe wikoreye iperereza, ugasanga muri aka gace ka Kishishe haraguye abasivile umunani na bo baguye mu mirwano yahuje uyu mutwe na FARDC yifatanyije n’imitwe irimo FDLR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Ukuri kuri video ikojeje isoni ya Moses Turahirwa yakwishyiriye hanze

Next Post

Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.