Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Makenga wa M23 yavuze ikintu gikomeye ashimira ingabo zoherejwe bivugwa ko zigiye kubarwanya

radiotv10by radiotv10
05/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen.Makenga wa M23 yavuze ikintu gikomeye ashimira ingabo zoherejwe bivugwa ko zigiye kubarwanya
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’umutwe wa M23, General Sultan Makenga yashimiye ingabo zo mu karere zoherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bivugwa ko zigiye kurwanya uyu mutwe, avuga ko ziri gutanga ubufasha bwo gutuma abanyekongo bagira amahoro bamaze igihe barabuze.

General Sultan Makenga yabivuze mu kiganiro yagiranye na televiziyo yitwa Tele Renaissance, yagarutseho ku itsinda ry’Ingabo zo mu karere zoherejwe mu butumwa muri Congo.

Yagize ati “Navuga ko nshima cyane igisirikare cy’akarere kiri gutanga ubufasha kikarara amajoro kugira ngo twebwe Abanyekongo tubone amahoro.”

Yavuze ko ibiri gukorwa n’izi ngabo z’akarere zigize itsinda ry’abasirikare bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, byari bikenewe kugira ngo Abanyekongo babone amahoro bamaze igihe barabuze.

Ati “Kandi ayo mahoro akwiye kugera kuri bose, ubundi akarere kose kakagira amahoro ubundi kagatere imbere.”

Gen Sultan Makenga yaboneyeho gusaba buri wese guhaguruka kugira ngo aya mahoro yifuzwa aboneke kandi agere kuri bose, bityo n’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gototezwa, baruhuke babone amahoro.

Ati “Ndifuza ko abantu bose bahagurikira icya rimwe kugira ngo amahoro agaruke kandi agere kuri bose, ndetse ubwicanyi bukorerwa abantu bamwe bazira ubwoko bwabo n’uko basa, buhagarare, abantu babane mu mahoro, n’ubukungu bwacu butere imbere.”

General Sultan Makenga utarakunze kugaragara imbere ya camera kuva umutwe wa M23 wakubura imirwano, aherutse gutanga ikiganiro n’abanyamakuru, anagaruka ku bwicanyi bwabereye Kishishe bwegetswe kuri uyu mutwe wa M23, ahakana iby’ariya makuru.

Uyu mugaba w’abarwanyi ba M23, yavuze ko uyu mutwe wikoreye iperereza, ugasanga muri aka gace ka Kishishe haraguye abasivile umunani na bo baguye mu mirwano yahuje uyu mutwe na FARDC yifatanyije n’imitwe irimo FDLR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Ukuri kuri video ikojeje isoni ya Moses Turahirwa yakwishyiriye hanze

Next Post

Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.