Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, yagaragaje ko mu gihe cya vuba azagaruka mu buyobozi bw’Igisirikare cya Uganda yigeze kubera Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, avuga ko atumva ukuntu ziri kurwana zitamufite.

General Muhoozi Kainerugaba wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yambuwe uyu mwanya mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2022.

Uyu mwanya yawukuweho nyuma y’iminsi micye ashyize ubutumwa kuri Twitter bwateje sakwe sakwe, aho yavuze ko we n’igisirikare cya Uganda bafata Kenya mu byumweru bibiri gusa.

Muhoozi wahise akurwa kuri uyu mwanya agahita ahabwa ipeti rya General akuwe ku rya Lieutenant General, anaherutse kongera gusubiramo ibi byatumye yamburwa uriya mwanya.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu mpera z’ukwezi gushize, General Muhoozi yari yongeye kugira ati“Bamwe mu Banyakenya baradutinya kuko bazi ko Igisirikare cyacu gikomeye kurusha icyabo. Igisirikare cyacu gishobora gufata Nairobi mu cyumweru kimwe.”

Ni ubutumwa bwaje bukurikira ubwo yari yashyize kuri Twitter tariki 18 Mutarama 2023, aho yari yasabye Se Perezida Museveni kumusubiza umwanya mu gisirikare.

Icyo gihe bwo yari yagize ati “UPDF iracyari igisirikare cyanjye, Afande Mzee [yavugaga se Museveni], ndashaka ko munsubiza igisirikare cyanjye!!”

Kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare, General Muhoozi yongeye kuvuga kuri iyu ngingo, aca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bwa UPDF.

Yagize ati “Mu gihe cya vuba ndongera kugenzura igisirikare cyanjye. Mbabazwa kandi ngacibwa intege. Ubu ni gute barwana badafite umugaba wabo? Imana yumve amasengesho yacu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + seven =

Previous Post

Tshisekedi nyuma yo kuva i Burundi yahise agira urugendo rwihuse ruri kwibazwaho

Next Post

Myugariro w’Amavubi wari umaze igihe adafite ikipe yasinyiye iri kurwanira igikombe

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

by radiotv10
12/09/2025
0

Urukiko rwo mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo rwakatiye Abashinwa barindwi igifungo cy’imyaka 20 kuri buri umwe, nyuma yo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda
FOOTBALL

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Myugariro w’Amavubi wari umaze igihe adafite ikipe yasinyiye iri kurwanira igikombe

Myugariro w’Amavubi wari umaze igihe adafite ikipe yasinyiye iri kurwanira igikombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.