Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko Uganda izakorana n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo ibibazo bihari birangire.

General Muhoozi wanigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Mutarama 2023, ubwo yavugaga ku bibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi bibazo byongeye gufata intera ubwo umutwe wa M23 wuburaga imirwano, byatumye Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bihuriza hamwe imbaraga, byiyemeza kohereza ingabo mu burasirazuba bwa Congo.

General Muhoozi yavuze ko ingabo za Uganda ziri mu zamaze kugera muri Congo muri ubu butumwa buri gukorwa n’itsinda rya EACRF (East African Community Force in Eastern DRC), zitajyanywe no kurwana na M23.

Yavuze ko abasirikare ba UPDF bari muri ubu butumwa bazakorana n’izindi ngabo zo mu karere mu kubungabunga umutekano w’abaturage ndetse n’ibikorwa remezo biri muri Kivu ya Ruguru.

Yagize ati “UPDF izakora inshingano zayo zo kurinda abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no gutuma imishinga y’ibikorwa remezo nk’imihanda ikomeza gukorwa.”

Gen Muhoozi wagize uruhare runini mu kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi, yakomeje avuga ko Igihugu cye kizanakomeza gukorana n’u Rwanda na DRC mu gushaka umuti w’ibibazo bihari.

Yagize ati “Tuzakomeza gukorana n’abavandimwe bacu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda mu gutuma amahoro agaruka mu bice byugarijwe. Amahoro asagambe muri Afurika y’Iburasirazuba yunze ubumwe.”

Gen Muhoozi Kainerugaba mu bihe byatambutse ari mu bakunze kugaragaza ko ibikorwa byo guhohotera Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bigomba guhagarara.

Uyu musirikare ufite ijambo muri Uganda, yanavuze ko umutwe wa M23 ufite ibyo urwanira kandi byumvikana, bityo ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikwiye kubatega amatwi ukubahiriza ibyo uyisaba.

U Rwanda rwegetsweho ibi bibazo na Guverinoma ya Congo, rwakunze kuvuga kenshi ko ntaho ruhuriye n’umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bw’abavandimwe babo.

Mu ijambo risoza umwaka wa 2022, Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kwemera kwikorezwa imitwaro y’ingaruka z’imbaraga nke z’ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwananiwe gucyemura ibibazo by’Igihugu cyayo, kuko na rwo rufite imitwaro rugomba guhangana na yo.

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwo bwakomeje iturufu yabwo yo gukomeza gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23, bugamije kuyobya uburari ku muzi w’ikibazo nyirizina kiri muri iki Gihugu, gishinze imizi ku mutwe wa FDLR ubu uri gukorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + fifteen =

Previous Post

Inama iha urubuga Abanyarwanda bose imaze gusubikwa ubugiragatatu hamenyekanye igihe ishobora kubera

Next Post

Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri

Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.