Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko Uganda izakorana n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo ibibazo bihari birangire.

General Muhoozi wanigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Mutarama 2023, ubwo yavugaga ku bibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi bibazo byongeye gufata intera ubwo umutwe wa M23 wuburaga imirwano, byatumye Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bihuriza hamwe imbaraga, byiyemeza kohereza ingabo mu burasirazuba bwa Congo.

General Muhoozi yavuze ko ingabo za Uganda ziri mu zamaze kugera muri Congo muri ubu butumwa buri gukorwa n’itsinda rya EACRF (East African Community Force in Eastern DRC), zitajyanywe no kurwana na M23.

Yavuze ko abasirikare ba UPDF bari muri ubu butumwa bazakorana n’izindi ngabo zo mu karere mu kubungabunga umutekano w’abaturage ndetse n’ibikorwa remezo biri muri Kivu ya Ruguru.

Yagize ati “UPDF izakora inshingano zayo zo kurinda abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no gutuma imishinga y’ibikorwa remezo nk’imihanda ikomeza gukorwa.”

Gen Muhoozi wagize uruhare runini mu kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi, yakomeje avuga ko Igihugu cye kizanakomeza gukorana n’u Rwanda na DRC mu gushaka umuti w’ibibazo bihari.

Yagize ati “Tuzakomeza gukorana n’abavandimwe bacu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda mu gutuma amahoro agaruka mu bice byugarijwe. Amahoro asagambe muri Afurika y’Iburasirazuba yunze ubumwe.”

Gen Muhoozi Kainerugaba mu bihe byatambutse ari mu bakunze kugaragaza ko ibikorwa byo guhohotera Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bigomba guhagarara.

Uyu musirikare ufite ijambo muri Uganda, yanavuze ko umutwe wa M23 ufite ibyo urwanira kandi byumvikana, bityo ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikwiye kubatega amatwi ukubahiriza ibyo uyisaba.

U Rwanda rwegetsweho ibi bibazo na Guverinoma ya Congo, rwakunze kuvuga kenshi ko ntaho ruhuriye n’umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bw’abavandimwe babo.

Mu ijambo risoza umwaka wa 2022, Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kwemera kwikorezwa imitwaro y’ingaruka z’imbaraga nke z’ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwananiwe gucyemura ibibazo by’Igihugu cyayo, kuko na rwo rufite imitwaro rugomba guhangana na yo.

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwo bwakomeje iturufu yabwo yo gukomeza gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23, bugamije kuyobya uburari ku muzi w’ikibazo nyirizina kiri muri iki Gihugu, gishinze imizi ku mutwe wa FDLR ubu uri gukorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Inama iha urubuga Abanyarwanda bose imaze gusubikwa ubugiragatatu hamenyekanye igihe ishobora kubera

Next Post

Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri

Hatanzwe umucyo ku byiswe amahirwe adasanzwe ku banyeshuri batabashije kujya ku mashuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.