Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yumvise ko Col. James Kasule yafunzwe n’inzego z’ubutasi, asaba ko afungurwa byihuse.
Col. James Kasule usanzwe ari umwe mu basirikare bo hejuru muri Uganda uri mu buyobozi bw’Ingabo, yatawe muri yombi ku mpamvu zifitanye isano n’ubujura bwitwaje intwaro no gushimuta byakorewe umwe mu bacuruzi ba zahabu, ibintu bitanyuze ubuyobozi bw’igisirikare.
Amakuru ava mu bo mu muryango we, avuga ko uyu Col. Kasule yafunzwe hamwe n’abandi basirikare nyuma y’ibyo bikorwa byabaye ku wa Gatandatu mu Karere ka Mubende mu rwego rwo gukora iperereza.
Mu butumwa General Muhoozi Kainerugaba yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Kamena 2025, yavuze ko amakuru y’ifungwa rya Col. Kasule yamugezeho.
Yagize ati “Numvise ko abashinzwe ubutasi bafunze Col. Kasule ku bw’impamvu runaka. Agomba guhita arekurwa. Col. Kasule ni umwe mu ndwanyi z’icyubahiro. Ndamuzi bihagije. Ikibazo cye nzakikemurira njye na we.”
Col. Kasule n’itsinda ry’abasirikare bavugwaho kuba barafashe umucuruzi wa zahabu bikekwa ko yari afite amafaranga menshi ya zahabu aherutse kugurisha.
Ngo uwo mucuruzi yategetswe guhamagara inshuti ze zikohereza amafaranga kuri telefone, ndetse ngo birakorwa aza kubikuzwa ubwo yari yafashwe. Bivugwa kandi ko Col. Kasule yaba yaratekewe umutwe mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro, akaba yarakoze biriya kugira ngo agaruze amafaranga ye.
Kimwe mu bimenyetso byatumye uyu musirikare wo hejuru afatwa mu iperereza, ni imodoka ye ya gisirikare yafatiwe ahabereye ibyo byakorewe uriya mucuruzi wa zahabu.
Nyuma yuko Col. Kasule atawe muri yombi, yahise yoherezwa gufungirwa muri gereza ya gisirikare ya Makindye aho azaba afungiwe mu gihe iperereza rigikomeje gukorwa.
RADIOTV10