Brice Clotaire Oligui Nguema, wari uyoboye abasirikare bahiritse ubutegetsi muri Gabon muri 2023, yatangajwe ku mugaragaro nk’uwatsinze Amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 90%.
Brice Clotaire Oligui Nguema yegukanye intsinzi ku majwi 575 222 angana na 90.35% nk’uko bigaragazwa n’amajwi y’agateganyo y’ibyavuye muri aya matora byatangajwe na Hermann Immongault, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akaba n’umukuru w’akanama gashizwe amatora, mu itangazo yasomeye kuri televiziyo y’igihugu ku Cyumweru tariki 13 Mata 2025.
Oligui Nguema, w’imyaka 50, yatsinze amatora ahigitse abandi bakandida barindwi bari bahanganye, barimo n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Alain Claude Bilie-By-Nze, wabonye amajwi 3%.
Nubwo amajwi y’agateganyo agaragaza intsinzi ikomeye ku muyobozi w’inzibacyuho wafashe ubutegetsi nyuma yo guhirika Perezida Ali Bongo Ondimba, haracyategerejwe ko hatangazwa ibyavuye mu matora mu buryo bwa burundu.
Aya matora yabaye muri Gabon, yitabiriwe ku rwego rwo hejuru, kuko abarenga gato 920 000 bangana na 87.21%, bari biyandikishije kuri lisiti y’itora, barimo abarenga 28 000 baba mu mahanga, batoreye mu biro by’itora birenga 3 000.
Oligui Nguema, wahoze ayobora Igisirikare kirinda Umukuru w’Igihugu (Republican Guard), yabaye Perezida w’inzibacyuho nyuma yo kuyobora ihirikwa ry’ubutegetsi, ryashoje imyaka myinshi y’ubutegetsi bw’umuryango wa Bongo wari umaze imyaka irenga 50 uyobora iki Gihugu cyo muri Afurika hagati gikungahaye ku mavuta, ariko cyakomeje gushinjwa ruswa ikabije no kudashobora gucunga neza ubukungu bwacyo.
Abataravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Bongo, bashinjaga uwo muryango, kwigwizaho umutungo wa Gabon, mu gihe igice kinini cy’abaturage cyakomeje kubaho mu bukene bukabije.


Shemsa UWIMANA
RADIOTV10