Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n’Umunyamakuru uzwi mu karere

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n’Umunyamakuru uzwi mu karere
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yageze mu Rwanda aho aje mu ruzinduko rwa gatatu ahagiriye muri uyu mwaka.

General Muhoozi Kainerugaba wari umaze iminsi atangaza ko afite gahunda yo kuza mu Rwanda, yahageze kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ukwakira 2022.

Ifoto yagaragajwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza General Muhoozi yageze ku Kibuga cy’Indege cya Kigali ari kumwe n’abamuherekeje barimo Andrew Mwenda wamenyekanye akora umwuga w’Itangazamakuru ku bya politiki, bakiriwe n’abayobozi na bamwe mu basirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda.

Umunyamakuru Canary Mugume wo muri Uganda ukurikiranira hafi ibya Politiki, uri mu bashyize ku mbuga nkoranyambaga iyi foto, yavuze ko Muhoozi ubu ari mu Rwanda.

Uyu munyamakuru yagize ati “Agiye nanone guhura na Perezida Paul Kagame. Aherekejwe na Andrew Mwenda.”

Gen.Muhoozi Kainerugaba is Rwanda, again for meetings with President Kagame. Accompanying him is Andrew Mwenda. @nbstv pic.twitter.com/z1i8bnM3uY

— Canary Mugume (@CanaryMugume) October 15, 2022

General Muhoozi aje mu Rwanda nyuma y’umunsi umwe anyujije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko azakora ikiruhuko mu Rwanda.

Mu butumwa yatambukije ku wa Kane, Muhoozi yagize ati “Nkumbuye data wacu w’umunyabwenge kandi w’intangarugero! Nzajya gukorera ikihuko mu rwuri rwe. Ubundi njye kwagaza ishyo ry’Inyambo ananyungure ibitekerezo.”

General Muhoozi aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye yambuwe inshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, ari na bwo yahise azamurwa mu mapeti agahabwa irya General risumba ayandi mu Gisirikare.

Ni uruzinduko rwa gatatu agiriye mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2022, aho urwa mbere yaruhagiriye muri Mutarama, akongera kuhagaruka muri Werurwe.

Mu ruzinduko rwa kabiri yagize muri Werurwe ni na bwo yagabiwe Inka z’Inyambo na Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Ukurikiranyweho kwica umugore wari umutwitiye abanje kumusambanya yabwiye Ubushinjacyaha ibibabaje

Next Post

CaboDelgado: RDF yatahuye imbunda n’ibisasu byari byarahishwe n’ibyihebe

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye
AMAHANGA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CaboDelgado: RDF yatahuye imbunda n’ibisasu byari byarahishwe n’ibyihebe

CaboDelgado: RDF yatahuye imbunda n’ibisasu byari byarahishwe n’ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.