Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n’Umunyamakuru uzwi mu karere

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n’Umunyamakuru uzwi mu karere
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yageze mu Rwanda aho aje mu ruzinduko rwa gatatu ahagiriye muri uyu mwaka.

General Muhoozi Kainerugaba wari umaze iminsi atangaza ko afite gahunda yo kuza mu Rwanda, yahageze kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ukwakira 2022.

Ifoto yagaragajwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza General Muhoozi yageze ku Kibuga cy’Indege cya Kigali ari kumwe n’abamuherekeje barimo Andrew Mwenda wamenyekanye akora umwuga w’Itangazamakuru ku bya politiki, bakiriwe n’abayobozi na bamwe mu basirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda.

Umunyamakuru Canary Mugume wo muri Uganda ukurikiranira hafi ibya Politiki, uri mu bashyize ku mbuga nkoranyambaga iyi foto, yavuze ko Muhoozi ubu ari mu Rwanda.

Uyu munyamakuru yagize ati “Agiye nanone guhura na Perezida Paul Kagame. Aherekejwe na Andrew Mwenda.”

Gen.Muhoozi Kainerugaba is Rwanda, again for meetings with President Kagame. Accompanying him is Andrew Mwenda. @nbstv pic.twitter.com/z1i8bnM3uY

— Canary Mugume (@CanaryMugume) October 15, 2022

General Muhoozi aje mu Rwanda nyuma y’umunsi umwe anyujije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko azakora ikiruhuko mu Rwanda.

Mu butumwa yatambukije ku wa Kane, Muhoozi yagize ati “Nkumbuye data wacu w’umunyabwenge kandi w’intangarugero! Nzajya gukorera ikihuko mu rwuri rwe. Ubundi njye kwagaza ishyo ry’Inyambo ananyungure ibitekerezo.”

General Muhoozi aje mu Rwanda nyuma y’iminsi micye yambuwe inshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, ari na bwo yahise azamurwa mu mapeti agahabwa irya General risumba ayandi mu Gisirikare.

Ni uruzinduko rwa gatatu agiriye mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2022, aho urwa mbere yaruhagiriye muri Mutarama, akongera kuhagaruka muri Werurwe.

Mu ruzinduko rwa kabiri yagize muri Werurwe ni na bwo yagabiwe Inka z’Inyambo na Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Ukurikiranyweho kwica umugore wari umutwitiye abanje kumusambanya yabwiye Ubushinjacyaha ibibabaje

Next Post

CaboDelgado: RDF yatahuye imbunda n’ibisasu byari byarahishwe n’ibyihebe

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CaboDelgado: RDF yatahuye imbunda n’ibisasu byari byarahishwe n’ibyihebe

CaboDelgado: RDF yatahuye imbunda n’ibisasu byari byarahishwe n’ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.