Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: ‘Gutanga avanse’ [kuryamana mbere yo kurushinga] biri mu bisenyera abashakanye rugikubita

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in MU RWANDA
0
Gisagara: ‘Gutanga avanse’ [kuryamana mbere yo kurushinga] biri mu bisenyera  abashakanye rugikubita
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko ingeso yadutse mu rubyiruko yo kuryamana k’umusore n’umukobwa bagiye kurushinga [ibyo bita gutanga avanse], biri mu bikomeje gutuma ingo z’abana babo zisenyuka bidatinze kuko bajya gushakana buri wese yaramaze kurunguruka undi.

Aba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko mu gihe cyabo bashakaga bakiri bamwe bakiri isugi abandi ari imanzi ku buryo umusore n’umukobwa bajyaga gushakana buri umwe afitiye amatsiko undi.

Bavuga ko ibi byazamuraga urukundo hagati yabo ndetse ntihagire ugira irari ry’abandi kuko nta bandi babaga bararyamanye.

Umusaza umwe yagize ati “Nashatse umugore muri za 1980, umugore wanjye ni we narongoye, mu busore bwanjye sinigeze nsambana, narongoye umugore ndabyara.”

Akomeza agira inama uru rubyiruko agira ati “Ibyo byo gutanga avanse ntabwo mbishyigikiye, ntabwo ari ibyiza, inama nabagira ni uko bategereza abo bazashakana.”

Aba babyeyi kandi bavuga ko hari n’abahana avanse bizezanya kuzarushingana ariko bikarangira umwe yigaritse undi bigatuma hari ababyarira mu rugo bikabera umutwaro ababyeyi.

Undi mubyeyi wagarutse kuri izi ngaruka, yagize ati “None se kugira ngo umuntu akuzanire umwana mu rugo na mitiwele y’iki gihe wenda mwatangaga iya batatu mwishyura ibihumbi icyenda, bikaba bibaye cumi na bibiri ejobundi bikaba bibaye cumi na bitanu, ugira ngo biba byoroshye.”

Aba basore n’inkumi batungwa agatoki kuri iyi ngingo, ntawerura ngo avuge ko yabikoze, gusa bemera ko byabayeho ndetse bakanabishyigikira bavuga ko baba bashaka gusuzuma uwo bashakanye niba azabasha akazi ko mu buriri dore ko na ko ngo ku batagashobora biri mu bisenya ingo z’iki gihe.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho y’abaturage, Dusabe Denise avuga ko nk’ubuyobozi budashyigikiye izi ngeso kuko zihabanye n’umuco nyarwanda.

Ati “Icyo dushishikariza urubyiruko yaba ari umuhungu yaba ari umukobwa ni ukwifata, kwishora mu busambanyi mu gihe kidakwiye ntabwo ari byo.”

Uyu muyobozi avuga ko hasanzwe hakorwa ubukangurambaga ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere ndetse n’abajyanama mu bijyanye no kubaka ingo, bityo ko urubyiruko rukwiye kubayoboka kugira ngo bace ukubiri n’izi ngeso.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Yaje nk’umutumirwa ahita atangira akazi- Andy Bumuntu yatangiye umwuga w’itangazamakuru

Next Post

EAC izashobora ibyananiye MONUSCO imaze imyaka 20 ishorwamo akayabo?- Impuguke yagize icyo abivugaho

Related Posts

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

by radiotv10
31/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Rubavu, rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 18 ukekwaho kubyara umwana wari ugejeje igihe cyo...

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
1

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w'amakamyo...

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

by radiotv10
31/10/2025
0

In recent years, Rwanda’s youth workforce has grown remarkably, fueled by a rising gig economy, digital entrepreneurship, and an expanding...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

IZIHERUKA

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze
Uncategorized

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC izashobora ibyananiye MONUSCO imaze imyaka 20 ishorwamo akayabo?- Impuguke yagize icyo abivugaho

EAC izashobora ibyananiye MONUSCO imaze imyaka 20 ishorwamo akayabo?- Impuguke yagize icyo abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.