Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: ‘Gutanga avanse’ [kuryamana mbere yo kurushinga] biri mu bisenyera abashakanye rugikubita

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in MU RWANDA
0
Gisagara: ‘Gutanga avanse’ [kuryamana mbere yo kurushinga] biri mu bisenyera  abashakanye rugikubita
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko ingeso yadutse mu rubyiruko yo kuryamana k’umusore n’umukobwa bagiye kurushinga [ibyo bita gutanga avanse], biri mu bikomeje gutuma ingo z’abana babo zisenyuka bidatinze kuko bajya gushakana buri wese yaramaze kurunguruka undi.

Aba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko mu gihe cyabo bashakaga bakiri bamwe bakiri isugi abandi ari imanzi ku buryo umusore n’umukobwa bajyaga gushakana buri umwe afitiye amatsiko undi.

Bavuga ko ibi byazamuraga urukundo hagati yabo ndetse ntihagire ugira irari ry’abandi kuko nta bandi babaga bararyamanye.

Umusaza umwe yagize ati “Nashatse umugore muri za 1980, umugore wanjye ni we narongoye, mu busore bwanjye sinigeze nsambana, narongoye umugore ndabyara.”

Akomeza agira inama uru rubyiruko agira ati “Ibyo byo gutanga avanse ntabwo mbishyigikiye, ntabwo ari ibyiza, inama nabagira ni uko bategereza abo bazashakana.”

Aba babyeyi kandi bavuga ko hari n’abahana avanse bizezanya kuzarushingana ariko bikarangira umwe yigaritse undi bigatuma hari ababyarira mu rugo bikabera umutwaro ababyeyi.

Undi mubyeyi wagarutse kuri izi ngaruka, yagize ati “None se kugira ngo umuntu akuzanire umwana mu rugo na mitiwele y’iki gihe wenda mwatangaga iya batatu mwishyura ibihumbi icyenda, bikaba bibaye cumi na bibiri ejobundi bikaba bibaye cumi na bitanu, ugira ngo biba byoroshye.”

Aba basore n’inkumi batungwa agatoki kuri iyi ngingo, ntawerura ngo avuge ko yabikoze, gusa bemera ko byabayeho ndetse bakanabishyigikira bavuga ko baba bashaka gusuzuma uwo bashakanye niba azabasha akazi ko mu buriri dore ko na ko ngo ku batagashobora biri mu bisenya ingo z’iki gihe.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho y’abaturage, Dusabe Denise avuga ko nk’ubuyobozi budashyigikiye izi ngeso kuko zihabanye n’umuco nyarwanda.

Ati “Icyo dushishikariza urubyiruko yaba ari umuhungu yaba ari umukobwa ni ukwifata, kwishora mu busambanyi mu gihe kidakwiye ntabwo ari byo.”

Uyu muyobozi avuga ko hasanzwe hakorwa ubukangurambaga ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere ndetse n’abajyanama mu bijyanye no kubaka ingo, bityo ko urubyiruko rukwiye kubayoboka kugira ngo bace ukubiri n’izi ngeso.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 15 =

Previous Post

Yaje nk’umutumirwa ahita atangira akazi- Andy Bumuntu yatangiye umwuga w’itangazamakuru

Next Post

EAC izashobora ibyananiye MONUSCO imaze imyaka 20 ishorwamo akayabo?- Impuguke yagize icyo abivugaho

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC izashobora ibyananiye MONUSCO imaze imyaka 20 ishorwamo akayabo?- Impuguke yagize icyo abivugaho

EAC izashobora ibyananiye MONUSCO imaze imyaka 20 ishorwamo akayabo?- Impuguke yagize icyo abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.