Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

radiotv10by radiotv10
21/01/2026
in MU RWANDA
0
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n’abajura badatinya kwinjira mu nzu bene yo bayirimo, bageramo bakarebana ntacyo bikanga, kandi inzego ntizigire icyo zikora, bigatuma bamwe bavuga ko wagira ngo babiherewe uburenganzira.

Aba baturage bavuga ko ubu bujura bumaze gufata indi ntera ku buryo bamwe babwibwamo ibyabo byose, bigatuma babaho mu bwoba bw’uko bashobora no kuhasiga ubuzima.

Niragire Christine, utuye mu mudugudu wa Kivumu mu kagari ka Rwanza, avuga ko abajura bamwibye ibikoresho byose yari atunze mu nzu.

Ati “Baraje biba byose mfite mu nzu. Ubu mbayeho mpangayitse kuko sinzi niba ubutaha batazangirira nabi bakantwara ubuzima, kuko buri munsi barantera bakanyiba.”

Si uyu mubyeyi wenyine ugaragaza iki kibazo, kuko n’abandi baturanyi be bavuga ko kwibwa bimaze kuba ibisanzwe, ku buryo bamwe batangiye kubifata nk’ikibazo cyaburiwe igisubizo.

Mukabutera ati “Jye baraje bantoborera inzu nshiduka bangezeho mu nzu mvuza induru bariruka. Inaha wagira ngo abajura bafite uburenganzira bwo kwiba, kuko buri rugo usanga rutaka kwibwa.”

Uwimana ati “Twebwe hano turibwa kenshi. Abajura baragenda bagaruka, kandi usanga bamwe muri bo barangwa n’urugomo. Turasaba ko umutekano wakazwa.”

Aba baturage bavuga ko icyongera ubu bujura ari inzoga z’inkorano, aho bamwe mu bazikoresha bashaka amafaranga binyuze mu kwiba no gutega abantu.

Ku ruhande rw’inzego z’umutekano, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamazi, yavuze ko Polisi iri maso kandi hari abantu bamaze gufatwa.

Ati “Hari batanu mu bakekwaho gukora ibi bikorwa muri aka gace bafashwe, bashyikirijwe ubugenzacyaha kandi bari gukurikiranwa. Turaburira abishora mu bikorwa nk’ibi ko inzego z’umutekano zitazabihanganira na gato.”

Ku bijyanye n’inzoga zitemewe, Umuyobozi w’Umurenge wa Save, Murenzi Agustin, avuga ko ubuyobozi bwahagurukiye iki kibazo, hagashyirwa imbaraga mu kuzirwanya hagamijwe gukemura burundu ikibazo cy’ubujura.

Ati “Twashyize imbaraga mu guhashya inzoga z’inkorano ku buryo zagabanutse, ariko turi gukora ibishoboka ngo n’udusigisigi dusigaye turwanye ducike burundu.”

Abaturage basaba ko umutekano wakomeza gukazwa, abafashwe bagahanwa by’intangarugero, kugira ngo babashe gukomeza ibikorwa byabo by’iterambere bafite umutekano usesuye.

 

Abaturage bavuga ko abajura babarembeje

Basaba inzego kugira icyo zikora mu maguru mashya

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Next Post

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.