Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

radiotv10by radiotv10
21/01/2026
in MU RWANDA
0
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n’abajura badatinya kwinjira mu nzu bene yo bayirimo, bageramo bakarebana ntacyo bikanga, kandi inzego ntizigire icyo zikora, bigatuma bamwe bavuga ko wagira ngo babiherewe uburenganzira.

Aba baturage bavuga ko ubu bujura bumaze gufata indi ntera ku buryo bamwe babwibwamo ibyabo byose, bigatuma babaho mu bwoba bw’uko bashobora no kuhasiga ubuzima.

Niragire Christine, utuye mu mudugudu wa Kivumu mu kagari ka Rwanza, avuga ko abajura bamwibye ibikoresho byose yari atunze mu nzu.

Ati “Baraje biba byose mfite mu nzu. Ubu mbayeho mpangayitse kuko sinzi niba ubutaha batazangirira nabi bakantwara ubuzima, kuko buri munsi barantera bakanyiba.”

Si uyu mubyeyi wenyine ugaragaza iki kibazo, kuko n’abandi baturanyi be bavuga ko kwibwa bimaze kuba ibisanzwe, ku buryo bamwe batangiye kubifata nk’ikibazo cyaburiwe igisubizo.

Mukabutera ati “Jye baraje bantoborera inzu nshiduka bangezeho mu nzu mvuza induru bariruka. Inaha wagira ngo abajura bafite uburenganzira bwo kwiba, kuko buri rugo usanga rutaka kwibwa.”

Uwimana ati “Twebwe hano turibwa kenshi. Abajura baragenda bagaruka, kandi usanga bamwe muri bo barangwa n’urugomo. Turasaba ko umutekano wakazwa.”

Aba baturage bavuga ko icyongera ubu bujura ari inzoga z’inkorano, aho bamwe mu bazikoresha bashaka amafaranga binyuze mu kwiba no gutega abantu.

Ku ruhande rw’inzego z’umutekano, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamazi, yavuze ko Polisi iri maso kandi hari abantu bamaze gufatwa.

Ati “Hari batanu mu bakekwaho gukora ibi bikorwa muri aka gace bafashwe, bashyikirijwe ubugenzacyaha kandi bari gukurikiranwa. Turaburira abishora mu bikorwa nk’ibi ko inzego z’umutekano zitazabihanganira na gato.”

Ku bijyanye n’inzoga zitemewe, Umuyobozi w’Umurenge wa Save, Murenzi Agustin, avuga ko ubuyobozi bwahagurukiye iki kibazo, hagashyirwa imbaraga mu kuzirwanya hagamijwe gukemura burundu ikibazo cy’ubujura.

Ati “Twashyize imbaraga mu guhashya inzoga z’inkorano ku buryo zagabanutse, ariko turi gukora ibishoboka ngo n’udusigisigi dusigaye turwanye ducike burundu.”

Abaturage basaba ko umutekano wakomeza gukazwa, abafashwe bagahanwa by’intangarugero, kugira ngo babashe gukomeza ibikorwa byabo by’iterambere bafite umutekano usesuye.

 

Abaturage bavuga ko abajura babarembeje

Basaba inzego kugira icyo zikora mu maguru mashya

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − seven =

Previous Post

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.