Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Guverinoma ya Congo yeruye ivuga ko FARDC yananiwe imbere ya M23

radiotv10by radiotv10
05/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Guverinoma ya Congo yeruye ivuga ko FARDC yananiwe imbere ya M23
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba, yatangaje ko igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) cyananiwe imbere y’umutwe wa M23, kuko ukirusha imbaraga.

Si rimwe ingabo za FARDC zivuzweho kuba zarananiwe imbere y’umutwe wa M23, ndetse bikaba byarigeze kuvugwa na MONUSCO, yavuze ko M23 atari umutwe w’inyeshyamba, ahubwo ko ari igisirikare gikomeye, yaba mu myitozo, mu myitwarire ndetse no mu bikoresho.

Mu Nama y’Abaminisitiri yateranye mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 02 Gashyantare 2024, Jean Pierre Bemba yabwiye Guverinoma ko igisirikare cy’Igihugu cyabo cyananiwe imbere y’umutwe wa M23 bimaze igihe bihanganye.

Imirwano ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23, nyuma y’uko hatanzwe agahenge, igisirikare cya Congo cyubuye imirwano cyiyemeje gufata ibice byose byari byarafashwe n’umutwe wa M23.

Uyu mutwe na wo wari uryamiye amajanja nyuma yo gushyikiriza ibyo bice ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) na wo wahise wongera kubura intwaro, kugeza ubu wagiye ufata n’ibindi bice byiyongera ku byo wahoranye.

Jean Pierre Bemba, yavuze ko barebye uko urugamba ruhagaze ubu, “M23 ihagaze neza ugereranyije n’ubushobozi bw’igisirikare cyacu mu kugarura amahoro, umutekano n’ubuyobozi bwa Leta.”

Ni mu gihe kandi FARDC yongeye kwakira izindi mbaraga zirimo iz’ingabo za SADC ndetse n’igisirikare cy’u Burundi, zaje gushyigikira iki gisirikare cya Leta ya Congo Kinshasa muri iyi mirwano gihanganyemo na M23.

Uyu mutwe wa M23 uvuga ko uzakomeza kwirwanaho no kurinda abaturage bo mu bice ugenzura, uherutse no kwerekana abasirikare b’u Burundi wafatiye ku rugamba.

M23 kandi ivuga ko FARDC n’abo bafatanyije, bakomeje kugaba ibitero bikomeye mu bice bituwemo abaturage benshi nko muri Mweso, ndetse bakica abaturage b’abasivile b’inzirakarengane benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Perezida wa Pologne utegerejwe mu Rwanda yageze mu karere ruherereyemo (AMAFOTO)

Next Post

Icyo bakeka ku bantu batatu mu Isibo imwe bapfuye urw’amayobera mu cyumweru kimwe

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere
FOOTBALL

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo bakeka ku bantu batatu mu Isibo imwe bapfuye urw’amayobera mu cyumweru kimwe

Icyo bakeka ku bantu batatu mu Isibo imwe bapfuye urw’amayobera mu cyumweru kimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.