Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma ya Uganda yitandukanyije na Muhoozi wavuze ko yafata Kenya mu byumweru 2

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Guverinoma ya Uganda yitandukanyije na Muhoozi wavuze ko yafata Kenya mu byumweru 2
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Uganda yitandukanyije n’ibyatangajwe na General Muhoozi Kainerugaba ko yafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, ku wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2022, yatambukije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko yafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Ubu butumwa bwahagurukije Abanyakenya benshi na bo basanwe bazwiho gukoresha cyane Twitter, basubiza uyu musirikare wo muri Uganda, ko UPDF idashobora guhagarara imbere y’Igisirikare cya Kenya.

Muhoozi na we yaje kongera gushyira ubutumwa kuri Twitter, avuga ko yari arimo gushyenga kuko umubyeyi we Perezida Museveni yamubwiye ko adakwiye gutekereza kurwana na Kenya.

Mu butumwa bwe, yagize ati “Rero Abanya-Kenya nimutuze.”

Guverinoma Uganda yasohoye itangazo rivuga kuri ibi byatangajwe na Muhoozi, ko ari ibitekerezo bye bwite byo ku mbuga nkoranyambaga.

Iri tangazo ryasohotse kuri uyu wa 04 Ukwakira 2022 rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda, ritangira rigaragaza ko umubano usanzwe uri hagati ya Uganda na Kenya ndetse n’abaturage b’ibi Bihugu byombi, ari ntamakemwa kandi ko atari uwa vuba aha ahubwo ari uwo kuva cyera kubera amateka, indangagaciro n’ubwubahane bisanzwe biri hagati y’ibi Bihugu.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ku bw’iyo mpamvu, Guverinoma ya Uganda irifuza gushimangira ko ifite umuhate wo kubaka imibanire myiza n’abaturanyi, mu mahoro ndetse n’imikoranire isanzweho.”

Rikomeza rivuga ko Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga idashyigikira ibitekerezo binyuzwa ku mbuga nkoranyambaga by’abantu ku giti cyabo.

Rigasoza rigira riti “Guverinoma ya Uganda, iremeza ko umubano wifashe neza hagati na Repubulika ya Kenya kandi irahumuriza abanyakenya na Guverinoma ya Kenyaku bw’umubano duha agaciro.”

Muhoozi Kainerugaba akunze gushyira ubutumwa kuri Twitter, bugateza impaka, bigatuma Guverinoma ya Uganda, isobanura ndetse rimwe na rimwe ikitandukanya na bwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − two =

Previous Post

Rubavu: Arahigishwa uruhindu nyuma yo gukekwaho kwica umugore we wari utwite amutemye

Next Post

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara
MU RWANDA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.