Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma ya Uganda yitandukanyije na Muhoozi wavuze ko yafata Kenya mu byumweru 2

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Guverinoma ya Uganda yitandukanyije na Muhoozi wavuze ko yafata Kenya mu byumweru 2
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Uganda yitandukanyije n’ibyatangajwe na General Muhoozi Kainerugaba ko yafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, ku wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2022, yatambukije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko yafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Ubu butumwa bwahagurukije Abanyakenya benshi na bo basanwe bazwiho gukoresha cyane Twitter, basubiza uyu musirikare wo muri Uganda, ko UPDF idashobora guhagarara imbere y’Igisirikare cya Kenya.

Muhoozi na we yaje kongera gushyira ubutumwa kuri Twitter, avuga ko yari arimo gushyenga kuko umubyeyi we Perezida Museveni yamubwiye ko adakwiye gutekereza kurwana na Kenya.

Mu butumwa bwe, yagize ati “Rero Abanya-Kenya nimutuze.”

Guverinoma Uganda yasohoye itangazo rivuga kuri ibi byatangajwe na Muhoozi, ko ari ibitekerezo bye bwite byo ku mbuga nkoranyambaga.

Iri tangazo ryasohotse kuri uyu wa 04 Ukwakira 2022 rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda, ritangira rigaragaza ko umubano usanzwe uri hagati ya Uganda na Kenya ndetse n’abaturage b’ibi Bihugu byombi, ari ntamakemwa kandi ko atari uwa vuba aha ahubwo ari uwo kuva cyera kubera amateka, indangagaciro n’ubwubahane bisanzwe biri hagati y’ibi Bihugu.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ku bw’iyo mpamvu, Guverinoma ya Uganda irifuza gushimangira ko ifite umuhate wo kubaka imibanire myiza n’abaturanyi, mu mahoro ndetse n’imikoranire isanzweho.”

Rikomeza rivuga ko Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga idashyigikira ibitekerezo binyuzwa ku mbuga nkoranyambaga by’abantu ku giti cyabo.

Rigasoza rigira riti “Guverinoma ya Uganda, iremeza ko umubano wifashe neza hagati na Repubulika ya Kenya kandi irahumuriza abanyakenya na Guverinoma ya Kenyaku bw’umubano duha agaciro.”

Muhoozi Kainerugaba akunze gushyira ubutumwa kuri Twitter, bugateza impaka, bigatuma Guverinoma ya Uganda, isobanura ndetse rimwe na rimwe ikitandukanya na bwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Rubavu: Arahigishwa uruhindu nyuma yo gukekwaho kwica umugore we wari utwite amutemye

Next Post

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.