Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu by’ubukungu, avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo byakunze kuvugwa mu misoro ihanitse, hakwiye no gutekerezwa uburyo imisoro myinshi yava mu bacuruzi b’ibikorwa binini, ku buryo abato boroherezwa, bigatuma haboneka n’abinjira muri serivisi bashya.

Ni nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko yemeje umushinja w’itegeko rya Guverinoma y’u Rwanda rigenga imisoro mu Rwanda ririmo impinduka nko kuba umusoro ku nyungu ugomba kuva kuri 30% ukagera kuri 28%, kandi hakaba hifuzwa ko uzagera kuri 20%.

Ubwo yasobanuraga ibyo korohereza abacuruzi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe, yavuze kandi ko hari amafaranga bajyaga bacibwa agiye kuvaho, nk’ay’isuku.

Yagize ati “Ya mafaranga bihumbi icumi umuntu yishyuraga buri kwezi aveho, Ipatante na yo turebe uko twayigabanya. Ariko noneho n’abafite ubushobozi banini bagire icyo bongeraho. Ntabwo ari ikintu kiremereye kuri bo; ariko bariya bato twabagabanyirije ku buryo ubuteranyije byose bwa bushobozi dushaka bwo kubaka Uturere ntacyatakaye.”

Dr Fidele Mutemberezi, umuhanga mu by’ubukungu, ashimangira iki gitekerezo, akavuga ko ari na ko bimeze mu Bihugu byateye imbere.

Ati “Nko muri America abantu bafite amafaranga menshi baranayasorera, kuko mwe mwifite ni ho Leta iba igomba kuvana ubushobozi. Umuturage ufite ubushobozi bucye ntabwo Leta yasubira inyuma ngo imwake imisoro. Kumwaka imisoro ni nko kumuhuhura.”

Uyu muhanga avuga ko ibi bidashobora gusubiza inyu abo bacuruzi bakomeye kuko, na bo bizatuma bakorana ingoga kugira ngo babone ahava ya yandi bishyuye, ariko nanone Leta igakurikirana ko batabyuriraho ngo bazamure ibiciro.

Ati “Ni byo bita gusaranganya ubutunzi bw’Igihugu. Abacuruza ntabwo bishimira ko basubira inyuma mu rwego rw’inyungu. Bashaka ahantu bayakura uko byagenda kose. Ni Leta ifite umukoro wo kureberera abaturage igomba kubabuza kuzamura ibiciro uko bishakiye, kuko iyo ibiciro byazamutse cyangwa Leta yazamuye imisoro; umuturage ugura iyo serivise ni we ubyishyura.”

Goverinoma y’u Rwanda ishimangira ko kugabanya imisoro ku byiciro bimwe bitazigeza biteza icyuho mu isanduku ya Leta ahubwo ko bizongera umubare w’abakora ibikorwa bibyara inyungu, bikazanatuma n’umubare w’abasora uzamuka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 6 =

Previous Post

Ruragendwa rukagaba: Mu cyumweru kimwe Perezida Kagame yagize babiri bamwirahira bati ‘Yampayinka’

Next Post

Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Related Posts

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.