Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu by’ubukungu, avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo byakunze kuvugwa mu misoro ihanitse, hakwiye no gutekerezwa uburyo imisoro myinshi yava mu bacuruzi b’ibikorwa binini, ku buryo abato boroherezwa, bigatuma haboneka n’abinjira muri serivisi bashya.

Ni nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko yemeje umushinja w’itegeko rya Guverinoma y’u Rwanda rigenga imisoro mu Rwanda ririmo impinduka nko kuba umusoro ku nyungu ugomba kuva kuri 30% ukagera kuri 28%, kandi hakaba hifuzwa ko uzagera kuri 20%.

Ubwo yasobanuraga ibyo korohereza abacuruzi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe, yavuze kandi ko hari amafaranga bajyaga bacibwa agiye kuvaho, nk’ay’isuku.

Yagize ati “Ya mafaranga bihumbi icumi umuntu yishyuraga buri kwezi aveho, Ipatante na yo turebe uko twayigabanya. Ariko noneho n’abafite ubushobozi banini bagire icyo bongeraho. Ntabwo ari ikintu kiremereye kuri bo; ariko bariya bato twabagabanyirije ku buryo ubuteranyije byose bwa bushobozi dushaka bwo kubaka Uturere ntacyatakaye.”

Dr Fidele Mutemberezi, umuhanga mu by’ubukungu, ashimangira iki gitekerezo, akavuga ko ari na ko bimeze mu Bihugu byateye imbere.

Ati “Nko muri America abantu bafite amafaranga menshi baranayasorera, kuko mwe mwifite ni ho Leta iba igomba kuvana ubushobozi. Umuturage ufite ubushobozi bucye ntabwo Leta yasubira inyuma ngo imwake imisoro. Kumwaka imisoro ni nko kumuhuhura.”

Uyu muhanga avuga ko ibi bidashobora gusubiza inyu abo bacuruzi bakomeye kuko, na bo bizatuma bakorana ingoga kugira ngo babone ahava ya yandi bishyuye, ariko nanone Leta igakurikirana ko batabyuriraho ngo bazamure ibiciro.

Ati “Ni byo bita gusaranganya ubutunzi bw’Igihugu. Abacuruza ntabwo bishimira ko basubira inyuma mu rwego rw’inyungu. Bashaka ahantu bayakura uko byagenda kose. Ni Leta ifite umukoro wo kureberera abaturage igomba kubabuza kuzamura ibiciro uko bishakiye, kuko iyo ibiciro byazamutse cyangwa Leta yazamuye imisoro; umuturage ugura iyo serivise ni we ubyishyura.”

Goverinoma y’u Rwanda ishimangira ko kugabanya imisoro ku byiciro bimwe bitazigeza biteza icyuho mu isanduku ya Leta ahubwo ko bizongera umubare w’abakora ibikorwa bibyara inyungu, bikazanatuma n’umubare w’abasora uzamuka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fifteen =

Previous Post

Ruragendwa rukagaba: Mu cyumweru kimwe Perezida Kagame yagize babiri bamwirahira bati ‘Yampayinka’

Next Post

Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.