Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Habonetse igitekerezo gishya cyatanga umuti w’icyo bamwe binubira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu by’ubukungu, avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo byakunze kuvugwa mu misoro ihanitse, hakwiye no gutekerezwa uburyo imisoro myinshi yava mu bacuruzi b’ibikorwa binini, ku buryo abato boroherezwa, bigatuma haboneka n’abinjira muri serivisi bashya.

Ni nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko yemeje umushinja w’itegeko rya Guverinoma y’u Rwanda rigenga imisoro mu Rwanda ririmo impinduka nko kuba umusoro ku nyungu ugomba kuva kuri 30% ukagera kuri 28%, kandi hakaba hifuzwa ko uzagera kuri 20%.

Ubwo yasobanuraga ibyo korohereza abacuruzi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe, yavuze kandi ko hari amafaranga bajyaga bacibwa agiye kuvaho, nk’ay’isuku.

Yagize ati “Ya mafaranga bihumbi icumi umuntu yishyuraga buri kwezi aveho, Ipatante na yo turebe uko twayigabanya. Ariko noneho n’abafite ubushobozi banini bagire icyo bongeraho. Ntabwo ari ikintu kiremereye kuri bo; ariko bariya bato twabagabanyirije ku buryo ubuteranyije byose bwa bushobozi dushaka bwo kubaka Uturere ntacyatakaye.”

Dr Fidele Mutemberezi, umuhanga mu by’ubukungu, ashimangira iki gitekerezo, akavuga ko ari na ko bimeze mu Bihugu byateye imbere.

Ati “Nko muri America abantu bafite amafaranga menshi baranayasorera, kuko mwe mwifite ni ho Leta iba igomba kuvana ubushobozi. Umuturage ufite ubushobozi bucye ntabwo Leta yasubira inyuma ngo imwake imisoro. Kumwaka imisoro ni nko kumuhuhura.”

Uyu muhanga avuga ko ibi bidashobora gusubiza inyu abo bacuruzi bakomeye kuko, na bo bizatuma bakorana ingoga kugira ngo babone ahava ya yandi bishyuye, ariko nanone Leta igakurikirana ko batabyuriraho ngo bazamure ibiciro.

Ati “Ni byo bita gusaranganya ubutunzi bw’Igihugu. Abacuruza ntabwo bishimira ko basubira inyuma mu rwego rw’inyungu. Bashaka ahantu bayakura uko byagenda kose. Ni Leta ifite umukoro wo kureberera abaturage igomba kubabuza kuzamura ibiciro uko bishakiye, kuko iyo ibiciro byazamutse cyangwa Leta yazamuye imisoro; umuturage ugura iyo serivise ni we ubyishyura.”

Goverinoma y’u Rwanda ishimangira ko kugabanya imisoro ku byiciro bimwe bitazigeza biteza icyuho mu isanduku ya Leta ahubwo ko bizongera umubare w’abakora ibikorwa bibyara inyungu, bikazanatuma n’umubare w’abasora uzamuka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 1 =

Previous Post

Ruragendwa rukagaba: Mu cyumweru kimwe Perezida Kagame yagize babiri bamwirahira bati ‘Yampayinka’

Next Post

Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Abakinisha abana filimi z’urukozasoni mu Rwanda akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.