Saturday, September 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hafashwe icyemezo ku mukinnyi wo muri Kenya wavuzweho nk’ibiherutse kumvikana mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hafashwe icyemezo ku mukinnyi wo muri Kenya wavuzweho nk’ibiherutse kumvikana mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi Patrick Matasi ukinira ikipe yo muri Kenya n’Ikipe y’iki Gihugu, yahawe igihano cyo guhagarikwa iminsi 90 adakina nyuma yo kuvugwaho kwitsindisha, ibintu biherutse kuvugwa kuri umwe mu batoza mu Rwanda wanabaye umukinnyi w’umunyabigwi.

Mu minsi ishize hasakaye amashusho agaragaza uyu munyezamu Patrick Matasi w’Ikipe ya Kakamega Homeboys n’Ikipe y’Igihugu ari kuvugana n’umuntu utazwi amusaba ko yakwitsindisha ibitego 2 mu gice cya mbere, gusa uyu muzamu we yihutiye kumubwira ko byashoboka ariko nanone ngo byaterwa n’ibyo yaba yabanje kuvugana na ba myugariro.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Kenya (FKF) ryashyize hanze itangazo rivuga ko uyu musore ahagaritswe iminsi 90 ndetse rikaba rikomeje iperereza riri gufatanya n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi FIFA ndetse n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane Wa Afurika, CAF aho binashoboka ko uyu musore ashobora guhita acibwa mu bikorwa by’umupira w’amaguru ubuzimA bwe bwose mu gihe yahamwa n’iki cyaha.

‎‎FKF yavuze ko kandi itazigera yihanganira ibijyanye no kugena uko umukino urangira ndetse ko biyimeje kurinda icyizere cy’amarushanwa yabo.

Mu minsi yashize mu Rwanda habaye ibisa nk’ibi aho hagiye hanze amajwi ya Mugiraneza Jean Baptiste wamenyekanye nka Migi usanzwe ari umutoza wungirije muri Muhazi Utd yumvikanagamo ari gusaba myugariro wa Musanze FC Shafik Bakaki kuza kwitsindisha ubwo bariho bakina na Kiyovu Sports ndetse.

Muri icyo kiganiro cyo kuri Telefone, Migi yizezaga Shafik Bakaki ko azamusinyisha umwaka utaha muri Kiyovu Sports aho yavugaga ko we yamaze gusinya imbanzirizamasezerano, nyuma yuko ibyo bigiye hanze FERWA yatumije aba bombi ariko kugeza ubu ntiharatangazwa icyavuye mu iperereza byavuzwe ko ryatangiye gukorwa.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − three =

Previous Post

Hagarutswe ku bimenyetso byisumbuye by’imikorenire ya FDLR na FARDC byatanzwe n’abaherutse gushyikirizwa u Rwanda

Next Post

Abakinnyi b’ikipe iri mu zizwi mu Rwanda bakoze igikorwa kiyigaragariza ko batishimye

Related Posts

Amavubi abwiwe ijambo ryiza mbere yo gukina na Nigeria

Amavubi abwiwe ijambo ryiza mbere yo gukina na Nigeria

by radiotv10
05/09/2025
0

Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yizeje abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu kwishyurwa ibirarane by’amafaranga arimo ay’agahimbazamusyi...

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

by radiotv10
04/09/2025
0

Amahoro Stadium has been ranked seventh on the list of the top ten best stadiums in Africa, a ranking led...

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

by radiotv10
04/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwimuye ibiro bwakoreragamo mu Karere ka Kicukiro ahazwi nko kuri ‘Zinia’ bwimukira iruhande rwa BK...

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

by radiotv10
04/09/2025
0

Sitade Amahoro yaje ku mwanya wa karindwi ku rutonde rw’icumi za mbere nziza ku Mugabane wa Afurika, ruyobowe n’iyo muri...

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

by radiotv10
03/09/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, yatsinze umukino wayo wa mbere muri iri...

IZIHERUKA

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi
MU RWANDA

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

by radiotv10
05/09/2025
0

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

05/09/2025
From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

05/09/2025
Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

05/09/2025
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

05/09/2025
Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

05/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi b’ikipe iri mu zizwi mu Rwanda bakoze igikorwa kiyigaragariza ko batishimye

Abakinnyi b’ikipe iri mu zizwi mu Rwanda bakoze igikorwa kiyigaragariza ko batishimye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.