Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ikije gukemura burundu ibibazo byakunze kuvugwa mu byiciro by’Ubudehe

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Hagaragajwe ikije gukemura burundu ibibazo byakunze kuvugwa mu byiciro by’Ubudehe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Ihugu ivuga ko igiye gushyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga buzagaragaza imibereho y’umuturage n’ibyo atunze n’ibyo yinjiza, ku buryo bitazongera kuba ngombwa ko umuntu amenya icyiciro cy’Ubudehe abarizwamo. 

Imyaka 12 irashize u Rwanda rushyizeho gahunda yo gufasha abaturage hashingiwe ku byiciro by’imibereho yabo hagendewe ku byiciro by’Ubudehe byashyizweho muri 2013, kugeza ubu imaze kuvugururwa inshuro eshatu.

Ibi byiciro by’Ubudehe byatangiriye ku mazina atandatu (umutindi nyakujya, umutindi, umukene, uwifashije, umukungu n’umukire), muri 2015; aya mazina yasimbujwe imibare kuva kuri 1 kugeza kuri 4.

Nyuma y’imyaka itanu, ni ukuvuga muri 2020; iyi mibare na yo yasimbujwe inyuguti eshatu. Biva kuri A bigera kuri E.

Izo mpinduka zimwe zaterwaga n’uko amazina yateraga ipfunwe abaturage. Amavugurura aheruka yatandukanije imitangire ya serivisi za Leta ndetse n’ibi byiciro by’Ubudehe.

Icyakora ngo ubu bagiye kuzana izindi mpinduka zidashingira ku byo umuntu yinjiza nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru muri Ministeri y’Ubutgetsi bw’Igihugu ushinzwe imibeho y’abaturage, Kayigana Godfrey.

Yagize ati “Hari sisitemu turimo kubaka izajya ijyamo amakuru y’abantu bose, yenda kumera nk’amakuru twafataga mu byiciro by’Ubudehe, ariko aho bitaniye ntabwo ari ukuvuga ngo tugufate tugushyire aha undi tumushyire ahandi, ahubwo ni ukumenya ngo wowe uteye ute? Umuryango wawe ugizwe n’abantu bangahe? Abashobora gukora ni bangahe? Mwinjiza ibingana iki? Musohora ibingana iki? Noneho iyo sisitemu igahura n’iy’ubutaka, ikigo gishinzwe imisoro n’amahoro, ikigo gishinzwe ubwiteganyirize, Banki Nkuru y’Igihugu, iya LODA na Minisiteri y’Ubuzima.

Niba dushyizemo indangamuntu yawe turahita tubona ubutaka bukubaruyeho, amafaranga winjiza, utunze imodoka, amafaranga ari kuri konti no kuri telephone yawe.”

Kayigana Godfrey akomeza avuga ko izi mpinduka zizagira n’ingaruka ku musanzu w’ubwisungane mu kwivuza.

Ati “Ni ibintu bishobora guhinduka kuko ubu nshobora kuba ninjiza ibihumbi magatanu, ejo nibiba magana inane, sisitemu yakabaye igira icyo izamura. Niba nishyuraga ibihumbi bitatu ikaba yanzamura ikanshyira kuri bitatu na magana atanu. Nyuma y’amezi atandatu nshobora gutakaza ya mafaranga nkamanuka. Sisitemu yakabaye ivuga ngo uyu muntu yasubiye hasi, amafaranga reka tuyagabanye.”

N’ubwo atagaragaza igihe ubu buryo buzatangirira gushyirwa mu bikorwa; iyi Minisiteri ivuga ko buzakemura inenge zose zagaragaye mu miterere y’Ibyiciro by’Ubudehe bigana ku iherezo.

Babishingira ko ubugenzuzi bwakoze bwasanze mu ngo zisaga ibihumbi magana ane Leta yishyiriraga ubwisungane mu kwivuza; basanze abakwiye gufashwa ari ibihumbi ijana na bitandatu. Ibyo ngo byatewe n’uko ibyo byiciro byari byarahujwe n’imitangire ya serivisi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Next Post

Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10

Related Posts

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

by radiotv10
21/11/2025
0

In the discussions between the joint security mechanism of the Government of Rwanda and that of the Democratic Republic of...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

by radiotv10
21/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze guta muri yombi abanyamahanga babiri bagaragaye mu rugomo mu Mujyi wa Kigali, bahohotera umumotari,...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR
MU RWANDA

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

by radiotv10
21/11/2025
0

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

21/11/2025
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10

Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.