Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ikije gukemura burundu ibibazo byakunze kuvugwa mu byiciro by’Ubudehe

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Hagaragajwe ikije gukemura burundu ibibazo byakunze kuvugwa mu byiciro by’Ubudehe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Ihugu ivuga ko igiye gushyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga buzagaragaza imibereho y’umuturage n’ibyo atunze n’ibyo yinjiza, ku buryo bitazongera kuba ngombwa ko umuntu amenya icyiciro cy’Ubudehe abarizwamo. 

Imyaka 12 irashize u Rwanda rushyizeho gahunda yo gufasha abaturage hashingiwe ku byiciro by’imibereho yabo hagendewe ku byiciro by’Ubudehe byashyizweho muri 2013, kugeza ubu imaze kuvugururwa inshuro eshatu.

Ibi byiciro by’Ubudehe byatangiriye ku mazina atandatu (umutindi nyakujya, umutindi, umukene, uwifashije, umukungu n’umukire), muri 2015; aya mazina yasimbujwe imibare kuva kuri 1 kugeza kuri 4.

Nyuma y’imyaka itanu, ni ukuvuga muri 2020; iyi mibare na yo yasimbujwe inyuguti eshatu. Biva kuri A bigera kuri E.

Izo mpinduka zimwe zaterwaga n’uko amazina yateraga ipfunwe abaturage. Amavugurura aheruka yatandukanije imitangire ya serivisi za Leta ndetse n’ibi byiciro by’Ubudehe.

Icyakora ngo ubu bagiye kuzana izindi mpinduka zidashingira ku byo umuntu yinjiza nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru muri Ministeri y’Ubutgetsi bw’Igihugu ushinzwe imibeho y’abaturage, Kayigana Godfrey.

Yagize ati “Hari sisitemu turimo kubaka izajya ijyamo amakuru y’abantu bose, yenda kumera nk’amakuru twafataga mu byiciro by’Ubudehe, ariko aho bitaniye ntabwo ari ukuvuga ngo tugufate tugushyire aha undi tumushyire ahandi, ahubwo ni ukumenya ngo wowe uteye ute? Umuryango wawe ugizwe n’abantu bangahe? Abashobora gukora ni bangahe? Mwinjiza ibingana iki? Musohora ibingana iki? Noneho iyo sisitemu igahura n’iy’ubutaka, ikigo gishinzwe imisoro n’amahoro, ikigo gishinzwe ubwiteganyirize, Banki Nkuru y’Igihugu, iya LODA na Minisiteri y’Ubuzima.

Niba dushyizemo indangamuntu yawe turahita tubona ubutaka bukubaruyeho, amafaranga winjiza, utunze imodoka, amafaranga ari kuri konti no kuri telephone yawe.”

Kayigana Godfrey akomeza avuga ko izi mpinduka zizagira n’ingaruka ku musanzu w’ubwisungane mu kwivuza.

Ati “Ni ibintu bishobora guhinduka kuko ubu nshobora kuba ninjiza ibihumbi magatanu, ejo nibiba magana inane, sisitemu yakabaye igira icyo izamura. Niba nishyuraga ibihumbi bitatu ikaba yanzamura ikanshyira kuri bitatu na magana atanu. Nyuma y’amezi atandatu nshobora gutakaza ya mafaranga nkamanuka. Sisitemu yakabaye ivuga ngo uyu muntu yasubiye hasi, amafaranga reka tuyagabanye.”

N’ubwo atagaragaza igihe ubu buryo buzatangirira gushyirwa mu bikorwa; iyi Minisiteri ivuga ko buzakemura inenge zose zagaragaye mu miterere y’Ibyiciro by’Ubudehe bigana ku iherezo.

Babishingira ko ubugenzuzi bwakoze bwasanze mu ngo zisaga ibihumbi magana ane Leta yishyiriraga ubwisungane mu kwivuza; basanze abakwiye gufashwa ari ibihumbi ijana na bitandatu. Ibyo ngo byatewe n’uko ibyo byiciro byari byarahujwe n’imitangire ya serivisi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 18 =

Previous Post

Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Next Post

Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10

Muhanga: Hatangajwe ibirambuye ku mpanuka idasanzwe yasize umubabaro ku bana 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.