Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe ikikango cy’igishobora kuvuka mu ntambara ya Israel na Hamas

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hagaragajwe ikikango cy’igishobora kuvuka mu ntambara ya Israel na Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ingabo za Israel zigabye ibitero mu Ntara ya Gaza, muri Syria no ku mupaka wa Libani, hari impungenge ko intambara ihanganishije Israel na Hamas, ishobora gukwira mu Bihugu byose byo mu burasirazuba bwo hagati.

Hamas yatangaje ko abantu 55 baguye muri ibyo bitero byagabwe na Israel mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru mu Ntara ya Gaza.

Ni mu gihe kuri iki Cyumweru Igikomangoma Turki al-Faisal cya Arabia Saudite, yavuze ku rugomo rurimo kuba mu Burasirazuba bwo Hagati, yamagana ku mugaragaro Hamas na Israel ku kugaba ibitero ku basivile.

Yavuze ko nta butwari bwabaye ubwo umutwe wa Hamas wagabaga igitero gitunguranye kuri Israel, na yo ikayitura kuyigabaho intambara ititaye ku baturage b’abasivili bazahasiga ubuzima.

Yashimangiye ko icyabayeho gusa ari uko abantu bahapfiriye, anenga iyi myitwarire, ndetse asaba Israel guhagarika iyi ntambara kuko iri kugwamo inzirakarengane nyinshi.

Uretse igikomangoma cya Arabia Saudite, na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Hussein Amir-Abdullahian, yatangaje ko atewe impungenge n’iyi ntambara, avuga ko Israel iramutse ikomeje kugaba ibi bitero, ibintu bizarushaho kuzamba ndetse bikadogera mu karere k’uburasirazuba bwa hagati.

Hussein yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari yo iri kwenyeza umuriro muri iyi ntambara, kubera imfashanyo ya gisirikare iri guha Israel.

Arabishingira ku magambo Perezida Joe Biden yavuze mu cyumweru gishize ubwo yagiriraga uruzinduko muri Israel, akizeza Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu ko America izakora ibishoboka byose igafasha Israel kurandura burundu umutwe wa Hamas yise uw’iterabwoba.

Nubwo Ibihugu byo mubarabu biri kugaragaza impungenge kuri iyi ntambara, Benjamin Netanyahu we akomeje umugambi wayo wo kugaba ibitero ku ntara ya Gaza, ku buryo kuri iki Cyumweru yanatangaje ko intambara barimo ari iyo gupfa no gukira, asaba ingabo n’abaturage ba Israel kwikiza umwanzi ari we Hamas.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + seventeen =

Previous Post

Ubushishozi bw’umuturage bwatumye hatahurwa ibitemewe byari mu gafuka

Next Post

BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

Related Posts

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

BREAKING: Undi 'Mayor' w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.