Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe ikikango cy’igishobora kuvuka mu ntambara ya Israel na Hamas

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hagaragajwe ikikango cy’igishobora kuvuka mu ntambara ya Israel na Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ingabo za Israel zigabye ibitero mu Ntara ya Gaza, muri Syria no ku mupaka wa Libani, hari impungenge ko intambara ihanganishije Israel na Hamas, ishobora gukwira mu Bihugu byose byo mu burasirazuba bwo hagati.

Hamas yatangaje ko abantu 55 baguye muri ibyo bitero byagabwe na Israel mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru mu Ntara ya Gaza.

Ni mu gihe kuri iki Cyumweru Igikomangoma Turki al-Faisal cya Arabia Saudite, yavuze ku rugomo rurimo kuba mu Burasirazuba bwo Hagati, yamagana ku mugaragaro Hamas na Israel ku kugaba ibitero ku basivile.

Yavuze ko nta butwari bwabaye ubwo umutwe wa Hamas wagabaga igitero gitunguranye kuri Israel, na yo ikayitura kuyigabaho intambara ititaye ku baturage b’abasivili bazahasiga ubuzima.

Yashimangiye ko icyabayeho gusa ari uko abantu bahapfiriye, anenga iyi myitwarire, ndetse asaba Israel guhagarika iyi ntambara kuko iri kugwamo inzirakarengane nyinshi.

Uretse igikomangoma cya Arabia Saudite, na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Hussein Amir-Abdullahian, yatangaje ko atewe impungenge n’iyi ntambara, avuga ko Israel iramutse ikomeje kugaba ibi bitero, ibintu bizarushaho kuzamba ndetse bikadogera mu karere k’uburasirazuba bwa hagati.

Hussein yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari yo iri kwenyeza umuriro muri iyi ntambara, kubera imfashanyo ya gisirikare iri guha Israel.

Arabishingira ku magambo Perezida Joe Biden yavuze mu cyumweru gishize ubwo yagiriraga uruzinduko muri Israel, akizeza Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu ko America izakora ibishoboka byose igafasha Israel kurandura burundu umutwe wa Hamas yise uw’iterabwoba.

Nubwo Ibihugu byo mubarabu biri kugaragaza impungenge kuri iyi ntambara, Benjamin Netanyahu we akomeje umugambi wayo wo kugaba ibitero ku ntara ya Gaza, ku buryo kuri iki Cyumweru yanatangaje ko intambara barimo ari iyo gupfa no gukira, asaba ingabo n’abaturage ba Israel kwikiza umwanzi ari we Hamas.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 16 =

Previous Post

Ubushishozi bw’umuturage bwatumye hatahurwa ibitemewe byari mu gafuka

Next Post

BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

BREAKING: Undi 'Mayor' w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.