• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hagiye hanze amajwi bivugwa ko ari aya Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Migi usanzwe ari umutoza wungirije wa Muhazi FC, asaba myugariro w’ikipe ya Musanze FC gutsindisha iyi kipe ye kugira ngo bafashe Kiyovu Sports kutamanuka mu cyiciro cya kabiri.

Aya amajwi yagiye hanze, yumvikana aho Mugiraneza Jean Baptiste Migi, aho yaganiraga na myugariro ukomoka muri Uganda ukinira Musanze FC, Bakaki Shafiq kuri telefone aho yumvikana amusaba kuza kwitsindisha ku mukino bari bafitanye na Kiyovu Sports.

Migi yumvikana avuga ko afite isezerano ko azaba umutoza muri Kiyovu Sports, kandi ko atayijyamo iyi kipe yaramanutse, bityo rero agasaba uyu mukinnyi kwitsindisha kugira ngo Kiyovu itamanuka.

Migi yakomeje avuga ko adakunda umukinnyi witwa Imurora Japhet kubera ibyo yamukoreye, yizeza uyu myugariro ko agomba kumujyana muri Kiyovu Sports umwaka utaha. Ati “Uramfasha iki rero?” Shafiq ati “Coach urabizi turi mu gifungo, rero sinzi icyo ngiye kugufasha.”

Shafiki yakomeje kuvuga yumvikana ko ibyo asabwa na Migi yakabaye abikora ariko ko kuba ari mu gisibo bishobora kumugora. Ati “Ikibazo ni igifungo.” Migi ati “none ubwo nkore iki?” Shafiq ati “Ntabwo byemewe muri swaumu?”, Migi ati “Ngaho ngira inama” Yongera kumusubiza agira ati “Ahari coach vugana n’abo ngabo [yari yamubwiye ko hari abandi bakinnyi yizeye babimufashamo].”

Uyu mukino waje kurangira ikipe ya Musanze FC itsinze Kiyovu Sports ibitego 3-0 ndetse n’uyu myugariro wari wanyuzweho na Migi akaba yaratsinzemo igitego.

Umutoza Mugiraneza Jean Baptiste Migi
Bakaki Shafiki

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + ten =

Previous Post

Amakuru agezweho ku biganiro biherutse gutangazwa bya M23 n’Ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Icyo u Bubiligi buvuga ku cyemezo u Rwanda rwafashe

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Icyo u Bubiligi buvuga ku cyemezo u Rwanda rwafashe

Icyo u Bubiligi buvuga ku cyemezo u Rwanda rwafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.