Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hagiye hanze amajwi bivugwa ko ari aya Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Migi usanzwe ari umutoza wungirije wa Muhazi FC, asaba myugariro w’ikipe ya Musanze FC gutsindisha iyi kipe ye kugira ngo bafashe Kiyovu Sports kutamanuka mu cyiciro cya kabiri.

Aya amajwi yagiye hanze, yumvikana aho Mugiraneza Jean Baptiste Migi, aho yaganiraga na myugariro ukomoka muri Uganda ukinira Musanze FC, Bakaki Shafiq kuri telefone aho yumvikana amusaba kuza kwitsindisha ku mukino bari bafitanye na Kiyovu Sports.

Migi yumvikana avuga ko afite isezerano ko azaba umutoza muri Kiyovu Sports, kandi ko atayijyamo iyi kipe yaramanutse, bityo rero agasaba uyu mukinnyi kwitsindisha kugira ngo Kiyovu itamanuka.

Migi yakomeje avuga ko adakunda umukinnyi witwa Imurora Japhet kubera ibyo yamukoreye, yizeza uyu myugariro ko agomba kumujyana muri Kiyovu Sports umwaka utaha. Ati “Uramfasha iki rero?” Shafiq ati “Coach urabizi turi mu gifungo, rero sinzi icyo ngiye kugufasha.”

Shafiki yakomeje kuvuga yumvikana ko ibyo asabwa na Migi yakabaye abikora ariko ko kuba ari mu gisibo bishobora kumugora. Ati “Ikibazo ni igifungo.” Migi ati “none ubwo nkore iki?” Shafiq ati “Ntabwo byemewe muri swaumu?”, Migi ati “Ngaho ngira inama” Yongera kumusubiza agira ati “Ahari coach vugana n’abo ngabo [yari yamubwiye ko hari abandi bakinnyi yizeye babimufashamo].”

Uyu mukino waje kurangira ikipe ya Musanze FC itsinze Kiyovu Sports ibitego 3-0 ndetse n’uyu myugariro wari wanyuzweho na Migi akaba yaratsinzemo igitego.

Umutoza Mugiraneza Jean Baptiste Migi
Bakaki Shafiki

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 5 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku biganiro biherutse gutangazwa bya M23 n’Ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Icyo u Bubiligi buvuga ku cyemezo u Rwanda rwafashe

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Bubiligi buvuga ku cyemezo u Rwanda rwafashe

Icyo u Bubiligi buvuga ku cyemezo u Rwanda rwafashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.