Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hahise hafatwa icyemezo nyuma yuko Perezida Kagame avuze ku kibazo cya Pele Stadium

radiotv10by radiotv10
23/08/2024
in MU RWANDA
0
BREAKING: Hahise hafatwa icyemezo nyuma yuko Perezida Kagame avuze ku kibazo cya Pele Stadium
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko hashatswe moteri izaba yifashishwa mu gucana amatara yo kuri Kigali Pele Stadium, nyuma y’uko Perezida Paul Kagame agize icyo avuga kuri iki kibazo cya Moteri idafite imbaraga cyatumaga nta mikino ikinirwa kuri iyi Sitade mu masaha y’ijoro.

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024, ikinyamakuru The Chronicles cyatangaje amakuru ko igenzura ryakozwe n’Umujyi wa Kigali ufatanyije na FERWAFA, ryagaragaje ko moteri yifashishwa mu gucana amatara kuri Kigali Pele Stadium idafite imbaraga zihagije.

Ni ikibazo cyanemejwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwavugaga ko hatumijwe indi moteri izifashishwa, ikazagera mu Rwanda mu mezi atatu ari imbere.

Icyakora ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwavugaga ko amakipe yumva yabishobora, ko yazana moteri kugira ngo abashe gukinira kuri iyi stade mu masaha y’ijoro.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame utanyuzwe n’iki gisubizo cy’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, yavuze ko ibi bitari bikwiye kubaho.

Gusa ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwatangaje ko bwafashe ikindi cyemezo cyo gushaka umuti w’agateganyo w’iki kibazo, aho gutegereza amezi atatu iyi moteri yatumirijwe izaba yageze mu Rwanda.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma-Claudine Ntirenganya, mu kiganiro yagiranye na Igihe, yavuze ko hafashwe ingamba zo kugira ngo amakipe yifuza gukinira kuri Kigali Pele Stadium mu masaha y’ijoro, akine imikino yayo.

Yagize ati “Twasanze tutayitegereza ngo igere i Kigali. Muri iyi minsi amakipe yifuza gukina nijoro yahakinira kubera ko hari indi moteri twashatse tuzaba twifashisha.”

Emma-Claudine Ntirenganya uvuga ko imikino izakomeza gukinirwa kuri iyi Sitade nk’uko bisanzwe, yavuze ko icyatumye gutumiza iyi moteri bitinda mu gihe byari byemewe muri Werurwe umwaka ushize, ari uko amafaranga yagombaga gukoreshwa ari ay’uyu mwaka w’ingengo y’imari watangiye mu kwezi gushize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 13 =

Previous Post

Basketaball y’abagore: Ikipe y’u Rwanda yatangiye ishimisha Abanyarwanda yatsinzwe ariko amahirwe agumaho

Next Post

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.