Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Haketswe icyateye inkongi yibasiye inyubako ikoreramo Polisi kuri Noheli

radiotv10by radiotv10
26/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Haketswe icyateye inkongi yibasiye inyubako ikoreramo Polisi kuri Noheli
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako iherereye ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge izwi nko kwa Kabuga, isanzwe ikoreramo Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yibasiwe n’nkongi y’umuriro ku munsi w’Imana ukaba ari na Noherli, aho Polisi yatangaje igikekwa kuba cyateye iyi nkongi.

Iyi nyubaho igeretse, yafashwe n’inkongi kuri iki Cyumweru tariki 25 Ukuboza 2022 ubwo Abaturarwanda bari bahugiye mu kwizihiza umunsi mukuru wibutsa ivuka rya Yezu/Yesu.

Iyi nkongi yadutse ahangana saa munani zirengaho iminote micye, ifata igice cyo hejuru kigizwe n’ibyumba bibiri birimo igice kimwe cyari ibiro ndetse n’ikindi gice kitakorerwagamo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera ubwo yagarukaga ku cyaba cyateye iyi nkongi, yagize ati “Harakekwa ko ari amashanyarazi ashobora kuba yayiteye.”

CP John Bosco Kabera avuga ko ishami rya polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryihutuye kuhagera, rikazimya uyu muriro utarakwira mu bindi bice.

Ati “Urabizi ko iriya nzu ifite ibyumba byinshi ndetse ikorerwamo Abapolisi benshi, ikintu gikomeye rero ni uko inkongi itakwiriye mu bindi byumba, ibyagaragaweho umuriro byahise bizimwa, ikindi ntawakomerekeyemo.”

CP John Bosco Kabera yamaze impungenge abakekaga ko muri iyi nkongi haba hahiriyemo impushya zo gutwara ibinyabiziga z’abantu, avuga ko hari ikindi kigo cya Polisi gisigaye gishinzwe izo mpushya gisigaye gikorera ahazwi nko mu Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Yavuze kandi ko n’igice cyahiye ntaho gihuriye n’igice gikoresherezwamo ibizamini byo gutwara ibinyabiziga, kuko icyo cyumba cyo kiri hasi mu gihe ahahiye ari hejuru.

Ati “Abantu ntibagire impungenge ko impushya zabo zaba zahiye cyangwa ejo batazakora ibizamini.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + fourteen =

Previous Post

Rubavu: Hatahuwe ikiri gutera abana ubushyuhe bwateye umwana w’imyaka 13 gusambanya uw’ibiri

Next Post

Uganda: Herekanywe umurundo w’ibirwanisho kabuhariwe by’ibyihebe bya ADF byafashwe

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Herekanywe umurundo w’ibirwanisho kabuhariwe by’ibyihebe bya ADF byafashwe

Uganda: Herekanywe umurundo w’ibirwanisho kabuhariwe by’ibyihebe bya ADF byafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.