Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Haketswe icyateye inkongi yibasiye inyubako ikoreramo Polisi kuri Noheli

radiotv10by radiotv10
26/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Haketswe icyateye inkongi yibasiye inyubako ikoreramo Polisi kuri Noheli
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako iherereye ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge izwi nko kwa Kabuga, isanzwe ikoreramo Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yibasiwe n’nkongi y’umuriro ku munsi w’Imana ukaba ari na Noherli, aho Polisi yatangaje igikekwa kuba cyateye iyi nkongi.

Iyi nyubaho igeretse, yafashwe n’inkongi kuri iki Cyumweru tariki 25 Ukuboza 2022 ubwo Abaturarwanda bari bahugiye mu kwizihiza umunsi mukuru wibutsa ivuka rya Yezu/Yesu.

Iyi nkongi yadutse ahangana saa munani zirengaho iminote micye, ifata igice cyo hejuru kigizwe n’ibyumba bibiri birimo igice kimwe cyari ibiro ndetse n’ikindi gice kitakorerwagamo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera ubwo yagarukaga ku cyaba cyateye iyi nkongi, yagize ati “Harakekwa ko ari amashanyarazi ashobora kuba yayiteye.”

CP John Bosco Kabera avuga ko ishami rya polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryihutuye kuhagera, rikazimya uyu muriro utarakwira mu bindi bice.

Ati “Urabizi ko iriya nzu ifite ibyumba byinshi ndetse ikorerwamo Abapolisi benshi, ikintu gikomeye rero ni uko inkongi itakwiriye mu bindi byumba, ibyagaragaweho umuriro byahise bizimwa, ikindi ntawakomerekeyemo.”

CP John Bosco Kabera yamaze impungenge abakekaga ko muri iyi nkongi haba hahiriyemo impushya zo gutwara ibinyabiziga z’abantu, avuga ko hari ikindi kigo cya Polisi gisigaye gishinzwe izo mpushya gisigaye gikorera ahazwi nko mu Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Yavuze kandi ko n’igice cyahiye ntaho gihuriye n’igice gikoresherezwamo ibizamini byo gutwara ibinyabiziga, kuko icyo cyumba cyo kiri hasi mu gihe ahahiye ari hejuru.

Ati “Abantu ntibagire impungenge ko impushya zabo zaba zahiye cyangwa ejo batazakora ibizamini.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 13 =

Previous Post

Rubavu: Hatahuwe ikiri gutera abana ubushyuhe bwateye umwana w’imyaka 13 gusambanya uw’ibiri

Next Post

Uganda: Herekanywe umurundo w’ibirwanisho kabuhariwe by’ibyihebe bya ADF byafashwe

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

IZIHERUKA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we
MU RWANDA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Herekanywe umurundo w’ibirwanisho kabuhariwe by’ibyihebe bya ADF byafashwe

Uganda: Herekanywe umurundo w’ibirwanisho kabuhariwe by’ibyihebe bya ADF byafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.