Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

radiotv10by radiotv10
29/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge Bomusa wavuze ko ngo ‘gushaka umugore w’Umututsikazi muri iki gihe bisaba kwitonda’.

Ni imvugo zatangajwe n’uyu Muvugizi w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Gatandatu ubwo yari ku Gitangazamakuru cy’Igihugu RTNC (Radio Télévision Nationale Congolaise).

Uyu musirikare wakoresheje imvugo yumvikanamo ingengabitekerezo mbi, yagize ati “Muri iki gihe gushakana n’umugore w’Umututsikazi, ugomba kwitonda, ugomba kwitonda. Kuko ni byo bakoreye aba shefi b’uduce tunyuranye ahantu henshi. Bazaguha umugore ariko uzakira uwo mu muryango we yaba umwisengeneza cyangwa mubyara we aze iwawe, akubwire ko ari mubyara we ariko mu byukuri atari mwisengeneza we cyangwa mubyara we ahubwo ari umuntu uje kuzabyarana n’umugore wawe mu rugo rwawe.”

Muri iri jambo rutwitsi, Maj Gen Sylvain Ekenge Bomusa akomeza avuga ko ngo umugore w’Umututsikazi azakora ibi, ubundi ngo akubwire ko Abatutsi biganza cyane.

Ati “Ubundi bakubwire ngo ‘abana bavutse ari Abatutsi, ni Abatutsi, kuko ubwoko bw’Abatutsi bwiganza’, ariko ari ikinyoma cy’ubucakura.”

Ni amagambo akomeje kwamaganirwa kure n’abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, wavuze ko bibabaje mu gihe nk’iki cy’Iminshi mikuru irimo Noheli “ubundi cyagombaga kuba icy’amahoro, ariko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kuyoboka inzira inyuranye n’ayo bwimakaza amacakubiri ya Jenoside.”

Nduhungirehe wagarutse ku bikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Congo birimo kuba bukorana n’Umutwe w’Abajenosideri wa FDLR, kurasa ibisasu ku Banyekongo b’Abatutsi barimo Abanyamulenge, ndetse n’abandi basaba ku mugaragaro ko “inyenzi z’Abatutsi” zirimburwa, yavuze ko ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa FARDC ari agahomamunwa.

Ati “Noneho Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo FARDC, yemeje kuri Televiziyo y’Igihugu itegeko rya mbere mu mategeko icumi y’Abahutu ryatangajwe mu kinyamakuru Kangura cy’abahezanguni bazwi cyane mu Rwanda.”

Aya mategeko yasohowe na Gitera Joseph mu 1959, irya mbere ryashishikarizaga Abahutu kutizera Abatutsi, aho aya mategeko ari mu byabibye bikanenyegeza urwango Abahutu bagiriye Abatutsi kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Nduhungirehe yavuze ko “Uyu mujenerali w’Umunyekongo ntagarukira aho ahubwo asubiramo inyigisho z’ubukoloni zabaye intandaro y’amacakubiri y’ubwoko’ zikanageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ukuvuga inyigisho z’uko Abatutsi ari abantu ‘b’Aba-nilotiques’ (Abantu bakomoka mu kibaya cya Nil) bigaruriye u Rwanda bagategeka Abahutu, ndetse bakigarurira ‘ururimi rwabo rwa Bantu’, Ikinyarwanda.”

Uretse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, abandi bantu banyuranye bakomeje kwamagana iriya mvugo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wa FARDC, aho nka Guverineri Wungirije wa Kivu ya Ruguru, Manzi Willy, yavuze ko bibabaje kuba umuntu nk’uriya asaba Abanyekongo kudashakana n’Abatutsikazi. Ati “Ibi bintu bifite ingaruka ikomeye cyane.”

Manzi Willy wifashishije amateka yo muri Afurika y’Epfo aho higeze kubaho itegeko ryabuzaga abantu gushaka abantu bo mu bwoko runaka, ariko bikaba byaragiza ingaruka zikomeye, yavuze ko ubutumwa nka buriya butashyizwe mu itegeko ariko bibabaje kuba bwatambutse ku gitangazamakuru cy’Igihugu kandi bukavugwa n’Umuvugizi w’Igisirikare mu izina ryacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + seventeen =

Previous Post

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Next Post

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.