Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye aho Tshisekedi yari ari ubwo Abaperezida baganiraga ku bibazo by’Igihugu cye

radiotv10by radiotv10
16/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye aho Tshisekedi yari ari ubwo Abaperezida baganiraga ku bibazo by’Igihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba baherutse guhurira mu biganiro byiga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitagaragayemo Felix Tshisekedi uyobora iki Gihugu. Hamenyekanye aho yari ari ubwo iyi nama yabaga.

Ni inama yabaye ku wa Gatatu w’iki w’iki cyumweru tariki 14 Ukuboza 2022 yitabiriwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, William Ruto wa Kenya, Madamu Samia Suluhu Hassan wa Tanzania ndetse n’uyoboye ICGLR, João Lourenço akaba na Perezida wa Angola wanashyizweho nk’umuhuza mu bibazo bya Congo Kinshasa.

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ntiyagaragaye muri ibi biganiro byigaga ku bibazo by’umutekano byugarije Igihugu cye, kimwe na Salva Kiir wa Sudan y’Epfo utari kumwe na bagenzi be bo muri EAC.

Kuri uyu wa Kane tariki 15 Ukuboza 2022, hongeye kuba indi nama yahuje Perezida Evariste Ndayishimiye, João Lourenço na Felix Tshisekedi yo kumenyesha uyu mukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imyanzuro yafatiwe muri iriya yabaye ku wa Gatatu ntayigaragaremo.

Nkuko tubikesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Felix Tshisekedi ntiyitabiriye iriya nama yo ku wa Gatatu yari igamije kurebera hamwe umuti w’ibibazo byugarije Igihugu ayoboye kuko “ubwo yabaga yari yatumiwe muri Maison Blanche (Ingoro ya Perezida wa USA) na Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America.”

Muri iyi nama yahuje Abakuru b’Ibihugu batatu yabaye kuri uyu wa Kane, hagarutswe ku myanzuro yafatiwe mu nama yabereye i Luanda tariki 23 Ugushyingo 2022, yemeje ko M23 ihagarika imirwano, ikava mu bice yafashe ndetse ikanamburwa intwaro.

Tshisekedi yari yagiye kubonana na Biden

Kuri uyu wa Kane habaye inama yo kumumenyesha ibyavuye muri iriya nama atitabiriye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Rubavu: Abaturage bakoze ikintu gitangaje bumvise ko hari abajura babiri barashwe

Next Post

Hagati ya M23 na FARDC byasubiye irudubi bongera gukozanyaho

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagati ya M23 na FARDC byasubiye irudubi bongera gukozanyaho

Hagati ya M23 na FARDC byasubiye irudubi bongera gukozanyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.