Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/07/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y’umwaka utaha w’imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo na Simba Sports Club yo muri Tanzania.

Ibi byatangajwe n’Umunyobozi wa APR FC, Brigadier General Déo Rusanganwa mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10.

Chairman wa APR FC, yanagarutse ku makuru yari amaze iminsi avugwa ko iyi kipe  yaba yarifuje gukina na Kaizer Chiefs yo mu cyiciro cya mbere muri Afurika y’Epfo, avuga ko koko icyo cyifuzo cyabayeho ariko ariko haza kubaho imbogamizi z’uko iyi kipe ifite irushanwa izitabira mu Gihugu cyabo mu ntangiriro z’ukwezi kwa 8.

Yakomeje avuga ko bakibona ko gukina na Kaizer Chiefs bitagikunze, bahisemo kwandikira ikipe ya Simba Sports Club na Azam FC zombi zo muri Tanzania.

Yagize ati “Twandikiye Azam na Simba SC tuzisaba imikino ya gicuti, dutegereje ko amatariki twabahaye bayemeza, tuzababwira.”

Uyu Muyobozi wa APR FC, yemereye RADIOTV10 ko gukina na Azam ari byo bifite amahirwe menshi kuko yo banayisabye ko bakina tariki ya 17 Kanama 2025 bakaba bategereje igisubizo.

Kuri Simba SC, yavuze ko bagifite imbogamizi z’uko iyi kipe itaratangira imyitozo bityo batazi igihe izabonekera.

APR FC imaze iminsi ikina imikino ya gicuti mu rwego rwo gutyaza imyiteguro y’umwaka w’imikino utaha, aho iheruka kunyagira Gasogi United ibitego 4-1, ikaba kandi yananganyije na Gorilla ibitego 2-2

Mu mukino APR yanganyijemo na Gorilla FC kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga, Abakinnyi barimo Tuyisenge Arsène, Dushimimana Olivier uzwi nka Muzungu na Mugiraneza Frodouard ntibagaragaye, bivugwa ko uko ari batatu bazatizwa, cyane ko Umutoza w’iyi kipe yamaze kubwira Ubuyobozi ko ashaka kuzakoresha Abakinnyi 26.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo izwi CAF Champions League.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Ibisobanuro by’umusore ukurikiranyweho gushimuta inyoni iri mu zirinzwe mu Rwanda

Next Post

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Related Posts

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

by radiotv10
28/10/2025
0

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bugifitiye icyizere umutoza mushya wayo, Taleb Abderrahim...

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

by radiotv10
28/10/2025
0

The Rwanda Football Federation (FERWAFA) has announced that the Video Assistant Referee (VAR) technology, which helps improve refereeing decisions, will...

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

by radiotv10
28/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ishyihamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikoranabuhanga ryinganira imisifurire rizwi nka VAR (Video Assistant Referee) rizatangira gukoreshwa...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Umunyamakurukazi Clarisse Uwimana uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, ari mu bahawe inshingano mu bagize za Komisiyo z’Ishyirahamwe ry’Umupira...

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

by radiotv10
24/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko riri mu biganiro na FIFA kugira ngo shampiyona yo mu Rwanda itangire...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.