Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin; n’umuyobozi w’itsinda ry’indwanyi z’abacancuro rya Wagner, Yevgeny Prigozhin, hamenyekanye amakuru ko bahuye, nyuma y’uko mu minsi ishize havugwaga kurebana ay’ingwe.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya Kremlin, Dmitry Peskov kuri uyu wa Mbere.

Dmitry Peskov yatangaje ko Yevgeny Prigozhin ari mu bayobozi bakuru ba Wagner bahuye na Putin mu Biro bye bya Kremlin tariki 29 z’ukwezi gushize kwa Kamena.

Ibiganiro byahuje Putin n’aba bakuriye uyu mutwe w’abacancuro, byamaze amasaha atatu, aho byari byitabiriwe n’abantu 35.

Ni ku nshuro ya mbere mu myaka 20 ishize Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya, bitangaje ko Perezida Putin yaganiriye n’umuntu wagaragaje ukutajya imbizi na we.

Ibi biganiro kandi byabaye nyuma y’uko habaye ugusa nko guhangana gukomeye hagati y’ubutegetsi bw’u Burusiya n’iri tsinda rya Wagner, kwanakurikiwe no kuba urikuriye yarahise ahungira muri Belarus, Igihugu gisanzwe ari inshuti n’u Burusiya, nyuma y’uko hari hamaze kubaho ubwumvikane na Perezida wacyo Alexander Lukashenko.

Ibyabaye muri kiriya Gihugu, byakurikiwe no kuba Putin yarashinjaga iri tsinda kwigomeka n’ubugambanyi, mu gihe Prigozhin na we yatangazaga ko bashenguwe n’uburyo Igisirikare cy’u Burusiya cyamwiciye abarwanyi.

Icyo gihe yari yohereje abarwanyi be i Moscow mu Murwa Mukuru w’u Burisiya, bitwaje imbunda ziremereye, bavuga ko bagiye gukuraho igisirikare cy’iki Gihugu, ariko baza kugarukira mu nzira.

Abasesenguzi mu Burengerazuba bw’Isi, bavuga ko ibyabaye byose byagaragaje ko ububasha bwa Putin buri kugabanuka.

Umuvugizi wa Kremlin, Peskov ubwo yagarukaga kuri ibi biganiro byahuje Putin n’abakuriye Wagner, yavuze ko atazi ibirambuye ku byo baganiriyeho, ariko ko Putin yasabye ko “hakorwa isuzuma” ku bikorwa bya Wagner mu rugamba muri Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 7 =

Previous Post

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Next Post

Ibyabaye kuri Padiri wari wagiye kugira uko yigenza muri Lodge biri kuvugisha benshi

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabaye kuri Padiri wari wagiye kugira uko yigenza muri Lodge biri kuvugisha benshi

Ibyabaye kuri Padiri wari wagiye kugira uko yigenza muri Lodge biri kuvugisha benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.