Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe n’Urukukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda (TPIR/ICTR) bakaza koherezwa muri Niger bitamenyeshejwe u Rwanda, byamenyekanye ko yitabye Imana.

Aba Banyarwanda umunani batangiye kugarukwaho cyane mu mpera za 2021, ubwo boherezwaga muri Niger mu buryo butavuzweho rumwe kuko bitamenyeshejwe u Rwanda, nk’abaturage barwo kuko bafite ubwengihugu bwarwo.

Aba bantu bari baroherejwe muri Niger barimo abari bagiye kuharangiriza ibihano n’abari baragizwe abere, ni Gratien Kabiligi, Anatole Nsengyiyumva, Innocent Sagahutu, Prosper Mugiraneza, Justin Mugenzi, Casimir Bizimungu, Jerome Bicamumpaka na André Ntagerura.

Guverinoma ya Niger kandi yaje gufataga icyemezo cyo kubirukana, ariko ababunganira barakijurira, bituma kiba gihagaritswe.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), itangaza ko umwe muri abo bantu umunani yapfiriye i Niamey muri Niger mu cyumweru gishize.

RFI itigeze ivuga amazina y’uyu mugabo, itangaza ko uwapfuye yari afite imyaka 70 y’amavuko, atarabasha guhura n’umuryango we usanzwe uba mu mahanga.

Me Kadidiatou Hamadou, Umunyamategeko wunganiraga uyu wapfuye, yatangaje ko yari yarahamijwe ibyaha birimo gushishikariza abandi gukora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu Munyamategeko, avuga ko umukiliya we kuva yagera muri Niger mu mpera za 2021, yabaga mu nzu yari igoswe na Polisi, aho yabanaga na bagenzi be baridnwi bari baroherejwe ku bwumvikane bw’amasezerano ya Niger ndetse n’Urwego rwashyiriweho kurangiza imanza zasizwe na TPIR.

Uyu munyamategeko yavuze ko batigeze bahabwa ibyangombwa byabo ndetse n’inyandiko zo kwidegembya. Ati “I Niamey n’ubundi bameze nk’ababa muri Gereza.”

Aba Banyarwanda umunani boherejwe muri Niger, bitamenyeshejwe Guverinoma y’u Rwanda, byanatumye itangaza ko bitayinyuze kuko yagombaga kubimenyeshwa kuko aba bantu bafite ubwenegihugu bw’inkomoko bw’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda yavugaga ko abo bantu bafite uburenganzira bwo kuba aho bashatse ku Isi, ariko ko iyoherezwa ryabo ryagomba kuyimenyeshwa, yanavuze ko nibaramuka bashaka gusanga imiryango yabo mu Rwanda, imiryango ifunguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + seven =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Bwa mbere RDF yasobanuye impamvu zatumye hirukanwa burundu Abajenerali babiri

Next Post

Bwa mbere America yavuze ku Munyarwanda wafashwe wari warashyiriweho 5.000.000$

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana

Bwa mbere America yavuze ku Munyarwanda wafashwe wari warashyiriweho 5.000.000$

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.