Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyahanishijwe uwagonze umunyamakuru Ntwali agahita apfa

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hatanzwe amakuru mashya ku mpanuka yahitanye umunyamakuru n’icyatumye bitinda kumenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Bagirishya Moise wari utwaye ikinyabiziga cyagonze umunyamakuru Ntwali John Williams akitaba Imana, yahamijwe ibyaha birimo icyo kwica umuntu bidaturutse ku bushake, ahanishwa gutanga ihazabu ya miliyoni 1 Frw.

Uyu witwa Bagirishya Moise Emmanuel yahamijwe kandi icyaha cyo gukomeretsa undi bidaturutse ku bushake, nkuko byemejwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gashyantare 2023.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe, avuga ko urukiko rwahamije uyu Bagirishya ibi byaha uyu munsi ku wa Kabiri, rukamuhanisha gutanga ihazabu ya Miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1 000 000 Frw).

Umunyamakuru Ntwali John Williams yitabye Imana azize impanuka yabaye mu ijoro ryo ku ya 17 Mutarama 2023, ariko urupfu rwe ruza kumenyekana nyuma y’iminsi ibiri tairki 19 Mutarama.

Urupfu rwe rwagiye ruvugwaho ibintu bitandukanye byavugwaga n’abarimo abasanzwe bavuga nabi u Rwanda, basabaga ko habaho iperereza ryimbitse ku cyahitanye uyu munyamakuru.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko Ntwali John Williams atari we wa mbere witabye Imana azize impanuka nubwo urupfu niyo rwaba ari urw’umuntu umwe ari igihombo.

Icyo gihe ubwo yasubizaga umwe mu bari bazamuye impaka, Yolande Makolo yagize ati “Abanyarwanda umunani (8) baburiye ubuzima mu mpanuka za moto muri uku kwezi gusa [Mutarama 2023], buri rupfu ni igihombo kibabaje.”

Icyo gihe kandi Yolande Makolo yakomeje avuga kuri iyi mpanuka yahitanye Ntwali John Williams, agira ati “Umushoferi ubikekwaho arafunzwe kandi azagezwa imbere y’Urukiko. Naho umumotari we ari koroherwa aho arwariye mu bitaro.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. C .E RDA says:
    3 years ago

    Ubu Koko namwe mwemeye mwandika iyinkuru subu ntanisoni 1m kumugabo warikuzakorera izirenze uwagonze bamumaze ubwoba azagonga nabandi ahaaa ndumiwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 4 =

Previous Post

Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Next Post

Hatahuwe amakuru atangaje ku Mupadiri wo mu Rwanda uherutse gusezera

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe amakuru atangaje ku Mupadiri wo mu Rwanda uherutse gusezera

Hatahuwe amakuru atangaje ku Mupadiri wo mu Rwanda uherutse gusezera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.