Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyahanishijwe uwagonze umunyamakuru Ntwali agahita apfa

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hatanzwe amakuru mashya ku mpanuka yahitanye umunyamakuru n’icyatumye bitinda kumenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Bagirishya Moise wari utwaye ikinyabiziga cyagonze umunyamakuru Ntwali John Williams akitaba Imana, yahamijwe ibyaha birimo icyo kwica umuntu bidaturutse ku bushake, ahanishwa gutanga ihazabu ya miliyoni 1 Frw.

Uyu witwa Bagirishya Moise Emmanuel yahamijwe kandi icyaha cyo gukomeretsa undi bidaturutse ku bushake, nkuko byemejwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gashyantare 2023.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe, avuga ko urukiko rwahamije uyu Bagirishya ibi byaha uyu munsi ku wa Kabiri, rukamuhanisha gutanga ihazabu ya Miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1 000 000 Frw).

Umunyamakuru Ntwali John Williams yitabye Imana azize impanuka yabaye mu ijoro ryo ku ya 17 Mutarama 2023, ariko urupfu rwe ruza kumenyekana nyuma y’iminsi ibiri tairki 19 Mutarama.

Urupfu rwe rwagiye ruvugwaho ibintu bitandukanye byavugwaga n’abarimo abasanzwe bavuga nabi u Rwanda, basabaga ko habaho iperereza ryimbitse ku cyahitanye uyu munyamakuru.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko Ntwali John Williams atari we wa mbere witabye Imana azize impanuka nubwo urupfu niyo rwaba ari urw’umuntu umwe ari igihombo.

Icyo gihe ubwo yasubizaga umwe mu bari bazamuye impaka, Yolande Makolo yagize ati “Abanyarwanda umunani (8) baburiye ubuzima mu mpanuka za moto muri uku kwezi gusa [Mutarama 2023], buri rupfu ni igihombo kibabaje.”

Icyo gihe kandi Yolande Makolo yakomeje avuga kuri iyi mpanuka yahitanye Ntwali John Williams, agira ati “Umushoferi ubikekwaho arafunzwe kandi azagezwa imbere y’Urukiko. Naho umumotari we ari koroherwa aho arwariye mu bitaro.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. C .E RDA says:
    3 years ago

    Ubu Koko namwe mwemeye mwandika iyinkuru subu ntanisoni 1m kumugabo warikuzakorera izirenze uwagonze bamumaze ubwoba azagonga nabandi ahaaa ndumiwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + four =

Previous Post

Umuraperi uri kugaragara mu myambarire yihariye agiye gutungurana nyuma y’imyaka 7 adakora

Next Post

Hatahuwe amakuru atangaje ku Mupadiri wo mu Rwanda uherutse gusezera

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe amakuru atangaje ku Mupadiri wo mu Rwanda uherutse gusezera

Hatahuwe amakuru atangaje ku Mupadiri wo mu Rwanda uherutse gusezera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.