Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyakurikiye ifatwa ry’uregwa kwica ababyeyi b’uwabaye Minisitiri mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hafashwe ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko mu rupfu rw’ababyeyi ba Uwacu Julienne bishwe mu 1994, hanafashwe mushiki w’uyu mugabo, ukekwaho ibyaha bifitanye isano no kumukingira ikibaba.

Uwabanje gufatwa ni Nsabimana Ildephonse uzwi nka Ntabarimfasha, wari waratorotse nyuma yo gushinjwa mu Nkiko Gacaca ariko akaza kugaruka mu Rwanda muri Mutarama 2023, ari na bwo yahise atabwa muri yombi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi uyu mugabo, rwamushyikirije Ubushinjacyaha, na bwo bumuregera Urukiko, ndetse ubu akaba yaratangiye gukurikiranwa n’inzego z’ubucamanza.

Aregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko mu kwica ababyeyi ba Uwacu Julienne, ari bo Ndabarinze Faustin na Nyirakanyana Martine.

Nyuma y’ifatwa rya Nsabimana Ildephonse, haje no gutabwa muri yombi mushiki we Nzitukuze Pascasie ukekwaho ibyaha bifitanye isano no gukingira ikibaba musaza we, akoresheje uburiganya dore ko yahoze ari umuyobozi mu nzego z’ibanze.

Nzitukuze Pacasie wayoboraga Akagari ka Mucinyiro ko mu Murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu, hagati ya 2003 na 2017, akurikiranyweho ibyaha birimo guhimba cyangwa guhindura inyandiko, n’icyaha cyo gukoresha igitinyiro mu buriganya.

Ni ibyaha bishingiye ku kuba yarakoresheje ububasha yari afite kugira ngo abone inyandiko y’umwanzuro w’Urukiko Gacaca, igaragaza ko musaza we ari umwere.

Nzitukuze Pacasie watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu cyumweru gishize tariki 22 Nyakanga 2023, yafatiwe mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Nyakiriba.

Ifatwa rye ryaturutse ku nyandiko zatanzwe n’abo mu muryango Nsabimana Ildephonse barimo n’uyu mushiki we Nzitukuze, igaragaza ko uyu mugabo ari umwere.

Iyi nyandiko yakemangwaga ku mwimerere wayo, yajyanywe muri Laboratwari y’ibimenyetso bya gihanga, yagaragaje ko iyi nyandiko atari umwimerere, ari na byo byatumye Nzitukuze afatwa.

Nzitukuze Pacasie ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Gisenyi y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kugira ngo hakorwe iperereza, rizatuma uru rwego rukora dosiye yo gushyikiriza Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Rwabuze gica hagati y’amakipe abiri akomeye i Burayi kubera umukinnyi wifuzwamo akayabo gahanitse

Next Post

Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n’inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n’inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n'inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.