Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyakurikiye ifatwa ry’uregwa kwica ababyeyi b’uwabaye Minisitiri mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hafashwe ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko mu rupfu rw’ababyeyi ba Uwacu Julienne bishwe mu 1994, hanafashwe mushiki w’uyu mugabo, ukekwaho ibyaha bifitanye isano no kumukingira ikibaba.

Uwabanje gufatwa ni Nsabimana Ildephonse uzwi nka Ntabarimfasha, wari waratorotse nyuma yo gushinjwa mu Nkiko Gacaca ariko akaza kugaruka mu Rwanda muri Mutarama 2023, ari na bwo yahise atabwa muri yombi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi uyu mugabo, rwamushyikirije Ubushinjacyaha, na bwo bumuregera Urukiko, ndetse ubu akaba yaratangiye gukurikiranwa n’inzego z’ubucamanza.

Aregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko mu kwica ababyeyi ba Uwacu Julienne, ari bo Ndabarinze Faustin na Nyirakanyana Martine.

Nyuma y’ifatwa rya Nsabimana Ildephonse, haje no gutabwa muri yombi mushiki we Nzitukuze Pascasie ukekwaho ibyaha bifitanye isano no gukingira ikibaba musaza we, akoresheje uburiganya dore ko yahoze ari umuyobozi mu nzego z’ibanze.

Nzitukuze Pacasie wayoboraga Akagari ka Mucinyiro ko mu Murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu, hagati ya 2003 na 2017, akurikiranyweho ibyaha birimo guhimba cyangwa guhindura inyandiko, n’icyaha cyo gukoresha igitinyiro mu buriganya.

Ni ibyaha bishingiye ku kuba yarakoresheje ububasha yari afite kugira ngo abone inyandiko y’umwanzuro w’Urukiko Gacaca, igaragaza ko musaza we ari umwere.

Nzitukuze Pacasie watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu cyumweru gishize tariki 22 Nyakanga 2023, yafatiwe mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Nyakiriba.

Ifatwa rye ryaturutse ku nyandiko zatanzwe n’abo mu muryango Nsabimana Ildephonse barimo n’uyu mushiki we Nzitukuze, igaragaza ko uyu mugabo ari umwere.

Iyi nyandiko yakemangwaga ku mwimerere wayo, yajyanywe muri Laboratwari y’ibimenyetso bya gihanga, yagaragaje ko iyi nyandiko atari umwimerere, ari na byo byatumye Nzitukuze afatwa.

Nzitukuze Pacasie ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Gisenyi y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kugira ngo hakorwe iperereza, rizatuma uru rwego rukora dosiye yo gushyikiriza Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 6 =

Previous Post

Rwabuze gica hagati y’amakipe abiri akomeye i Burayi kubera umukinnyi wifuzwamo akayabo gahanitse

Next Post

Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n’inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Related Posts

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

IZIHERUKA

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)
IMIBEREHO MYIZA

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n’inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n'inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.