Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyakurikiye ifatwa ry’uregwa kwica ababyeyi b’uwabaye Minisitiri mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hafashwe ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko mu rupfu rw’ababyeyi ba Uwacu Julienne bishwe mu 1994, hanafashwe mushiki w’uyu mugabo, ukekwaho ibyaha bifitanye isano no kumukingira ikibaba.

Uwabanje gufatwa ni Nsabimana Ildephonse uzwi nka Ntabarimfasha, wari waratorotse nyuma yo gushinjwa mu Nkiko Gacaca ariko akaza kugaruka mu Rwanda muri Mutarama 2023, ari na bwo yahise atabwa muri yombi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi uyu mugabo, rwamushyikirije Ubushinjacyaha, na bwo bumuregera Urukiko, ndetse ubu akaba yaratangiye gukurikiranwa n’inzego z’ubucamanza.

Aregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko mu kwica ababyeyi ba Uwacu Julienne, ari bo Ndabarinze Faustin na Nyirakanyana Martine.

Nyuma y’ifatwa rya Nsabimana Ildephonse, haje no gutabwa muri yombi mushiki we Nzitukuze Pascasie ukekwaho ibyaha bifitanye isano no gukingira ikibaba musaza we, akoresheje uburiganya dore ko yahoze ari umuyobozi mu nzego z’ibanze.

Nzitukuze Pacasie wayoboraga Akagari ka Mucinyiro ko mu Murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu, hagati ya 2003 na 2017, akurikiranyweho ibyaha birimo guhimba cyangwa guhindura inyandiko, n’icyaha cyo gukoresha igitinyiro mu buriganya.

Ni ibyaha bishingiye ku kuba yarakoresheje ububasha yari afite kugira ngo abone inyandiko y’umwanzuro w’Urukiko Gacaca, igaragaza ko musaza we ari umwere.

Nzitukuze Pacasie watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu cyumweru gishize tariki 22 Nyakanga 2023, yafatiwe mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Nyakiriba.

Ifatwa rye ryaturutse ku nyandiko zatanzwe n’abo mu muryango Nsabimana Ildephonse barimo n’uyu mushiki we Nzitukuze, igaragaza ko uyu mugabo ari umwere.

Iyi nyandiko yakemangwaga ku mwimerere wayo, yajyanywe muri Laboratwari y’ibimenyetso bya gihanga, yagaragaje ko iyi nyandiko atari umwimerere, ari na byo byatumye Nzitukuze afatwa.

Nzitukuze Pacasie ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Gisenyi y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kugira ngo hakorwe iperereza, rizatuma uru rwego rukora dosiye yo gushyikiriza Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + four =

Previous Post

Rwabuze gica hagati y’amakipe abiri akomeye i Burayi kubera umukinnyi wifuzwamo akayabo gahanitse

Next Post

Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n’inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Related Posts

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika
FOOTBALL

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n’inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n'inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.