Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro bihuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro biri kubera i Nairobi muri Kenya, kuri uyu wa Kane byajemo kirogoya itunguranye yatumye bihagararaho kubera impamvu zazamuwe n’abahagarariye Guverinoma.

Ibi biganiro byubuwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 30 Ugushyingo 2022, bibaye ku nshuro ya gatatu, byitabiriwe n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro na sosiyete sivile ndetse n’imiryango ihararanira uburenganzira bw’abagore, yo muri Kivu ya Ruguru, muri Kivu y’Epfo, muri Maniema, muri Ituri no muri Tanganyika.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 01 Ukuboza 2022, imirimo y’ibi biganiro yajemo kirogoya aho intumwa za Perezida Félix Tshisekedi bavuze ko bakeneye umucyo ku bintu bimwe na bimwe.

Ibiro bishinzwe itumanaho mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, byagize biti “Mbere na mbere, byaje kugaragara ko mu bitabiriye ibiganiro harimo abo bitareba, abadafite ubushobozi ndetse n’umwanya wo kubyitabira.”

Nyamara abitabiriye ibi biganiro, yaba ari abahagarariye Perezidansi ya Congo, imitwe yitwaje intwaro ndetse n’abayobozi b’imiryango itari iya Leta, bari basuzumwe ndetse banemezwa mu byumweru bitambutse byabanjirije ibi biganiro.

Ikindi kandi abo bantu bivugwa ko badafite ubwo burenganzira n’ubushobozi, bajyanywe i Nairobi baturutse muri Congo Kinshasa banajyanywe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Nanone kandi itsinda ry’ibiro by’umukuru w’Igihugu ryongeye kuzamura indi mpamvu yo gukemanga itsinda ryakoraga ubusemuzi, ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu gusemura.

Bavuze ko “ibikoresho byakoreshwaga byaturutse mu Gihugu cy’abaturanyi kitarebwa n’ibi biganiro.”

Muri uwo mwanya Intumwa yihariye y’Ibiro by’umukuru w’Igihugu, Prof Serge Tshibangu yasabye ko ibyo bikoresha biguranwa, hakazanwa ibyaturutse muri Kongo Kinshasa.

Ibi biganiro birakomeza kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Ukuboza 2022, mu gihe abari bahagarariye Abanyamulenge na bo bamaze kubivamo kubera ibitero byagabwe ku baturage bo muri ubu bwoko mu bice bitandukanye muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 4 =

Previous Post

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

Next Post

Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

Related Posts

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.