Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro bihuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro biri kubera i Nairobi muri Kenya, kuri uyu wa Kane byajemo kirogoya itunguranye yatumye bihagararaho kubera impamvu zazamuwe n’abahagarariye Guverinoma.

Ibi biganiro byubuwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 30 Ugushyingo 2022, bibaye ku nshuro ya gatatu, byitabiriwe n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro na sosiyete sivile ndetse n’imiryango ihararanira uburenganzira bw’abagore, yo muri Kivu ya Ruguru, muri Kivu y’Epfo, muri Maniema, muri Ituri no muri Tanganyika.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 01 Ukuboza 2022, imirimo y’ibi biganiro yajemo kirogoya aho intumwa za Perezida Félix Tshisekedi bavuze ko bakeneye umucyo ku bintu bimwe na bimwe.

Ibiro bishinzwe itumanaho mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, byagize biti “Mbere na mbere, byaje kugaragara ko mu bitabiriye ibiganiro harimo abo bitareba, abadafite ubushobozi ndetse n’umwanya wo kubyitabira.”

Nyamara abitabiriye ibi biganiro, yaba ari abahagarariye Perezidansi ya Congo, imitwe yitwaje intwaro ndetse n’abayobozi b’imiryango itari iya Leta, bari basuzumwe ndetse banemezwa mu byumweru bitambutse byabanjirije ibi biganiro.

Ikindi kandi abo bantu bivugwa ko badafite ubwo burenganzira n’ubushobozi, bajyanywe i Nairobi baturutse muri Congo Kinshasa banajyanywe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Nanone kandi itsinda ry’ibiro by’umukuru w’Igihugu ryongeye kuzamura indi mpamvu yo gukemanga itsinda ryakoraga ubusemuzi, ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu gusemura.

Bavuze ko “ibikoresho byakoreshwaga byaturutse mu Gihugu cy’abaturanyi kitarebwa n’ibi biganiro.”

Muri uwo mwanya Intumwa yihariye y’Ibiro by’umukuru w’Igihugu, Prof Serge Tshibangu yasabye ko ibyo bikoresha biguranwa, hakazanwa ibyaturutse muri Kongo Kinshasa.

Ibi biganiro birakomeza kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Ukuboza 2022, mu gihe abari bahagarariye Abanyamulenge na bo bamaze kubivamo kubera ibitero byagabwe ku baturage bo muri ubu bwoko mu bice bitandukanye muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + one =

Previous Post

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

Next Post

Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.