Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro bihuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro biri kubera i Nairobi muri Kenya, kuri uyu wa Kane byajemo kirogoya itunguranye yatumye bihagararaho kubera impamvu zazamuwe n’abahagarariye Guverinoma.

Ibi biganiro byubuwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 30 Ugushyingo 2022, bibaye ku nshuro ya gatatu, byitabiriwe n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro na sosiyete sivile ndetse n’imiryango ihararanira uburenganzira bw’abagore, yo muri Kivu ya Ruguru, muri Kivu y’Epfo, muri Maniema, muri Ituri no muri Tanganyika.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 01 Ukuboza 2022, imirimo y’ibi biganiro yajemo kirogoya aho intumwa za Perezida Félix Tshisekedi bavuze ko bakeneye umucyo ku bintu bimwe na bimwe.

Ibiro bishinzwe itumanaho mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, byagize biti “Mbere na mbere, byaje kugaragara ko mu bitabiriye ibiganiro harimo abo bitareba, abadafite ubushobozi ndetse n’umwanya wo kubyitabira.”

Nyamara abitabiriye ibi biganiro, yaba ari abahagarariye Perezidansi ya Congo, imitwe yitwaje intwaro ndetse n’abayobozi b’imiryango itari iya Leta, bari basuzumwe ndetse banemezwa mu byumweru bitambutse byabanjirije ibi biganiro.

Ikindi kandi abo bantu bivugwa ko badafite ubwo burenganzira n’ubushobozi, bajyanywe i Nairobi baturutse muri Congo Kinshasa banajyanywe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Nanone kandi itsinda ry’ibiro by’umukuru w’Igihugu ryongeye kuzamura indi mpamvu yo gukemanga itsinda ryakoraga ubusemuzi, ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu gusemura.

Bavuze ko “ibikoresho byakoreshwaga byaturutse mu Gihugu cy’abaturanyi kitarebwa n’ibi biganiro.”

Muri uwo mwanya Intumwa yihariye y’Ibiro by’umukuru w’Igihugu, Prof Serge Tshibangu yasabye ko ibyo bikoresha biguranwa, hakazanwa ibyaturutse muri Kongo Kinshasa.

Ibi biganiro birakomeza kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Ukuboza 2022, mu gihe abari bahagarariye Abanyamulenge na bo bamaze kubivamo kubera ibitero byagabwe ku baturage bo muri ubu bwoko mu bice bitandukanye muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Abasirikare ba S.Sudan bambariye urugamba nabo biteguye kwinjira muri DRCongo

Next Post

Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.