Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye icyemezo cyafashwe n’Umunyarwandakazi wanditse amateka atazibagirana mu busifuzi utaherukaga kubugaragaramo

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye icyemezo cyafashwe n’Umunyarwandakazi wanditse amateka atazibagirana mu busifuzi utaherukaga kubugaragaramo
Share on FacebookShare on Twitter

Mukansanga Salima Rhadia ufite uduhigo dutandukanye mu mwuga w’ubusifuzi, nko kuba yarabaye umusifuzi wa mbere w’igitsinagore wasifuye umukino wo mu Gikombe cya Afurika cy’abagabo, nk’umusifuzi wo hagati, akaba ataherukaga kugaragara muri uyu mwuga, yatangaje ko yamaze gusezera.

Ni amakuru yemejwe na nyiri ubwite ubwe, mu kiganiro yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Ukwakira 2024.

Uyu musifuzi mpuzamahanga ufite ibigwi yihariyeho mu mwuga wo gusifura, yagize ati “Nasezeye ku giti cyanjye. Ibindi bavuga simbizi.”

Mukansanga Salima Rhadia atangaje ibi nyuma y’igihe adaheruka kugaragara asifura imikino yaba iy’imbere mu Gihugu n’iyo ku rwego mpuzamahanga atahwemaga gutumirwamo.

Asezeye muri uyu mwuga nyuma yuko yagiye aca uduhigo dutandukanye, nko kuba yarabaye umusifuze wa mbere w’igitsinagore wayoboye umukino w’Igikombe cya Afurika, aho yabaye umusifuzi wo hagati mu mukino wahuje Zimbabwe na Guinea mu gikombe cya Afurika cyabereye muri Cameroon muri Mutarama 2022.

Nanone kandi yongeye kwandika amateka atazibagirana ubwo yazaga mu basifuzi 36 basifuye mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’abagabo cya 2022, aho yaje mu basifuzi ba mbere b’igitsinagore basifuye muri iki Gikombe cy’Isi mu mateka yacyo.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023, Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yashyize Mukansanga mu basifuzi 25 b’abanyamwuga, urotonde rwajeho na musaza we w’Umunyarwanda, Uwikunda Samuel.

Salima Mukansanga afite amateka yihariyeho yo kuba yarabaye umugore wa mbere wasifuye mu kibuga hagati mu Gikombe cya Afurika cy’abagabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 11 =

Previous Post

Amavubi yatangiye urugendo rwo gushaka uko yakongera guha ibyishimo Abanyarwanda (AMAFOTO)

Next Post

Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

Related Posts

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.