Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye icyemezo cyafashwe n’Umunyarwandakazi wanditse amateka atazibagirana mu busifuzi utaherukaga kubugaragaramo

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye icyemezo cyafashwe n’Umunyarwandakazi wanditse amateka atazibagirana mu busifuzi utaherukaga kubugaragaramo
Share on FacebookShare on Twitter

Mukansanga Salima Rhadia ufite uduhigo dutandukanye mu mwuga w’ubusifuzi, nko kuba yarabaye umusifuzi wa mbere w’igitsinagore wasifuye umukino wo mu Gikombe cya Afurika cy’abagabo, nk’umusifuzi wo hagati, akaba ataherukaga kugaragara muri uyu mwuga, yatangaje ko yamaze gusezera.

Ni amakuru yemejwe na nyiri ubwite ubwe, mu kiganiro yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Ukwakira 2024.

Uyu musifuzi mpuzamahanga ufite ibigwi yihariyeho mu mwuga wo gusifura, yagize ati “Nasezeye ku giti cyanjye. Ibindi bavuga simbizi.”

Mukansanga Salima Rhadia atangaje ibi nyuma y’igihe adaheruka kugaragara asifura imikino yaba iy’imbere mu Gihugu n’iyo ku rwego mpuzamahanga atahwemaga gutumirwamo.

Asezeye muri uyu mwuga nyuma yuko yagiye aca uduhigo dutandukanye, nko kuba yarabaye umusifuze wa mbere w’igitsinagore wayoboye umukino w’Igikombe cya Afurika, aho yabaye umusifuzi wo hagati mu mukino wahuje Zimbabwe na Guinea mu gikombe cya Afurika cyabereye muri Cameroon muri Mutarama 2022.

Nanone kandi yongeye kwandika amateka atazibagirana ubwo yazaga mu basifuzi 36 basifuye mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’abagabo cya 2022, aho yaje mu basifuzi ba mbere b’igitsinagore basifuye muri iki Gikombe cy’Isi mu mateka yacyo.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023, Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yashyize Mukansanga mu basifuzi 25 b’abanyamwuga, urotonde rwajeho na musaza we w’Umunyarwanda, Uwikunda Samuel.

Salima Mukansanga afite amateka yihariyeho yo kuba yarabaye umugore wa mbere wasifuye mu kibuga hagati mu Gikombe cya Afurika cy’abagabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 14 =

Previous Post

Amavubi yatangiye urugendo rwo gushaka uko yakongera guha ibyishimo Abanyarwanda (AMAFOTO)

Next Post

Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

Related Posts

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

Umutwe ufasha FARDC guhangana na M23 uravugwaho andi makuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.