Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe umutoza wumvikanyeho ibyagawe na benshi muri ruhago Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ishinzwe Imyitwarire y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yahanishije Mugiraneza Jean Bapiste uzwi nka ‘Migi’ guhagarikwa umwaka umwe atagaragara mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru nyuma yuko yumvikanye mu majwi asaba umukinnyi w’imwe mu makipe kuyitsindisha na we akazamugororera.

Mugiraneza Jean Bapiste AKA Migi wari umutoza Wungirije wa Muhazi United, aherutse kumvikana mu majwi ubwo yaganiraga na myugariro wa Musanze FC, Bakaki Shafiq amusaba gutsindisha ikipe ye mu mukino wayihuje na Kiyovu Sports.

Nyuma yuko aya majwi agiye hanze mu kwezi gushize, Ubuyobozi bwa Muhazi FC, bwahise bufata icyemezo cyo kuba buhagaritse Migi kugira ngo habanze hakorwe iperereza.

Tariki 18 Werurwe 2025, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) na ryo ryatangaje ko ryamenye iby’iki kibazo ndetse ko ryashyikirijwe ikirego.

Amakuru avuga ko tariki 22 Werurwe, Komisiyo ya FERWAFA ishinzwe imyitwarire yahamagaje aba bombi [Migi na Shafiq] kugira ngo hakurikiranwe iby’iki kibazo.

Nanone kandi hatumijweho ubuyobozi bwa Kiyovu Sports nk’ikipe yagarutsweho muri icyo kiganiro cyumvikana muri ariya majwi, ndetse n’ubuyobozi bwa Musanze FC nk’ikipe ikinamo Shafiq.

Mu bahamagajwe kandi, harimo Umutoza Wungirije wa Musanze, Imurora Japhet [wumvikanye mu kiganiro cya Migi na Shafiq] n’umukinnyi wayo Batte Sheif wafashwe ariya majwi ya Migi aganira na Shafiq, aho bitabye tariki 06 Mata 2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko umwanzuro wafashwe na Komisiyo ya FERWAFA ishinzwe imyitwarire, uvuga ko “ihanishije Mugiraneza Jean Baptiste alias Migi guhagarikwa kugira uruhare mu gikorwa icyo ari cyo cyose kijyanye n’umupira w’amaguru no gucibwa ku bibuga byose byo mu Rwanda mu gihe gihwanye n’umwaka (1) no kwishyura ihazabu ingana n’ibihumbi ijana (100.000 Frw) y’amafaranga y’u Rwanda uhereye igihe amenyesherejwe icyemezo.”

Bivugwa kandi ko gufata icyemezo kuri iki kibazo bitararangira, ariko ko muri iki cyumweru ari bwo hazafatwa imyanzuro ya nyuma.

Mu majwi yatumye Migi afatirwa ibi byemezo, yumvikanamo asaba uwo mukinnyi Bakaki Shafiq gutsindisha ikipe ye ya Musanze FC, kugira ngo birengere ikipe ya Kiyovu Sports byari byahuye, dore ko yari iri mu myanya mibi, bityo bikaba byayifasha kutamanuka, kandi yaramwemereye kuzamuha akazi mu mwaka w’imikino utaha. Muri icyo kiganiro, Migi yumvikanamo yizeza ingororano uyu mukinnyi ko azamushakira ikipe.

Ni mu gihe Migi we yaje kuvuga ko ibi yabikoze asa nk’ukora iperereza kuri uyu mukinnyi ngo yumve koko niba ajya akora ibi bidakwiye byakunze kuvugwa muri ruhago nyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

UPDATE: Icyo ubuyobozi bwa Bugesera FC buvuga ku cyemezo gitunguranye cyafashwe n’abatoza bayo

Next Post

Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo

Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.