Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu guhanga imideri, Moses Turahirwa uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, hamenyekanye ko yari yaranafatiwe icyemezo cyo gufungwa imyaka itatu, ariko akakijuririra.

Moses Turahirwa uherutse gutangazwa ko yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rumukurikiranyeho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, ni ku nshuro ya kabiri yari afunzwe dore ko n’ubundi muri Mata 2023 yari yafunzwe akurikiranyweho ibyaha nubundi birimo gukoresha ibiyobyabwenge.

Gusa muri 2023 ubwo yafungwaga, yaje kurekurwa by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwamufunguye muri Kamena uwo mwaka.

Nyuma yuko arekuwe by’agateganyo, amakuru kuri uru rubanza yaregwagamo, ntiyakunze kumenyekana, ariko ubu byamenyekanye ko tariki 20 Ukuboza 2024 uru Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwamuhamije bimwe mu byaha yari akurikiranyweho, rukamukatira gufungwa imyaka itatu no kwishyura ihazabu ya Miliyoni 2 Frw.

Gusa kuko yaburanaga ari hanze [kuko yari yararekuwe by’agateganyo] yakomeje kuguma mu buzima busanzwe kuko Umunyamategeko we Me Bayisabe Irene yahise ajuririra iki cyemezo mu Rukuko Rukuru.

Mu gihe hari hagitegerejwe icyemezo cy’Urukiko Rukuru rwakiriye ubujurire mu rubanza ruregwamo Moses Turahirwa rwari rutaratangaza umwanzuo, ni bwo uyu musore yongeye gukurikiranwaho iki cyaha, bifatwa nk’insubiracyaha, ndetse bikaba biri mu mpamvu nkomezacyaha.

Ni mu gihe kandi uyu muhanga mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo yitwa Moshions, atahwemye kugaragaza imyitwarire itanoze yagiye anengerwa na benshi, ndetse bamwe mu bazi imibereho ye bakavuga ko bifitanye isano n’ibiyobyabwenge ashobora kuba akoresha.

Nyuma yuko Moses atawe muri yombi, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko ubwo yajyanwaga gupimwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibimenyetso bya Gihanga RFI, mu mubiri we hasanzwemo ibiyobyabwenge biri ku gipimo cyo hejuru.

Dr Murangira abajijwe niba ibyo bitaba bifitanye isano n’imyitwarire n’imigirire bidakwiye, yasubije agira ati “ntabwo twakwirengagiza ko bigira uruhare mu byo akora. Ku bindi, iperereza rirakomeje.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 5 =

Previous Post

IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

Next Post

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.