Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu guhanga imideri, Moses Turahirwa uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, hamenyekanye ko yari yaranafatiwe icyemezo cyo gufungwa imyaka itatu, ariko akakijuririra.

Moses Turahirwa uherutse gutangazwa ko yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rumukurikiranyeho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, ni ku nshuro ya kabiri yari afunzwe dore ko n’ubundi muri Mata 2023 yari yafunzwe akurikiranyweho ibyaha nubundi birimo gukoresha ibiyobyabwenge.

Gusa muri 2023 ubwo yafungwaga, yaje kurekurwa by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwamufunguye muri Kamena uwo mwaka.

Nyuma yuko arekuwe by’agateganyo, amakuru kuri uru rubanza yaregwagamo, ntiyakunze kumenyekana, ariko ubu byamenyekanye ko tariki 20 Ukuboza 2024 uru Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwamuhamije bimwe mu byaha yari akurikiranyweho, rukamukatira gufungwa imyaka itatu no kwishyura ihazabu ya Miliyoni 2 Frw.

Gusa kuko yaburanaga ari hanze [kuko yari yararekuwe by’agateganyo] yakomeje kuguma mu buzima busanzwe kuko Umunyamategeko we Me Bayisabe Irene yahise ajuririra iki cyemezo mu Rukuko Rukuru.

Mu gihe hari hagitegerejwe icyemezo cy’Urukiko Rukuru rwakiriye ubujurire mu rubanza ruregwamo Moses Turahirwa rwari rutaratangaza umwanzuo, ni bwo uyu musore yongeye gukurikiranwaho iki cyaha, bifatwa nk’insubiracyaha, ndetse bikaba biri mu mpamvu nkomezacyaha.

Ni mu gihe kandi uyu muhanga mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo yitwa Moshions, atahwemye kugaragaza imyitwarire itanoze yagiye anengerwa na benshi, ndetse bamwe mu bazi imibereho ye bakavuga ko bifitanye isano n’ibiyobyabwenge ashobora kuba akoresha.

Nyuma yuko Moses atawe muri yombi, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko ubwo yajyanwaga gupimwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibimenyetso bya Gihanga RFI, mu mubiri we hasanzwemo ibiyobyabwenge biri ku gipimo cyo hejuru.

Dr Murangira abajijwe niba ibyo bitaba bifitanye isano n’imyitwarire n’imigirire bidakwiye, yasubije agira ati “ntabwo twakwirengagiza ko bigira uruhare mu byo akora. Ku bindi, iperereza rirakomeje.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + two =

Previous Post

IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

Next Post

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Related Posts

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.